Hirya no hino mu Karere ka Huye, cyane cyane mu mahuriro y’imihanda, hubatswe udukuta twanditseho indangagaciro na kirazira. Ngo ni ibicumbi by’indangagaciro. Uretse amagambo yanditseho, bimwe muri ibi bicumbi binariho amashusho cyangwa ibishushanyo bya bimwe mu biranga umuco nyarwanda.
Bamwe mu baturage b’imirenge ya Rwimbogo na Gashonga mu karere ka Rusizi bavuga ko isura nshya imitegurire y’ubukwe igaragara mu duce batuyemo igenda yangiza zimwe mu ndangagaciro z’umuco nyarwanda.
Kuwa gatanu tariki 16/08/2013, mu ishuri rikuru rya KIM (Kigali Institute of Management) bazatora umukobwa uhiga abandi mu buranga, ubwenge, imico n’imyifatire ndetse banatore Rudasumbwa mu basore biga muri iri shuri.
Bamwe mu bakozi bo mu ngo kimwe na bamwe mu bakoresha babo basanga izina ‘kadogo’ rihabwa abakozi bo mu ngo rikwiye gucika burundu kuko ngo risigaye rikoreshwa mu buryo busuzuguritse.
Mu karere ka Burera, mu gihe cy’impeshyi, nibwo abasore benshi bakunze gushinga ingo, aho bajya gusezerana n’abo bagiye kurushingana ku murenge, imbere y’amategeko ndetse no mu kiliziya, imbere y’Imana.
Yumvuhore Rudoviko w’imyaka 87 akaba atuye umudugudu wa Mataba, akagari ka Nkingo,mu murenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi arasanga byaba byiza Umuganura wongeye kwizihirizwa ku rwego rw’umudugudu nk’uko byahozeho kera.
“Runonko” ni uburyo bwo kotsa ibintu bitandukanye cyane cyane ibinyamafufu hakoreshejwe ibinonko, bigakunda gukorwa n’abana bato cyane cyane ku gihe cy’Icyi.
Abaturage bo duce dutandukanye two mu karere ka Burera batangaza ko guherekeza umubyeyi wabyariye kwa muganga bakamugeza mu rugo ari umuco wabo ngo kuko baba bishimira ko umuryango wabo wungutse undi mwana.
Nyampinga w’u Rwanda Kayibanda Mutesi Aurore niwe wegukanye umwanya wa mbere muri ba nyampinga bitabiriye iserukiramuco rya muzika mpuzamahanga muri Africa (FESPAM) ribera muri Congo Brazaville; nk’uko nk’uko byatangajwe na bamwe mu bahanzi bagize Gakondo Group bitabiriye iri serukiramuco.
Bamwe mu bageni bo mu karere ka Bugesera bavuga ko bategekwa kuzana inyemezabuguzi z’ibishyingiranwa aba batahanye ku mugabo kugirango harebwe agaciro bifite kuko iyo umugabo asanze nta bintu azanye bifatika ahita asubizwayo.
Sosiyete yitwa Broad Mind Creation igiye guteza imbere umuco Nyarwanda ibinyujije mu marushanwa y’umuco azajya yitabirwa n’Abanyarwanda bari mu byiciro binyuranye bazi ibijyanye n’umuco, mu rwego rwo kongera kuwubyutsa kuko wasaga n’utangiye kwibagirana.
Ku rwego rw’igihugu umunsi mpuzamahanga wahariwe Ingoro z’Umurage urizihizwa kuri uyu wa 17/05/2013 ku Rwesero ahubatswe ingoro y’ubuhanzi n’ubugeni mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Mu madini n’amatorero atandukanye, abashyingiranywe bambikana impeta nk’ikimenyetso cy’urukundo n’ubudahemuka baba basezeranye. Kuri ubu hari abashakanye batakizikoza, bakaba bavuga icyangombwa ari ukuzirikana isezerano.
Mu muco nyarwanda, inkwano (ubundi yari inka) yafatwaga nk’ikimenyetso cy’ishimwe umusore yaganeraga ababyeyi b’umugeni agiye kurongora ko bareze bamurene neza ariko kuri ubu hari bamwe basanga inkwano itagifite icyo gisobanuro ahubwo ngo yafashe isura y’ikiguzi.
Muri iki gihe hari imvugo igira iti “Abagabo barabuze”. Ibi biterwa n’uko hari abakobwa bageza igihe cyo gushinga ingo ariko ugasanga babuze abasore babakura iwabo. Ese ni uko abasore batagishaka kurongora cyangwa n’abakobwa babigiramo uruhare?
