Kuki hari abita amafiriti french-fries ?

Nubwo hari abavuga ururimi rw’Icyongereza bita ikiribwa cy’amafiriti french-fries, ririya jambo french ngo abantu bashobora kuba bibwira ko bivuga igifitanye isano n’Abafaransa, si ko biri.

Umunyamakuru wo mu gihugu cy’Ubufaransa, Philippe Vandel, mu nkuru dusanga kuri 7sur7.be avuga ko kwita amafiriti kuriya atari uko Abafaransa bashatse kwiyitirira ririya funguro ubundi ryahimbwe n’Ababirigi.

Asobanura ko mu rurimi rw’Abanyirlande rwa kera, french byasobanuraga “gikasemo ibice”. Icyo gihe rero ijambo french dusanga muri iriya nyito French-fries ntaho ryari rihuriye no kuvuga igifitanye isano n’Abafaransa, ahubwo uwabyumvaga yatekerezaga ku birayi bikasemo uduce.

Hagati y’ikinyejana cya XIX n’intangiriro y’icya XX, ngo Abanyirlande hafi miliyoni bimukiye mu bihugu nka Leta Zunze Zunze Ubumwe za Amerika, Kanada na Ositarariya (Australie), maze bakwiza ririya zina mu bihugu bari bimukiyemo.

Uretse abavuga "French-fries" ubundi mu cyongereza amafiriti yitwa "chips".

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Murakoze kudusobanurira nanjye ndabimenye nzabisobanurira n`abandi.

Justin Bizimana yanditse ku itariki ya: 18-11-2013  →  Musubize

NTURORA IBYO TUBA DUKENEYE?

porette yanditse ku itariki ya: 7-11-2013  →  Musubize

Murakoze kudusobanurira in deap, nanjye byari byarancanze.

Lea Maribori yanditse ku itariki ya: 6-11-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka