Imvura ivanze n’umuyaga mwinshi yaguye ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 05/11/2013 mu Karere ka Gakenke yasambuye amazu 20 mu mirenge itandukanye inangiza inyubako z’utugari n’amashuri abanza.
Ntawuhiganayo Jean w’imyaka 25 y’amavuko wari utuye mu murenge wa Mareba mu kagari ka Rango mu mudugudu wa Kagarama mu karere ka Bugesera yasanzwe mu nzu yashizemo umwuka nyuma yo kwiyahura.
Ibisenge by’inzu eshatu zo mu mudugu w’Umutekano mu kagari ka Migera mu murenge wa Mwili wo mu karere ka Kayonza byagurukijwe n’imvura ivanze n’umuyaga yaguye ku gicamunsi cya tariki 05/11/2013.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi na Polisi ikorera muri ako karere baranenga inzego z’ibanze kudakora icyo zishinzwe ngo ibibazo by’ibiyobyabwenge bigaragara mu mirenge itandukanye bicike birundu.
Hakizimana Bonaventure wo mu kagari ka Kayenzi mu murenge wa Bwishyura akarere ka Karongi, arashinjwa gutwika umugore we akoresheje imbabura ngo amuhora agasuzuguro.
Abantu bane bari kuri station ya police ya Sake mu karere ka Ngoma kuva tariki 05/11/2013 bakurikiranweho gutunga imyenda ya gisirikare n’imbunda no gushaka kubigurisha abaturage.
Abaturage bo mu turere twa Rwamagana na Kayonza barasabwa kudahishira abajura biba insinga zirinda inkuba (uturindankuba) ziba zimanitse ku mapoto y’amashanyarazi.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa kabiri tariki 05/11/2013 hagati ya saa mbiri n’igice na saa tatu, gerenade yaturikanye umwana w’umuhungu w’imyaka 17 witwa Emmanuel Habonimana imuca ikiganza cy’ibumoso, inamukomeretsa intoki ku kiganza cy’iburyo no ku kaguru, bikaba byabereye ahitwa mu Kabeza mu kagari ka Nyamugari mu murenge (...)
Munyanziza Jean Damascene w’imyaka 34 y’amavuko arashakishwa n’inzego z’umutekano zifatanyize n’abaturage nyuma yaho araye atera amabuye ku mazu y’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bo mu kagari ka Kayenzi mu mudugudu wa Cyugaro mu murenge wa Ntarama.
Abana batatu bo mu mudugudu wa Syiki mu kagari ka Murambi mu murenge wa Musasa mu karere ka Rutsiro bamaze kwitaba Imana barohamye mu Kivu mu bihe bitandukanye, bakaba bagwamo bajyanye na bagenzi babo kwidumbaguza, nyamara bamwe bakahasiga ubuzima kuko baba batazi koga.
Mu gihe bamwe mu baturage bahitamo kuva mu gihugu bajya mu kindi banyuze mu nzira zitemewe kubera ko nta byngombwa baba bafite, ubuyobozi burabakangurira gucika kuri iyo ngeso kugira ngo birinde ingaruka bashobora guhura nazo harimo no kwamburwa utwabo.
Nyirandimubanzi Beatha w’imyaka 42 wari usanzwe akekwaho gucuruza no gukwirakwiza ibiyobyabwenge birimo kanyanga ndetse n’urumogi, mu mpera z’iki cyumweru yaguwe gitumo iwe mu rugo mu murenge wa Masoro arafatwa kuri ubu akaba afungiye kuri station ya Polisi ya Murambi.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu ngamba nshya bafite zo kurwanya ikiyobyabwenge cya kanyanga harimo kwigisha abazwiho kuyicuruza ndetse no kuyinywa kugira ngo bahinduke, batahinduka hakitabazwa amategeko ahana.
Mu Mudugudu wa Mataba, Akagali ka Nyundo ho mu Murenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke hatoraguwe umurambo w’uruhinja rwendaga kugeza igihe cyo kuvuka rwatawe n’umubyeyi utaramenyekana.
Abarimu babiri bigisha ku Rwunge rw’Amashuri Yisumbye rwa Cyabingo mu karere ka Gakenke batawe muri yombi mu ijoro ryo ku cyumweru tariki 03/11/2013 bakurikiranweho gusambanya abanyeshuri bigishaga.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Busasamana mu karere ka Rubavu bwasabye abarinzi b’imyaka gukomeza umurego mu kurinda imyaka nyuma y’uko Mvuyekure Thomas umuturage utuye mu kagari ka Kageshi umudugudu wa Gasenyi aranduriwe ibirayi n’abantu bataramenyakana.
Umunyeshuri warimo akora ikizamini cya Leta kuri site ya Sonrise High School, yafatanywe udupfunyika tubiri tw’urumogi ubwo yari agiye kwinjira mu ishuri ngo akore ikizamini, bituma ahita atabwa muri yombi n’inzego z’ubutabera bityo ibyo gukora ikizamini biba bihagarariye aho.
Mu nama y’umutekano yaguye y’akarere ka Karongi yateranye tariki 01/11/2013, umuyobozi wa Police muri ako karere yatangaje ko hari umuryango wo mu murenge wa Rwankuba ukurikiranyweho icyaha cyo gupfobya Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Sibomana Salvator w’imyaka 53 y’amavuko ufite ubwenegihugu bw’u Burundi wari atuye mu Rwanda yaguye ku cyambu cy’i Mututu, mu gihe yari ategereje kwambuka ngo ajye kwivuriza uburwayi bwe mu gihugu cye cy’amavuko yari amaranye iminsi.
Ku isoko rikuru rya Rwamagana kuri uyu wa 01/11/2013 habereye impanuka yateye bamwe mu baryegereye gusinda kuko iyo modoka yo mu bwoko bwa Daihatsu yari yuzuye inzoga yahakoreye impanuka, inzoga nyinshi yari itwaye zikameneka mu muhanda ariko bamwe bakaziyora mu miferege bakazinywa bagasinda.
Abaturage biha uburenganzira bwo kubagira amatungo yabo imuhira bashakisha imibereho bihanangirijwe n’inzego z’umutekano kuko ngo ibi bishobora gukurura ibibazo bitandukanye mu barya izi nyama.
Abaturage bo mu karere ka Rubavu na Rutsiro bakomeje kwitwikira ijoro bakajya kuroba amafi n’isambaza mu gihe ikiyaga cya Kivu cyafunzwe amezi abiri kugira ngo umusaruro ushobore kwiyongera.
Uwimana Joyce w’imyaka 37 ari mu maboko ya polisi kuri sitasiyo ya Gasaka akurikiranyweho gukubita igiti murumuna w’umugabo we witwa Ngayabahiga Sylvestre w’imyaka 44 mu masaha ya saa sita z’ijoro rishyira tariki ya 31/10/2013 akitaba Imana.
Abaturage bo mu mirenge ya Kivuye, Gatebe ndetse na Bungwe, mu karere ka Burera, bari kumwe n’abayobozi batandukanye bo muri ako karere, bamennye litiro 2258 z’ikiyobyabwenge cya kanyanga mu rwego rwo kukirwanya.
Mu murenge wa Rubengera kuri uyu wa kane tariki 31 Ukwakira 2013 hatoraguwe ibisasu bibili byo mu bwoko bwa grenade, ahantu bacukuraga umusarani.
Mu ijoro rishyira kuri uyu wa 30 Ukwakira 2013, abantu bataramenyekana bagiye mu isambu y’umugore witwa Mukandereya Josephine wo mu kagari ka Nyanjye mu murenge wa Ngororero maze batemagura insina 30 hamwe n’ibigori ku buso bungana na metero kare 24.
Umugabo wari yarigize icyihebe mu Karere ka Gakenke witwa Bapfaguheka Francois bakunda kwita Heka yatawe muri yombi nyuma yo gusanga urumogi iwe mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 31/10/2013
Nabakuza Surayine bakunze kwita Mugende w’imyaka 53 wari utuye mu kagari ka Buhanda umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango, yahiriye mu nzu tariki ya 31/10/2013 arinda apfa.
Ndagijimana Seleman wayoboraga umudugudu wa Kareba mu kagari ka Gatereri ho mu murenge wa Butare mu karere ka Rusizi yitabye Imana akubiswe n’inkuba tariki 30/10/2013.
Mu mpera z’icyumweru gishize, inzu ikorerwamo n’ibirebana no guteza imbere ikoranabuhanga izwi ku izina rya BDC (Business Development Center) ishami ryayo rya Ngororero yibwe eclats 13 za mudasobwa zisanzwe zikoreshwa n’abagana iyo serivisi.