Gisagara iyoboye uturere mu kwishyura Mituweli (Reba 5 twa mbere na 5 twa nyuma)

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubwishingizi (Rwanda Social Security Board -RSSB), kiratangaza ko kugeza tariki ya 30 Ukwakira 2020, ubwitabire bwo kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (Mutuweli) umwaka wa 2020/2021, ku rwego rw’igihugu bwari bugeze ku ijanisha rya 81.1%.

Nk’uko bigaragara ku rubuga rwa twitter rwa RSSB, Intara y’Amajyepfo ni yo iyoboye izindi mu bwitabire bwo kwishyura Mituweli n’ijanisha rya 85.4%, ndetse Akarere ka Gisagara kabarizwa muri iyo Ntara y’Amajyepfo, kakaba ari ko kayoboye utundi twose mu gihugu mu kugira ubwitabire bwinshi mu misanzu ya Mituweli, n’ijanisha rya 92.3%.

Uko intara zikurikirana

1. Amajyepfo 85.4%

2. Amajyaruguru 81.7%

3. Uburasirazuba 78.5%

4. Uburengerazuba 74.6%

5. Umujyi wa Kigali 67.9%

Uturere 5 twa mbere

1. Gisagara 92.3%

2. Gakenke 90.6 %

3. Nyaruguru 89.6 %

4. Nyamagabe 87.9 %

5. Ruhango 87.4 %

Uturere 5 twa nyuma

30. Kicukiro 62.4 %

29. Rutsiro 70.9 %

28. Nyarugenge 71.9 %

27. Gasabo 72.7%

26. Nyagatare 75.7%

RSSB irashishikariza Abaturarwanda bose kwihutisha kwishyura kuko byoroshye, kandi ko ufite Mituweli atarembera mu rugo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka