Inzu yahoze ari iya Habyarimana yahinduwemo ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi

Ingoro y’amateka yahoze ari inzu ya Perezida Juvénal Habyarimana yahinduwemo ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi.

Guhera kuri uyu wa Gatanu tariki 18 Gicurasi 2018 iyi ngoro ihereye i Kanombe mu Karere ka Kicukiro ntizongera kwerekana ibyasizwe n’amateka ya Habyarimana ndetse na Perezida Bizimungu na we wayibayemo.

Iyo nzu ihinduwe nyuma y’uko Umujyi wa Kigali wari ukeneye ahantu hamurikirwa amateka y’ubugeni n’ubuhanzi, nk’uko byatangajwe na Alice Eudoxie Uwimana ushinzwe itangazamakuru mu Kigo gishinzwe inzu ndangamateka z’u Rwanda.

Yagize ati “Tuzaharekera imurikamateka ry’ubugeni n’ubuhanzi ndetse hazajya hanabera andi mamurikabikorwa azajya amara igihe gito nk’amezi atatu gusa.”

Yatanze urugero ko iyo nzu ishobora gutegura imurika ry’ubugeni bukoresha amarangi ry’amezi atatu cyangwa igakoresha iy’imiziki.

Yanavuze ko bazaha umwanya abashyitsi bakajya bahitamo icyo bari bubamurikire, bitewe n’icyo bifuza. Zimwe mu ngero yatanze ni imurika ry’imbyino cyangwa imikino gakondo.

Ubuyobozi bw’iyo ngoro bwanatangiye gushyiraho gahunda izajya igenderwaho mu gutegura ibikorwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Nibyiza none ni yogusa yarafite?

Uwukuri Honore yanditse ku itariki ya: 13-11-2021  →  Musubize

Ese Iyonzu Guhindurwa Nibyo? Ese Birakwiye? Ese Bisobanuyiki? Aha......

Allia yanditse ku itariki ya: 14-07-2018  →  Musubize

nibyiza kubona aho abahanzi bahabwa agaciro

nshiiyimana gilbert yanditse ku itariki ya: 18-05-2018  →  Musubize

hahaha ntimukansetse, iyo ni tekinike ubwo bagirango umuryango wa Habyara udakomeza kuvugwa. Kuko iyo usuye iriya nzu, abagutembereza hari igihe bavuga ubuhangange bw’umuryango wa Habyara.

Maniraguha Eric yanditse ku itariki ya: 18-05-2018  →  Musubize

NIBA USHAKA GUKOMEZA KUMVA AHO AVUGWA SE WAZAMUSANZE AHO ARI?

Ngaho yanditse ku itariki ya: 19-05-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka