#COVID-19: Mu Rwanda habonetse abarwayi bashya 7, abakize ni 8

Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), yatangaje ko kuri uyu wa Kabiri tariki 03 Ugushyingo 2020, mu Rwanda habonetse abantu barindwi bashya banduye COVID-19, naho umunani bakaba bakize.

Abo barwayi bashya barindwi babonetse mu bipimo 1,604 bakaba barimo babiri babonetse i Kigali, bane babonetse i Nyagatare, undi umwe aboneka i Rusizi.

Kugeza kuri uyu wa Kabiri, mu Rwanda abamaze kwandura icyo cyorezo ni 5,162 muri bo abamaze gukira ni 4,930 naho abakivurwa ni 197.

Abamaze kwicwa na COVID-19 mu Rwanda bose hamwe ni 35.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka