#COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 9, umwe ni we wakize

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Mbere tariki 02 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu icyenda bashya banduye COVID-19, naho umwe akaba ari we wakize.

Abo barwayi bashya icyenda babonetse mu bipimo 1,310 bakaba barimo babiri babonetse i Kigali, bane babonetse i Kirehe, babiri babonetse i Musanze, undi umwe aboneka i Rubavu.

Kugeza kuri uyu wa Mbere, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,155 muri bo abamaze gukira ni 4,922 naho abakivurwa ni 198.

Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 35.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka