Abasizi n’abakunda ubusizi nyarwanda bifuza ko i Kiruri mu Murenge wa Karama mu Karere ka Huye hashyirwa urugo rw’abasizi, rwazaba intebe y’ubusizi ndetse n’igicumbi cy’umuhamirizo nyarwanda.
Gusuguhuzanya ni kimwe mu biranga umuco nyarwanda, aho bigaragaza urukundo ndetse n’umubano mwiza waranze kandi ukiranga abantu.
Hon. Edouard Bamporiki, umuyobozi w’itorero ry’igihugu, avuga ko abakurambere bavugwa n’amadini yazanywe n’abazungu, bitwa abatagatifu, batamurutira abakurambere be bamwe bita abazimu.
Ubuyobozi bw’ingoro z’umurage w’u Rwanda buravuga ko ku Mulindi w’Intwari mu karere ka Gicumbi hagiye kubakwa ingoro y’amateka y’urugamba rwo kwibohora igihugu, izajya yakira abantu bari hagati y’ibihumbi 120 na 150 ku mwaka.
Ababyeyi bafite abana bajya bohereza gutozwa iby’umuco nyarwanda ku Ngoro y’Amateka y’Imibereho y’Abanyarwanda iherereye i Huye, bifuza ko igihe cyo kubatoza cyakongerwa aho kuba iminsi 10 gusa.
Murekatete Juliet umuyobozi w’Akarere ka Nyagatare wungirije ushinzwe imibereho myiza avuga ko kwisanzura atari ugukora ibinyuranye n’umuco nyarwanda.
Umukuru w’Itorero ry’igihugu Edouard Bamporiki asaba buri wese waragijwe imirimo runaka, kumva ko inshingano afite zikomeye kumurusha bityo akicisha bugufi.
Ingoro y’amateka yahoze ari inzu ya Perezida Juvénal Habyarimana yahinduwemo ingoro y’ubugeni n’ubuhanzi.
Muri komite z’imigoroba y’ababyeyi mu Mujyi wa Kigali byagaragaye ko abagabo ari bake cyane ndetse n’abitabira ibikorwa byayo bakaba ari mbarwa bagakangurirwa kuyitabira.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imfungwa n’Abagororwa (RCS) kiratangaza ko mu kwezi kwa Gicurasi 2018 abagororwa bose bazaba bamaze gukurwa muri Gereza ya Nyarugenge izwi nka “1930”, bakajyanwa mu ya Mageregere.
Inyambo ni inka zigaragaza umubyimba munini n’amahembe manini kandi maremare zaranze amateka y’u Rwanda, ziboneka i Nyanza ku gicumbi cy’umuco.
Inteko Nyarwanda y’ururimi n’umuco (RALC) itangaza ko mu bushakashatsi yakoze ku bukwe bwa Kinyarwanda, hari abatangaje ko bagumiwe kubera inkwano ihanitse.
Abakobwa b’abangavu biga mu mashuri yisumbuye bagiye kujya bahurira hamwe mu matsinda bihuguriramo kandi bigiramo ibijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.
Ikigo cy’Ingoro ndangamurage cyagaragaje indaki nk’ubwihisho bwari bwizewe mu rugamba rwo kubohora igihugu; kinazishyira mu bimenyetso by’umurage w’u Rwanda.
Umuryango uteza imbere ubusizi “Trans-Poesis”, ugiye gukoresha irushanwa wise “Kigali Itatswe n’Ubusizi” ku nshuro ya gatandatu, rikazaba tariki 28 Mutarama 2017.
Mu muhango ngarukamwaka wo kwizihiza umunsi mukuru w’Intwari uba tariki ya 1 Gashyantare za buri mwaka, muri uyu mwaka uzabera mu midugudu hashimirwa abarinzi b’igihango.
Umuryango w’umukobwa wo mu Murenge wa Nyamiyaga mu Karere ka Kamonyi ugomba gushakira umwana wabo ibikoresho bitandukanye bizamufasha mu rugo rwe rushya harimo n’ibyo mu ruganiriro.
Abana bitabiriye ibirori byo kwizihiza umunsi w’umuganura bishimiye kumenya ibikoresho byifashishwaga n’abanyarwanda ba kera n’akamaro kabyo.
Abayobozi b’imidugudu mu Karere ka Ngoma bemeza ko amahugurwa mesnhi abarinda guhuzagurika mu nshingano zabo,akenshi batorerwa batazisobanukiwe neza.
Bamwe mu batuye muri Nyanza bavuga ko kuba muri ako karere hafatwa nk’igicumbi cy’umuco nyarwanda bituma bakunda ibintu byose biwitirirwa
Bamwe mu basizi bo mu Rwanda basanga ubusizi buramutse bushyizwemo imbaraga nk’izishyirwa mu bundi buhanzi na bwo bwatera imbere.
Pasiteri Mpyisi Ezra wabaye Umwiru ku ngoma y’Umwami Rudahigwa, asanga umuco Nyarwanda ntaho uzagera, nudashyirwa mu masomo yigishwa mu ishuri.
Bamwe mu bakuze bo muri Karongi bavuga ko umuco ugenda ucika w’Abakuru b’imiryango, ukwiye kugaruka kuko wafashaga mu gukemura amakimbirane.
Abaturage bo mu Murenge wa Rutare mu Karere ka Gicumbi barifuza ko amateka y’ahatabarijwe (ahashyinguwe) abami yasigasirwa kugira ngo atazasibangana burundu.
Mu muco wa Nyarwanda, kuvuza ingoma ni kimwe mu bikorwa byafatwaga nk’ikizira ku bagore, ariko ubu hari benshi mu bagore bitunze n’imiryango yabo.
Minisitiri w’umuco na Siporo, Uwacu Julienne, arasaba abahanzi bo mu Rwanda kubakira ku muco nyarwanda ibyo kwigana uw’ahandi bikaza nyuma.
Straton Nsanzabaganwa yemera ko umuco ukura uhinduka akanahumuriza urubyiruko ruhora rubwirwa ko rwataye umuco kuko ngo “nta ngoma itagira ab’ubu”.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere (RDB) kirakangurira Abanyarwanda kumenya no gusura ibice bigize umuco Nyarwanda kugira ngo nabo babimenyekanishe ku isi.
Senateri Marie Claire Mukasine atarangaza ko u leta iteganya kugira Umuganura umunsi mukuru ndengamipaka, ukazajya unakurura ba mukerarugendo, nk’uko yabitangaje ubwo yifatanyaga n’abaturage bo mu Murenge wa Simbi mu Karere ka Huye mu kuwizihiza.
Abaturage n’abayobozi bo mu Karere ka Musanze bizihizaga umunsi w’umuganura, bemeza ko umunsi w’umuganura waheraga mu muryango, wagiraga uruhare mu gukomeza ubumwe mu bagize umuryango n’abaturage kuko babonaga umwanya yo gusangira no gusabana ibyo bejeje.