Ijambo“Ndagukunda” hagati y’umuhungu n’umukobwa si ijambo rikunda kuza vuba ubusanzwe kuko urukundo ruzira uburyarya ari ikintu kigoye, gikomeye kandi kidahita gihutiraho.
Perezida w’abanyamakuru baharanira guteza imbere ururimi n’umuco, Rukizangabo Shami Aloys, aravuga ko iyo umwenegihugu yataye umuco we ndetse n’ururimi rwe nkana, aba atakiri umwenegihugu.
Abakozi ba Minisiteri ifite mu nshingano zayo umuco ndetse n’ab’inteko nyarwanda y’ururimi n’umuco (RALC) baratangaza ko basanze umuco n’ururimi rw’ikinyarwanda biri kugenda bitakara buhoro buhoro.
Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Indimi Kavukire, tariki 21/02/2013, Umushinga Kamusi (Kamusi Project) wamuritse ikoranya y’ikinyarwanda ishamikiye ku mushinga “Global Online Living Dictionary (KAMUSI GOLD)” ihuriza hamwe inkoranyamagambo z’indimi zigera kuri 20.
Imbyino, imivugo, amazina y’inka, inanga, umuduri n’ibindi bihangano gakondo, si impano ya buri wese kandi bikenerwa. Bamwe mu rubyiruko biyumvamo iyo impano, biyemeje kubikora nka ba Rwiyemezamurimo kandi bafite icyizere ko bizabateza imbere.
Hari abasore barengeje imyaka 35 batinze kurongora, bigatuma abantu bibaza impamvu badashaka ngo nabo babe abagabo rimwe na rimwe inshuti n’abavandimwe babo ugasanga bahora babaza impamvu badashinga ingo.
Udukino tugufi tw’ikinamico ryifashisha kuririmba, maji, indirimbo z’inshinwa, ndetse n’imikino imwe n’imwe ishingiye ku igororamubiri, ni byo byaranze igitaramo itorero riturutse mu Bushinwa ryagaragarije Abanyehuye bari muri Grand Auditorium ya Kaminuza y’u Rwanda tariki 29/01/2013.
Ntabanganyimana Salomon, wiga mu mwaka wa gatanu mu Rwunge rw’amashuri rw’Indatwa n’Inkesha (Groupe cyangwa Groupe Scolaire Officiel de Butare: GSO) aribaza niba kudakurikirana abishe umwami Rudahigwa bitaba ari ukumutesha agaciro.
Mu karere ka Bugesera igare rifatwa nk’ikintu gikomeye kuko ryifashishwa mu mirimo myinshi, ibyo bikaba bituma umugeni utarijyanye mu birongoranwa ashobora kubengwa ndetse bikanazamuviramo kubura umugabo.
Iserukiramuco mpuzamahanga (FESPAD) rya munani riteganijwe kuba guhera tariki 23/02/2013-02/03/2013 mu Rwanda ngo rifitiye akamaro kanini igihugu mu bijyanye n’iterambere ry’ishoramari n’ubukerarugendo ndetse no kugihesha isura nziza; nk’uko umuyobozi ushinzwe ubukerarugendo mu kigo gishinzwe iterambere (RDB), Rica (...)
Minisitiri muri Prezidansi, Tugireyezu Venantie yagiriye inama abana b’abakobwa kwirinda kwambara imyenda ishotora abahungu kuko byabakurira ibibazo by’uko bashobora kubafata ku ngufu.
Abasore bize ndetse n’abandi bafite amikoro aciriritse bo mu karere ka Gakenke bitegura gushaka ngo muri iyi minsi bafite ikibazo cyo kubona inkwano basabwa n’ababyeyi b’abakobwa bize kaminuza usanga zihanitse ugereranyije n’ibyari bisanzwe mu muco nyarwanda.
Kuba kuri Noheli aribwo abantu benshi bitabira kujya mu misa ngo ni uko hari ababa bazanywe n’ibindi bitari ugusenga biyumvisha ko ibyo bintu bagomba kubibona kuri uwo munsi ari uko bagiye mu misa.
Abasheshe akanguhe basanga imicurangire y’ubu itanyura amatwi nk’iya cyera ahanini ngo kubera kudakoresha ibicurangisho gakondo nk’umuduri maze abahanzi bakifatira ibiborohera.
Kuri iki gihe imyambarire y’urubyiruko ikomeje kwibazwaho byinshi ahanini hashingiwe ku muco nyarwanda.