Mu gikorwa cyo kumurika imico itandukanye yo mu bihugu bikomokamo abasirikare 47 bari mu mahagurwa i Nyakinama muri Musanze, umwe mu bamurika ukomoka muri Zambiya yavuze ko birinze kuzana inyama z’ibinyabwoya kuko ngo mu Rwanda ari ikizira.
Itorero Inganzo Ngali ryateguye igitaramo Nyarwanda kigamije guhinyuza abacyumva ko u Rwanda rutagera ku iterambere.
Amateka y’ u Rwanda rwa Gihanga Ngomijana yerekana ko umuganura wari mu minsi mikuru yari yubashywe ndetse wanatumaga Abanyarwanda bashyira hamwe bakaganira ibyabo bakagirana inama muri Kanama mu nama z’abagabo bityo bagatera ntibaterwe.
Itorero Inyamibwa ry’Umuryango w’abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi AERG, ryageze mu Burayi aho rigiye kumara amezi abiri n’igice ryimakaza umuco Nyarwanda mu iserukiramuco ryitwa “Festival de Sud”.
Perezida Paul Kagame azambika impeta y’igihango abantu icyenda baranzwe n’ibikorwa byo kubanisha Abanyarwanda no kubanisha u Rwanda n’amahanga, mu muhango uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 18 Ugushyingo 2017.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bateguye ibirori bise “Rwanda Cultural Day” byo kwerekana ibyiza by’umuco Nyarwanda ku banyamahanga.
Abanyarwanda baba muri Koreya y’Epfo bahuriye n’abakora muri Ambasade y’u Rwanda mu igikorwa cyo kwizihiza umunsi mukuru w’Umuganura wa 2017.
Guverinoma yongeye ingufu mu kugarura Umuganura,kuko wari utangiye kugenda uzima, nyuma y’imyaka igera ku 1200 wizihizwa n’Abanyarwanda.
Nzayisenga Modeste uzwi nk’Umupfumu Rutangarwamaboko yasobanuye ko kutagaragara mu muhango wo kumusabira umugeni byatewe no kubahiriza umuco w’u Rwanda nyawo.
Ba mutimawurugo b’i Cyendajuru mu Murenge wa Simbi, Akarere ka Huye, bakoze igitaramo cyo kwitegura umugeni bazaba bafite tariki 4 Kanama 2017.
Mu Iserukiramuco ryitwa “International Cultural fiesta” ryabereye mu Ntara ya Liaoning mu Bushinwa, Abanyarwanda biga muri kaminuza yitwa Shenyang Aerospace, bamuritse Umuco Nyarwanda mu ndirimbo no mu mbyino, bisusurutsa imbaga yaryitabiriye.
Itorero Ndangamuco ry’Igihugu, URUKEREREZA, ritaramiye Abanyehuye ku nshuro ya mbere mu gitaramo cyiswe “Imihigo y’Intore”.
Perezida Paul Kagame azitabira umunsi wahariwe umuco Nyarwanda “Rwanda Culture Day”, uzabera muri Leta ya California muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Minisitiri w’Umuco na Siporo, Uwacu Julienne yagereranyije Umuganura no kwicisha bugufi kw’abayobozi mu gihe yifatanyaga n’Abanyarwanda mu kuwizihiriza mu Karere ka Nyanza.
Minisitiri w’ Umuco na Siporo, Uwacu Julienne, avuga ko Iserukiramuco Nyafurika ry’ imbyino, rimaze iminsi ine ribera mu Rwanda, ryagaragaje ko Abanyafurika ari bamwe.
Mu gusoza Iserukiramuco Nyafurika ry’imbyino ku rwego rw’igihugu i Nyanza, Umunyekongo wagaragaye yitobora umunwa umunwa noneho yitoboye inda na bwo ntiyava amaraso.
Abaturage bo mu Karere ka Rusizi barasabwa guteza imbere umuco wihariye bafite ukomoka ku batuye Nkombo, udashobora kuboneka ahandi mu Rwanda.
Ku munsi wa gatatu wayo Iserukiramuco Nyafurika ririmo kubera mu Rwanda, FESPAD 2016, berekeje i Mukarange mu Karere ka Kayonza mu Ntara y’Iburasizuba.
Mu Iserukiramuco Nyafurika ry’imbyino riri kubera mu Rwanda guhera tariki ya 1 Kanama 2016, umwe mu Banyekongo baryitabiriye arimo kwitobora umunwa abyina bigatangaza benshi.
Abanyarwanda barahamagarirwa kugira umuco wo gutarama no guhiga, badategereje ko umunsi w’Umuganura ugera kuko ari kimwe mu byarangaga umuco Nyarwanda.
Abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru bavuga ko Iserukiramuco Nyafurika ry’Imbyino (FESPAD) ari ishuri rituma barushaho kumenya Umuco Nyarwanda n’uw’ibihugu by’Afrika.
Minisiteri y’Umuco na Siporo yasabye inzobere n’inararibonye mu muco Nyarwanda, ubufatanye mu kwimakaza umuco uzatuma U Rwanda rugera ku iterambere rishingiye ku muco kuko ngo ari ryo riramba.
Akarere ka Nyanza kakajije isuku mu kwitegura isozwa ry’Iserukiramuco Nyafurika (FESPAD 2016) rizasorezwa i Nyanza ku rwego rw’igihugu.
Fesitivale izwi nka FESPAD yahujwe n’Umuganura, yatangiye mu Rwanda aho yatangijwe n’urugendo rwo gutembera mu Mujyi wa Kigali hamurikwa imico n’ubugenge bitandukanye.
Abashumba b’Amatorero ya gikrisitu, Bishop Albert Rugamba wa Bethesda na Masengo Fidele wa Four Square, baraburira abantu batari mu gakiza.
Umuganura w’uyu mwaka wa 2016 uzizihizwa werekana ibyo u Rwanda rukora ariko uhuzwe n’Iserukiramuco Nyafurika ry’imbyino (FESPAD) mu rwego rwo kugaragaza umuco w’uyu mugabane.
Amatsinda y’amakinamico aturuka henshi ku isi, yongeye kuzana mu Rwanda, iserukiramuco ryiswe ’ubumuntu’, aho bavuga ko imitima ya benshi ihafatirwa.
Abakozi b’abakirisito bagera kuri 400 bakora ahantu hatandukanye; bazahurira mu giterane ngarukamwaka cy’iminsi itatu kizatangira ku wa 1 Nyakanga 2016 kuri Sport View Hotel.
Itorero ndangamuco ry’u Rwanda, Urukerereza, ryateguye “Inkera y’Abahizi” rizataramira i Kigali no mu Karere ka Rubavu ku matariki 3 na 24 Kamena, mu rwego rwo kurushaho kwimakaza umuco nyarwanda.
Abagize Itorero ndangamuco ISHEJA ryo muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Huye, bizihije isabukuru y’imyaka 20 iri torero rivutse, baniyemeza gusigasira umwimerere w’IKINYEMERA.