Pasiteri Gasare Michael ushinzwe itumanaho no kumenyekanisha ibikorwa by’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda avuga ko ijambo ryose ryanditse muri Bibiliya rigira ibisobanuro byo mu buryo bw’umwuka n’uburyo bw’Umubiri.
Umuyobozi w’Itorero ry’igihugu, Bamporiki Edouard asaba abamwita Umutahira w’intore kubireka,bakamwita umukuru w’itorero cyangwa se perezida waryo, kuko ubusanzwe ngo nta mutahira w’abantu ubaho, ahubwo habaho umutahira w’inka.
Intebe y’Inteko y’ururimi n’umuco, isanga kutamenya ururimi, ubusirimu ndetse n’ubunebwe bwo gushakisha amagambo, ari intandaro y’ivangandimi mu Rwanda.
Intebe y’Inteko y’Ururimi n’Umuco yatangaje ingamba ifite zo kuzamura urwego rw’Ikinyarwanda ku buryo ruzaba ari rwo rukoreshwa cyane mu karere mu myaka 15 iri imbere.
Ibitangazamakuru bitandukanye byo mu Rwanda birahugurwa ku mikoreshereze inoze y’ururimi rw’Ikinyarwanda.
Ntihabose Ismael wari umuyobozi w’agateganyo w’Inama Nkuru y’Abahanzi (Rwanda Art Council) yongeye kugirirwa icyizere atorerwa kuyiyobora imyaka itanu.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’Ubumenyingiro IPRC Kigali barasaba ko hagira igikorwa kugira ngo ururimi rw’Ikinyarwanda rukomeze kuvugwa neza kandi rukomeze guhuza Abanyarwanda.
Abakinnyi ba filime mu Rwanda biyemeje gukora filime ivuga ku muco Nyarwanda mu rwego rwo kuwusigasira no kurushaho kuwukundisha Abanyarwanda.
Abanyehuye bifuje kugarura inteko y’abasizi nk’uburyo bwo gusigasira amateka y’Abanyarwanda ndetse no kubungabunga ururimi rw’ikinyarwanda.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Musanze baravuga ko ababyeyi badafite inka n’amasambu abakobwa babo batabona abagabo kuko ntacyo bakura iwabo.
Bamwe mu basore bo mu karere ka Ngoma baravuga ko kuba ababyeyi babasaba gutaha kare batinda bakabakingirana bakarara hanze bibabangamira, bakaba ngo barahisemo kujya biyubakira "Ikibahima".
Rumwe mu rubyiruko rw’abasore bo mu Murenge wa Cyabingo mu Karere ka Gakenke bavuga ko bidashoboka ko umusore ashobora kubona umugeni atabanje kubaka inzu, nyamara ngo ubushobozi bwo kubaka inzu bubona umugabo bugasiba undi.
Abatuye Umurenge wa Mugomba mu Karere ka Gisagara bavuga ko impamvu bagiheka abarwayi mu ngobyi ya gakondo ndetse bamwe bakanayishyinguramo ababo, biterwa n’amikoro make n’imihanda y’igiturage itameze neza itemerera ibinyabiziga kugera hose.
Mu nama ku mabwiriza mashya y’ururimi rw’Ikinyarwanda yahuje Inteko Nyarwanda y’Ururimi n’Umuco hamwe n’abanyamakuru, abahagarariye abarimu n’abashakashatsi mu rurimi rw’Ikinyarwanda, bamwe bagaragaje ko bagenda basobanukirwa n’aya mabwiriza, ariko abandi bagaragaza ko batarabyumva kimwe n’abayateguye.
Itorero Inyamibwa rikomeje kwimakaza umuco nyarwanda mu bana bato, aho mu biruhuko by’uyu mwaka bigishije abana bari hagati y’imyaka 7 na 16 bagera kuri 67 ibijyanye n’umuco nyarwanda.
Abasore bashaka kurushinga bo mu Karere ka Ngoma mu Murenge wa Jarama, baravuga ko inkwano ziri mu bituma bakoresha amafaranga menshi bitewe n’igisa nk’ibiciro byashyizweho ku bakobwa hashingiwe ku mashuri bafite.
Nyuma y’aho umuyobozi wa komisiyo y’igihugu y’itorero, Rucagu Boniface anengeye icyivugo cy’intore za Nyamasheke, kuri ubu ngo cyaba kigiye guhindurwa kugira ngo gihuzwe n’ibindi byivugo biri mu tundi turere tugize igihugu.
Ubwo hizihizwaga umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro, umuco nyarwanda wagaragajwe nk’imwe mu nzitizi zituma abagore bo mu karere ka Gakenke badatera imbere.
Bwana Nkusi Deo niwe wagizwe Umunyambanga Nshingwabikorwa w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe akaba asimbuye Amb Kamali Karegesa Ignatius.
Mu kagari ka Remera mu murenge wa Rusebeya ho mu karere ka Rutsiro, nta mugore wemerewe kurenza saa moya z’ijoro atarataha mu rugo. Iki cyemezo cyafashwe nyuma yo kubona ko abagore basinda bagataha amasaha akuze kandi ngo bigatanga isura mbi ku gitsina gore.
Ikigo cya Ecole Secondaire de Kigoma cyegukanye umwanya wa Nyampinga mu bigo by’amashuri yisumbuye bitanu biri mu murenge wa Ruhango akarere ka Ruhango byitabiriye irushanwa ryateguwe n’itorero Inganji Culture Savior.
Umuhanzi, umunyamakuru, umwanditsi wa filime ndetse akaba n’umunyamideli, Dady de Maximo Mwicira Mitali uzwi cyane ku izina rya Dady de Maximo, asanga amagambo meza y’urukundo yarateshejwe agaciro n’imvugo z’iki gihe aho kubwe yibaza icyo umuntu yakora kugira ngo abwire uwo akunda urukundo amukunda kandi bitabangamiwe (...)
Kuba ibikorwa byo gusura ahantu habitse amateka y’u Rwanda muri uyu mwaka byarinjije amafaranga yikubye gatatu ayinjiraga mu myaka yashize byatumye ubuyobozi bw’Ingoro Ndangamurage butangira ubukangurambaga ngo bukomeze kongera amafaranga bwinjiza.
Minisitiri w’umuco na siporo, Amb. Joseph Habineza, avuga ko gutora nyampinga w’u Rwanda [Miss Rwanda] ari igikorwa gikwiye kugaragaramo umuco w’Abanyarwanda ku buryo bwimbitse kuko n’ubundi nyampinga utorwa aba afite inshingano yo kuba ambasaderi w’u Rwanda mu bijyanye n’umuco.
Abatuye akarere ka Ngoma ntibabona kimwe umuco wo gukwa abantu badahari bisigaye bigenda bigaragara hirya no hino bitewe nuko hari ubwo abo bageni baba baba hanze maze igihe cyo gukwa mu misango bakazana amafoto yabo bikaba birarangiye.
Minisitiri w’umuco na siporo, Habineza Joseph ,yakanguriye abakobwa bavuka i Rutsiro kwitabira igikorwa cyo gutora nyampinga (Miss) kuko bifasha abari b’u Rwanda gutinyuka ndetse no kwigirira icyizere.
Mu gihe bamwe mu bagabo bo mu murenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko batinya gusohokana n’abagore babo kubera ko abandi babatwara, abagore bo bashinja gusesagurira imitungo y’imiryango yabo mu nkumi kuko arizo basohokana.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umurenge wa Rukomo mu karere ka Nyagatare bavuga ko guhisha inzoga ugahamagara bagenzi bawe mu gasangira byacitse kubera ko urukundo n’ubusabane byasimbuwe n’urukundo rw’amafaranga, ubuyobozi bw’uyu murenge bwo buvuga ibi byatewe n’iterambere rishinga imizi kimwe n’iyimakazwa ry’umuco wo kugira isuku.
Abaturage bo mu kagari ka Ruguti, mu murenge wa Nyakabuye mu Karere ka Rusizi, cyane cyane abari mu nzego z’abagore, baratabariza umugore witwa Niringiyimana Benitha n’abana be 3 kubera ihohoterwa rikabije bakomeje gukorerwa n’umugabo we witwa Bongwanubusa Canisius, aho nyuma yo kugenda amuhoza ku nkeke buri munsi (...)
Ukirimuto Fidèle, umusaza w’imyaka 93 y’amavuko utuye mu kagari ka Rususa, umurenge wa Ngororero mu karere ka Ngororero, avuga ko ababazwa n’uko abakiri bato bategera abakambwe ngo babarage amateka bakibasha kubikora kandi hari byinshi babonye ab’ubu batazi cyane cyane ibirebana n’amateka y’Igihugu.