KT RADIO yongeye ikora inkera ikesha ijoro

Ku nshuro ya kabiri, KT RADIO ya Kigali Today Ltd, yakoze Inkera y’Umwaka ikesha ijoro.

Mu gutangiza iyi nkera, umutaramyi wa KT Radio, Ntivuguruzwa Emmanuel hamwe na bagenzi be Bitembeka Prosper na Munezero Ferdinand; bahaye ikaze impuguke mu muco n’amateka by’u Rwanda, Nsanzabaganwa Straton abanza gutanga inshoza y’inkera.

Abataramyi b'Itorero 'Garukurebe" ry'i Rwamagana bari mu Nkera y'Umwaka wa 2016 kuri KT Radio.
Abataramyi b’Itorero ’Garukurebe" ry’i Rwamagana bari mu Nkera y’Umwaka wa 2016 kuri KT Radio.

Nsanzabaganwa yaganiriye abataramyi ku muco wo gutarama Kinyarwanda avuga ko bifite akamaro gakomeye kuko bifasha abataramye kunoza imihigo cyangwa igenamigambi ribafasha kwiteza imbere.

Yasobanuye ko byitwa “Igitaramo” iyi ari kigufi kandi kikaba hakiri kare, bikitwa “Inkera” iyo bitinda bikaba byanakesha ijoro.

Nsanzabaganwa yatangarije abakunzi ba KT Radio ko mu nkera abantu bicara bagatarama basoma ku ntango, basusurutsanya mu ndirimo, imbyino, ibyivugo, amahamba, amazina y’inka n’ibindi; kugeza amasaha akuze cyangwa ijoro rikeye.

Umusaza Nsanzabaganwa Straton, impuguke mu muco n'amateka by'u Rwanda.
Umusaza Nsanzabaganwa Straton, impuguke mu muco n’amateka by’u Rwanda.

Nyuma y’indamutso y’abataramyi yakurikiye impanuro z’uyu musaza, amatorero n’abahanzi basimburanye mu kwiyereka mu mikino bari bateguye kugeza mu gitondo ahagana saa kumi n’imwe n’iminota makumyabiri (05:20).

Mu bataramyi bitabiriye iyi nkera, harimo Itorero Garukurebe ry’i Rwamagana, Itorero Abusakivi ry’i Gasabo n’Itorero Isheja ryo muri Kaminuza y’u Rwanda/Ishami rya Huye.

Harimo kandi umusaza Nina Gakwisi waririmbye “Ikigori” (akaba n’umutoza mukuru w’Isheja) wo mu Bigogwe, Umusaza Mushabizi w’i Nyanza, ucurunga inanga wafatanyije n’umuhungu we Habimana; hakabamo n’abasizi Nihabwikuzo Sam Gaudin w’i Kigali na Niyigaba Francois (Gasizi ka Sinza) w’i Muhanga.

Itorero Abusakivi b'i Gasabo ryataramiye mu Nkera y'Umwaka kuri KT Radio.
Itorero Abusakivi b’i Gasabo ryataramiye mu Nkera y’Umwaka kuri KT Radio.

Iyi nkera ikesha ijoro kuri KT Radio ni ngarukamwaka kuva ubwo yatangiraga gukorwa mu mwaka ushize wa 2015.

Inkera Nyarwanda nk’ikiganiro cya KT Radio ivugira kuri 96.7 na 107.9FM cyangwa www.ktradio.rw ni urubuga rwo kwimakaza umuco n’ururimi by’Ikinyarwanda no guharanira iterambere ryabyo mu nzego zinyuranye, binyuze mu itangazamakuru.

Andi maforo:

Itorero Isheja ryo muri Kaminuza y'u Rwanda/Ishami rya Huye, bataramye biratinda.
Itorero Isheja ryo muri Kaminuza y’u Rwanda/Ishami rya Huye, bataramye biratinda.
Umusaza Mushabizi w'imyaka 67 (iburyo) yacuranze inanga ari kumwe n'umuhungu we w'imyaka 24, Habimana Emmanuel (ibumoso).
Umusaza Mushabizi w’imyaka 67 (iburyo) yacuranze inanga ari kumwe n’umuhungu we w’imyaka 24, Habimana Emmanuel (ibumoso).
Umusaza Mushabizi amaze imyaka isaga 60 acuranga inanga. Yayitangiye akiri umwana muto.
Umusaza Mushabizi amaze imyaka isaga 60 acuranga inanga. Yayitangiye akiri umwana muto.
Umusaza Nina Gakwisi yaririmbiye "Ikigori" abakunzi ba KT Radio mu ijwi rye ry'umwimerere.
Umusaza Nina Gakwisi yaririmbiye "Ikigori" abakunzi ba KT Radio mu ijwi rye ry’umwimerere.
Gasizi ka Sinza yataramiye abakunzi b'Inkera kuri KT Radio.
Gasizi ka Sinza yataramiye abakunzi b’Inkera kuri KT Radio.
Abasizi Nihabwikuzo (ibumoso) na Niyigaba uzwi nka Gasizi ka Sinza bavuze imivugo inyuze amatwi igatanga n'imikoro.
Abasizi Nihabwikuzo (ibumoso) na Niyigaba uzwi nka Gasizi ka Sinza bavuze imivugo inyuze amatwi igatanga n’imikoro.
Ntivuguruzwa Emmanuel, Umutaramyi mukuru wa KT Radio.
Ntivuguruzwa Emmanuel, Umutaramyi mukuru wa KT Radio.
Umutaramyi Munezero Ferdinand.
Umutaramyi Munezero Ferdinand.
Abakobwa b'Abusakivi.
Abakobwa b’Abusakivi.
Uyu mukecuru wo mu Itorero Garukurebe araririmba weee!
Uyu mukecuru wo mu Itorero Garukurebe araririmba weee!
Garukurebe ni Itorero rifite abahanga mu byiciro byose by'ubukure.
Garukurebe ni Itorero rifite abahanga mu byiciro byose by’ubukure.
Aba ni Abusakivi.
Aba ni Abusakivi.
Byageraga aho, bagahaguruka bagacinya akadiho. Uyu mubyinnyi ni uwa Garukurebe.
Byageraga aho, bagahaguruka bagacinya akadiho. Uyu mubyinnyi ni uwa Garukurebe.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 6 )

KT radio we ndagukunda cyanee komeza ujye imbere,nkunda gutarama cyanee duhora turi kumwe.

Kayitesi yanditse ku itariki ya: 2-04-2016  →  Musubize

Inkera yo ku mugoroba yatwemeje kandi ishimangira ko muri aba mbere. Mukomereze aho turabemera.

Umutaramyi yanditse ku itariki ya: 1-04-2016  →  Musubize

Hahahaha. @Roger Marc, Intango yari ihari buriya twavaga muri studio tukayisanga aho iteretse tugasomaho.

pr yanditse ku itariki ya: 1-04-2016  →  Musubize

Mwakoze gushima kandi iyi nkera izashyirwa ku rubuga fwa Youtube rwa kigalitoday kkuburyo bjri wese wacjkanywe azajya abasha kukibona.

Roger Marc yanditse ku itariki ya: 1-04-2016  →  Musubize

MBEGA BYIZAAAAA!!!!!! IKIBAZO NI KIMWE, MU NKERA ABANTU BARATARAMA BASOMA KU NTANGO NONE NDABONA MWITERETSE AMAZI...............INKA SE ZIRANYWA IKI?

rukara yanditse ku itariki ya: 1-04-2016  →  Musubize

muraho bataramyi dusangiye umuco nyarwanda?turabashimiye ukunkera mwatugejejeho nimugoroba twifuzagako nibabishoboka mwazakidusubirizaho cyangwa mukaturangira aho twagikura nko kuri CD card tukajya tucyumva tukanacyumvisha nabato kuri twebwe murakoze yari shyaka plavice uherereye ikayumba.

shyaka placide yanditse ku itariki ya: 1-04-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka