Itorero Indangamuco rya Kaminuza ryakoze igitaramo “Umurage w’Ijambo”

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu, tariki 11 Werurwe 2016, Itorero Indangamuco za Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, ryakoze igitaramo bise “Umurage w’Ijambo” cyizihiza isabukuru y’imyaka 20 rivutse.

Iki gitaramo cyabereye mu nzu izwi nka Grand Auditorium ya Kaminuza y’u Rwanda i Butare mu Ntara y’Amajyepfo, cyatangiye ahagana saa mbili n’iminota 50 z’ijoro.

Itorero Indangamuco riri mu gitaramo "Umurage w'Ijambo" ryizihiza isabukuru y'imyaka 20 rivutse.
Itorero Indangamuco riri mu gitaramo "Umurage w’Ijambo" ryizihiza isabukuru y’imyaka 20 rivutse.

Umuyobozi w’iri torero, Imanishimwe Berchimas yatangiye ashimira abitabiriye iki gitaramo, abakumbuza umurindi w’Indangamuco.

Nyuma y’agakino gato k’ubutumwa bwo kwimakaza umuco Nyarwanda bitiriye “Umurage”, hahise hakurikiraho indirimbo iranga Indangamuco, maze basuka umudiho wasusurukije abateraniye muri Grand Auditorium.

Abahungu n’abakobwa b’indangamuco bakwiriye urubuga rw’urubyiniro rw’iyi nzu ku buryo, mu bigaragarira amaso, ubona ko ari igitaramo bateguye neza.

Amafoto:

Aba ni abakobwa b'Indangamuco mu gitaramo "Umurage w'Ijambo"
Aba ni abakobwa b’Indangamuco mu gitaramo "Umurage w’Ijambo"
Abateraniye muri Grand Auditorium bari mu gitaramo cy'Indangamuco.
Abateraniye muri Grand Auditorium bari mu gitaramo cy’Indangamuco.
Aha baravuza ikondera.
Aha baravuza ikondera.
Mu gitaramo "Umurage w'Ijambo", Indangamuco zageze mu mfuruka z'umuco Nyarwanda.
Mu gitaramo "Umurage w’Ijambo", Indangamuco zageze mu mfuruka z’umuco Nyarwanda.
Abakobwa b'Indangamuco baraberewe mu gitaramo.
Abakobwa b’Indangamuco baraberewe mu gitaramo.
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

UMURAGE W’IJAMBO. Iyo mbonye urubyiruko nk’urwo rwize mu muco w’iwacu gakondo numva mbikunze kurushaho,..bravo ku Indangamuco!

Fickle yanditse ku itariki ya: 12-03-2016  →  Musubize

UMURAGE W’IJAMBO. Iyo mbonye urubyiruko nk’urwo rwize mu muco w’iwacu gakondo numva mbikunze kurushaho,..bravo ku Indangamuco!

Fickle yanditse ku itariki ya: 12-03-2016  →  Musubize

ndabasuha cyane mugire amahoro

alias yanditse ku itariki ya: 12-03-2016  →  Musubize

Nibakomereze aho ku guteza umuco nyarwanda imbere.

UWIMANA [email protected] yanditse ku itariki ya: 11-03-2016  →  Musubize

Mbega byiza, muraberewe cyane indangamuco nkunda!!!!!

Aline yanditse ku itariki ya: 11-03-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka