Nk’uko byari bimaze iminsi bivugwa, hagiye kubaho impinduka mu mitegurire ya ba Nyampinga hano mu Rwanda mu rwego rwo guca akavuyo kabaga muri iki gikorwa aho wasangaga benshi batora Nyampinga batazi mu by’ukuri icyo bagamije cyangwa se ntibamukurikirane.
Umuhamirizo ni umudiho w’intore wamamaye mu Rwanda ndetse ukaba kimwe mu bikunze gususurutsa abantu. Iyo ubonye Intore Zihamiriza wibaza uwagize igitekerezo cyo guhimba ubwo bwoko bw’umudiho.
Runyange ni umusaza usheshe akanguhe uri mu kigero cy’imyaka 80 y’amavuko, avuga ko azi byinshi ku muganekazi Kankazi; nyina w’umwami Mutara III Rudahigwa kuko yamubereye umugaragu igihe kinini.
Ababyeyi n’urubyiruko bo mu Murenge wa Gishamvu ho mu Karere ka Huye, ntibavuga rumwe ku myambarire y’abana b’abakobwa ndetse no ku muco wo kumvira ababyeyi. Ababyeyi bavuga ko urubyiruko rwataye umuco, naho urubyiruko rukavuga ko rugendana n’ibigezweho, kuko ari igihe cyabo.
Hirya no hino mu Karere ka Huye, cyane cyane mu mahuriro y’imihanda, hubatswe udukuta twanditseho indangagaciro na kirazira. Ngo ni ibicumbi by’indangagaciro. Uretse amagambo yanditseho, bimwe muri ibi bicumbi binariho amashusho cyangwa ibishushanyo bya bimwe mu biranga umuco nyarwanda.
Umusaza w’imyaka 99 y’amavuko, Pascal Gashara utuye mu mudugudu wa Julu mu kagari ka Nkingo, umurenge wa Gihinga ho mu karere ka Kamonyi avuga ko yari afite umuvandimwe we wagizwe Umututsi we n’abandi bavandimwe babo bose bagasigara ari Abahutu.
Bamwe mu baturage b’imirenge ya Rwimbogo na Gashonga mu karere ka Rusizi bavuga ko isura nshya imitegurire y’ubukwe igaragara mu duce batuyemo igenda yangiza zimwe mu ndangagaciro z’umuco nyarwanda.
Kuwa gatanu tariki 16/08/2013, mu ishuri rikuru rya KIM (Kigali Institute of Management) bazatora umukobwa uhiga abandi mu buranga, ubwenge, imico n’imyifatire ndetse banatore Rudasumbwa mu basore biga muri iri shuri.
Bamwe mu bakozi bo mu ngo kimwe na bamwe mu bakoresha babo basanga izina ‘kadogo’ rihabwa abakozi bo mu ngo rikwiye gucika burundu kuko ngo risigaye rikoreshwa mu buryo busuzuguritse.
Mu karere ka Burera, mu gihe cy’impeshyi, nibwo abasore benshi bakunze gushinga ingo, aho bajya gusezerana n’abo bagiye kurushingana ku murenge, imbere y’amategeko ndetse no mu kiliziya, imbere y’Imana.
Umusaza Ntibazirikana Venant utuye mu murenge wa Kagogo, akarere ka Burera, avuga ko mu bintu yibuka cyane bikamushimisha byabaye akiri umusore ari uko yabonye imbona nkubone umwami w’u Rwanda Mutara III Rudahigwa ubwo yanyuraga mu gace yari atuyemo.
Yumvuhore Rudoviko w’imyaka 87 akaba atuye umudugudu wa Mataba, akagari ka Nkingo,mu murenge wa Gacurabwenge ho mu karere ka Kamonyi arasanga byaba byiza Umuganura wongeye kwizihirizwa ku rwego rw’umudugudu nk’uko byahozeho kera.
“Runonko” ni uburyo bwo kotsa ibintu bitandukanye cyane cyane ibinyamafufu hakoreshejwe ibinonko, bigakunda gukorwa n’abana bato cyane cyane ku gihe cy’Icyi.
Abaturage bo duce dutandukanye two mu karere ka Burera batangaza ko guherekeza umubyeyi wabyariye kwa muganga bakamugeza mu rugo ari umuco wabo ngo kuko baba bishimira ko umuryango wabo wungutse undi mwana.
Nyampinga w’u Rwanda Kayibanda Mutesi Aurore niwe wegukanye umwanya wa mbere muri ba nyampinga bitabiriye iserukiramuco rya muzika mpuzamahanga muri Africa (FESPAM) ribera muri Congo Brazaville; nk’uko nk’uko byatangajwe na bamwe mu bahanzi bagize Gakondo Group bitabiriye iri serukiramuco.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga butarangaza ko bwasuye ahari ubutaka bw’umwani Mibambwe Rutarindwa hanzwi ku izina ryo ku Rucunshu, bagasanga bwose bwaratuweho n’abaturage.
Fabrice Mucyowintore uri mu kigero cy’imyaka 16 avuga ko ashushanya tableau yagura amafaranga ari hagati y’ibihumbi 10 na 15 mu gihe cy’isaha imwe.
Muzehe Kalisa Rugano avuga ko ahazwi ku izina ryo mu Gakinjiro ho mu mujyi wa Kigali hiciwe inka nyinshi z’Abanyarwanda ubwo Ababirigi bakolonizaga u Rwanda. Izina Agakinjiro ngo ryaturutse ku ijambo ry’Igiswahili ryitwa “kukinja” bivuga kwica, rigasobanura aho inka zicirwaga.
Bamwe mu bageni bo mu karere ka Bugesera bavuga ko bategekwa kuzana inyemezabuguzi z’ibishyingiranwa aba batahanye ku mugabo kugirango harebwe agaciro bifite kuko iyo umugabo asanze nta bintu azanye bifatika ahita asubizwayo.
Sosiyete yitwa Broad Mind Creation igiye guteza imbere umuco Nyarwanda ibinyujije mu marushanwa y’umuco azajya yitabirwa n’Abanyarwanda bari mu byiciro binyuranye bazi ibijyanye n’umuco, mu rwego rwo kongera kuwubyutsa kuko wasaga n’utangiye kwibagirana.
U Rwanda rwifatanyije n’ibindi bihugu byo ku isi mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’ingoro z’umurage, mu muhango wabereye ku musozi wa Rwesero kuri uyu wa Gatanu tariki 17/05/2013 ahubatswe inzu y’ubugeni n’ubuhanzi mu karere ka Nyanza.
Ku rwego rw’igihugu umunsi mpuzamahanga wahariwe Ingoro z’Umurage urizihizwa kuri uyu wa 17/05/2013 ku Rwesero ahubatswe ingoro y’ubuhanzi n’ubugeni mu karere ka Nyanza mu Ntara y’Amajyepfo.
Mu madini n’amatorero atandukanye, abashyingiranywe bambikana impeta nk’ikimenyetso cy’urukundo n’ubudahemuka baba basezeranye. Kuri ubu hari abashakanye batakizikoza, bakaba bavuga icyangombwa ari ukuzirikana isezerano.
Mu muco nyarwanda, inkwano (ubundi yari inka) yafatwaga nk’ikimenyetso cy’ishimwe umusore yaganeraga ababyeyi b’umugeni agiye kurongora ko bareze bamurene neza ariko kuri ubu hari bamwe basanga inkwano itagifite icyo gisobanuro ahubwo ngo yafashe isura y’ikiguzi.
Muri iki gihe hari imvugo igira iti “Abagabo barabuze”. Ibi biterwa n’uko hari abakobwa bageza igihe cyo gushinga ingo ariko ugasanga babuze abasore babakura iwabo. Ese ni uko abasore batagishaka kurongora cyangwa n’abakobwa babigiramo uruhare?
Ijambo“Ndagukunda” hagati y’umuhungu n’umukobwa si ijambo rikunda kuza vuba ubusanzwe kuko urukundo ruzira uburyarya ari ikintu kigoye, gikomeye kandi kidahita gihutiraho.
Perezida w’abanyamakuru baharanira guteza imbere ururimi n’umuco, Rukizangabo Shami Aloys, aravuga ko iyo umwenegihugu yataye umuco we ndetse n’ururimi rwe nkana, aba atakiri umwenegihugu.
Abakozi ba Minisiteri ifite mu nshingano zayo umuco ndetse n’ab’inteko nyarwanda y’ururimi n’umuco (RALC) baratangaza ko basanze umuco n’ururimi rw’ikinyarwanda biri kugenda bitakara buhoro buhoro.
Ubwo hizihizwaga Umunsi Mpuzamahanga w’Indimi Kavukire, tariki 21/02/2013, Umushinga Kamusi (Kamusi Project) wamuritse ikoranya y’ikinyarwanda ishamikiye ku mushinga “Global Online Living Dictionary (KAMUSI GOLD)” ihuriza hamwe inkoranyamagambo z’indimi zigera kuri 20.
Kuri iki cyumweru tariki 24/02/2013, umwanditsi Ndatsikira Jean Paul azashyira ahagaragara igitabo cye yise “Hirya y’imbibi z’amaso” bikazabera muri Kigali Serena Hotel guhera ku isaha ya saa kumi z’umugoroba.