Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) itangaza ko igihangayikishijwe n’ikibao cy’imirire mibi kigaragara mu bana bari munsi y’imyaka ibiri, ariko ikemeza ko gahunda yatangije y’iminsi 100 ya mbere yo kwita ku buzima bw’umwana ari imwe mu nzira zo gukemura iki kibazo.
Abashinzwe urubyiruko mu karere ka Karongi baratangaza ko umwaka wa 2013 usize habonetse ubwandu bushya butatu gusa mu rubyiruko rwipimishije. Ibi ngo byatewe nuko hashyizwe imbaraga nyinshi mu bukangurambaga n’amahugurwa menshi y’abo bise Abakangurambaga b’Urungano.
Umuntu aravuka, agakura akageza igihe yumva adakwiye kuba wenyine akeneye undi bafatanya ubuzima bityo agafata icyemezo cyo kushaka uwo bambikana impeta z’urudashira umwe akaba umugore undi akaba umugabo.
Umuryango uharanira guteza imbere uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (RWAMREC) wagiranye ubusabane n’abanyamakuru bandika n’abatanga ibiganiro ku bijyanye n’ubuzima ubasobanurira umushinga wayo wa MEN CARE+ ushishikariza abagabo kugira uruhare mu kurwanya ihohoterwa.
Abafashamyumvire b’abasore n’inkumi b’umuryango RWAMREC mu karere ka Karongi barasaba ko bemererwa kuba hafi y’abagore babo mu gihe cyo kubyara kuko ngo bituma umugore atababara cyane.
Abatuye intara y’Amajyaruguru ngo baragenda bagaragaza ugukangukira akamaro ko gukoresha agakingirizo mu kwirinda icyorezo cya SIDA n’izindi ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina, igihe bananiwe kwifata.
Polisi ikorera mu karere ka Rutsiro kuri station ya Gihango ifatanyije n’abaturage batahuye inzoga z’inkorano zingana na litiro 240 zacuruzwaga, izindi bazifatana abaturage bari bazikoreye mu majerikani bavuye kuzirangura muri bagenzi babo, zikusanyirizwa hamwe ziramenwa kuko zitemewe gukoreshwa mu Rwanda aho zifatwa (...)
Umuryango Partners In Health, Inshuti Mu Buzima wageneye amagare abana 53 bafite ubumuga bwo kutabasha kugenda neza bagatanga n’ibikoresho ku bigo nderabuzima bikorera mu karere ka Kirehe bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 30 mu mihango yabaye kuwa 11/12/2013 mu karere ka Kirehe.
Umusaza Célestin Rwamiheto w’imyaka 73, yavutse abona, aza guhuma afite imyaka 43, ariko ubu bumuga ntibumubuza gukora umurimo w’ubuhinzi yari asanzwe akora mbere yo kumugara.
Mu bushakashatsi yashyize ahagaragara ku birebana n’ibidasanzwe cyangwa ibitangaje mu bikorwa birebana n’imibonano mpuzabitsina, umwanditsi witwa Norton avuga ko amasohoro y’umugabo asohoka afite umuvuduko wa kilometero 45 ku isaha.
Ubwoko bw’ibiryo bumwe na bumwe ngo bufasha abantu kugumana imisatsi myiza kurusha uko bakoresha imiti, amavuta n’ibindi bintu binyuranye abantu benshi bakoresha ngo imisatsi yabo ise neza.
Abahanga mu by’ubuzima bw’imitsi barabasaba abagabo barwara umutwe ukomeye igihe bakoze imibonano mpuzabitsina kutazajya bijundika abo baba bayikoranye kuko ngo atari no ba gitera, impamvu ziri ahandi.
Ababyeyi batwite barakangurirwa kwitabira kwisuzumisha inda kugira bibafashe kumenya ubuzima bw’abo batwite dore ko iyo habaye ikibazo muganga atamenye mbere bigorana kugikemura.
Bamwe mu baganga mu karere ka Muhanga baragaragaza ko ikibazo cy’abagore banduza abana batwite agakoko gatera SIDA, kuri ubu ari abakobwa baba badafite abagabo bemewe n’amategeko.
Umuryango wita ku guteza imbere ubuzima HDP (health development and performance) watangiye gahunda yo gufasha urubyiruko mu bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere nyuma yo kubona ko mu Rwanda hari ikibazo ku rubyiruko kuko rutabona services n’amakuru ku bijyanye n’ubuzima bw’imyororokere.
Mu gihe tariki 19/11/2013 hizihijwe umunsi mpuzamahanga wahariwe ubwiherero, ku isi harabarurwa abantu bagera kuri miliyari 2.5 bafite ikibazo cy’isuku nke iterwa no kutagira ubwiherero.
Abashakashatsi bo mu gihugu cya Denmark baratangaza ko abantu bafite isura itagaragaza ko bakuze, ngo bagira amahirwe yo kuramba ku isi nk’uko ubushakashatsi bwabigaragaje.
Nubwo hari abavuga ururimi rw’Icyongereza bita ikiribwa cy’amafiriti french-fries, ririya jambo french ngo abantu bashobora kuba bibwira ko bivuga igifitanye isano n’Abafaransa, si ko biri.
Akarere ka Rutsiro kasinyanye n’abaterankunga amasezerano yo gutangiza umushinga wo kurwanya imirire mibi no kugwingira bikunze kugaragara ku bana bari munsi y’imyaka itanu. Uwo mushinga uzibanda no ku babyeyi b’abakene batwite ndetse n’abonsa bashobora guhura n’ikibazo cy’indwara zituruka ku mirire mibi.
Kurera abana no kubafata neza kuko aribo bayobozi b’ejo nibyo byakanguriwe ababyeyi bo mu kagali ka Karambi Umurenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo kuwa 26 Ukwakira 2013, mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro.
Mu muhango wo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wabereye mu karere ka Kirehe, Depite Mujawamariya Berthe yasabye ababyeyi bahurira muri gahunda yiswe « Umugoroba w’ababyeyi » kujya bafata umwanya wo guhanura abana babo mu rwego rwo kubatoza uburere bakiri bato.
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu ushinzwe Amajyambere Rusange n’Imibereho Myiza y’Abaturage, Dr Alvera Mukabaramba, aratangaza ko Leta y’u Rwanda yahagurukiye kurwanya ikibazo cy’imirire mibi mu bana bato kandi ko n’ahaba hagisigaye ibisigisigi by’iyi mirire idahwitse bigomba kuranduka burundu.
Ubushakashatsi buherutse gukorwa na Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) bugaragaza ko umubare w’abanywi b’itabi mu Rwanda ukomeje kwiyongera kuko ubu urabarirwa mu bihumbi 800.
Inyamaswa yitwa kangaroo (kangourou) ngo ikora imibonano mpuzabitsina rimwe mu gihe cy’amasaha arenga 12, ariko ngo ikayikorana imbaraga nyinshi ku buryo iyirangiza yananiwe cyane igahita ishiramo umwuka.
Mugisha Jacques wamugaye amaso kuva ku myaka icyenda, avuga ko bigoranye kwakira ubuzima bwo kumugara ariko ngo ntibyamuciye integer kuko yabashije kwiga akarangiza kaminuza kandi yishimira ubuzima nk’abandi.
Abantu 20 barimo abafite ubumuga n’abita ku bafite ubumuga baturutse mu gihugu cy’Ubudage kuri uyu wa 10/10/2013 basuye ibigo byita ku bana bafite ubumuga INEZA Kabaya kiri mu murenge wa Kabaya na APAX Muramba kiri mu murenge wa Matyazo.
Abayobozi batandukanye b’inzego z’ibanze barasabwa gusobanukirwa uburemere bw’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko hari benshi badasobanukiwe neza n’ihohoterwa icyo ari cyo.
Mu gihe abaturage n’abakoresha imisarani yubatswe na VUP mu murenge wa Muhororo bashimirwa ko bayitaho ndetse ikaba yafashije mu kwita ku isuku, abo mu murenge wa Hindiro bo baranengwa kuba batita kuri iyo misarane ndetse ubu ikaba itabasha gukoreshwa ahanini kubera umwanda.
Komisiyo ishinzwe isuku, isukura n’ubuziranenge mu karere ka Karongi yafunze ibyumba bibili byacuruzaga inyama mu isoko riri mu mujyi wa Karongi kubera ko bitujuje ibyangombwa, banatwika amapaki y’imigati arenga 50 kubera ko nta matariki yanditseho y’igihe yakorewe n’igihe izarangirira.
Imiryango 200 ikennye yo mu murenge wa Bungwe, mu karere ka Burera, yafashijwe guhangana n’ikibazo cy’imirire mibi ihabwa imbuto z’ibihingwa bitandukanye ndetse n’inyongeramusaruro bizabafasha kwihaza mu biribwa.