Boris Johnson yifurije ishya n’ihirwe Perezida Kagame ugiye kuyobora Commonwealth
Mu birori byo gufungura ku mugaragaro inama y’Abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bitabiriye CHOGM, kuri uyu wa Gatanu tariki 24 Kamena 2022, Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza, Boris Johnson, yavuze ko ashimishijwe no kuba nk’uhagarariye u Bwongereza, agiye gukora umurimo wa nyuma mu rwego rw’ubuyobozi bwa Commonwealth, agashyikiriza Perezida Kagame inkoni y’ubuyobozi bw’uwo muryango.
Yagize ati “Nishimiye kuba ngiye gukora umurimo wa nyuma mu rwego rw’uhagarariye u Bwongereza, bwari buyoboye umuryango wa Commonwealth, ngashyikiriza Perezida Kagame inkoni y’uboyobozi ndetse nkanamwifuriza ishya n’ihirwe, ku buyobozi bw’uwo muryango wacu ufite umwihariko (Unique association)”.
Minisitiri w’Intebe, Boris Johnson, yakomeje asobanura ko umuryango wa Commonwealth ubu ugizwe n’abanyamuryango 54, ariko hakaba hari n’abandi bifuza kuwinjiramo.
U Rwanda nirwo ruheruka kwinjira muri uwo muryango, none rurahabwa inkoni yo kuwuyobora mu gihe cy’imyaka ibiri.
U Bwongereza buratanga inkoni y’ubuyobozi bw’uwo muryango wa Commonwealth, nyuma y’uko bwari hafi kumara imyaka ine buwuyoboye, guhera mu 2018.
Minisitiri w’Intebe Boris Johnson, yavuze ko kuba hari ibihugu bindi bikomeje kwifuza kwinjira muri Commonwelth, ari ibigaragaza imikorere myiza n’ubuzima bw’uwo muryango, kuko ibihugu biwugize bihujwe na byinshi.
Yakomeje avuga ko nyuma gato y’uko u Bwongereza bufata ubuyobozi bw’Umuryango wa Commonwealth mu 2018, nta wari uzi ko hagiye gukurikiraho icyorezo cya Covid-19 cyahitanye ubuzima bw’abatari bakeya, ariko Guverinoma y’u Bwongereza ifatanye na Kaminuza ya Oxford University, bakoze urukingo rwa Covid-19 ruzwi nka AstraZeneca.
Inkuru zijyanye na: CHOGM 2022
- Dore umusaruro u Rwanda rwakuye muri CHOGM 2022
- Exclusive Interview with Dr Donald Kaberuka on the sidelines of #CHOGM2022
- Video: Tumwe mu dushya twaranze #CHOGM2022
- Sena y’u Rwanda yageneye Perezida Kagame ubutumwa bw’ishimwe
- Urubyiruko rwa Commonwealth rwagaragarije abayobozi ibyifuzo byarwo
- Perezida Kagame yashimiye abitabiriye CHOGM, abifuriza urugendo ruhire
- Gabon na Togo byabaye abanyamuryango bashya ba Commonwealth
- Hari abantu batari muri gereza bari bakwiye kuba bariyo - Perezida Kagame
- Igice kimwe cy’Isi ntigikwiye kugenera abandi indangagaciro - Perezida Kagame
- Ibibazo ntibihora ari iby’urubyiruko gusa, n’abakuze hari bimwe duhuriraho - Perezida Kagame
- Igikomangoma Charles n’umugore we Camilla birebeye imideri nyafurika
- Perezida Kagame yitabiriye umusangiro wateguwe n’Igikomangoma Charles
- #CHOGM2022: Ba Minisitiri b’Ububanyi n’amahanga baganiriye ku guhangana n’ingaruka za Covid-19
- Turi igihugu cyashenywe na Jenoside, ariko ubu cyarahindutse mu mutima, mu bwenge no ku mubiri - Perezida Kagame
- Perezida Kagame yakiriye ku meza abakuru b’Ibihugu bitabiriye CHOGM
- Abitabiriye #CHOGM2022 baryohewe n’umukino wa Cricket
- #CHOGM2022: Uko imihanda y’i Kigali ikoreshwa kuri uyu wa Gatanu
- Perezida Kagame yakiriye Ministiri w’Intebe w’u Bwongereza
- Imodoka zisaga 100 zikoresha amashanyarazi zirimo gutwara abitabiriye CHOGM
- #CHOGM2022: Uko imihanda ikoreshwa kuri uyu wa 23 Kamena 2022 i Kigali
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|