Ababyeyi batatu bo mu Karere ka Nyaruguru bafashe umwanzuro wo kwibera mu kato, nyuma y’uko umuganga ababwiye ko uburwayi bwo kujojoba bita “Fistula” bafite burenze ubushobozi bwe.
Miss Rwanda 2017, Iradukunda Elsa yatangiye igikorwa cyo kuvuza ku buntu abantu barwaye “Ishaza” mu jisho abifashijwemo n’abaganga b’amaso no mu bitaro bya Kabgayi.
Abaturage bo mu Murenge wa Fumbwe muri Rwamagana nyuma yo kuza ku mwanya wa nyuma umwaka wa shize muri mituweri, bakusanyije miliyoni eshatu z’ubwisungane bwa 2018.
Abadepite mu nteko ishinga amategeko barasaba guverinoma y’u Rwanda guha abaturage ibiti bita “Gelanium” bakabitera ku bwinshi nka bumwe mu buryo bwo kurwanya Malaria.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda barifuza ko siporo yaba umwe mu miti abanyarwanda bandikirwa na muganga.
Binyuze mu nkunga ya Global Fund, Minisiteri y’ubuzima (MINISANTE) yahaye ibitaro bikuru bya Rwamagana imbangukiragutabara eshatu zifite agaciro ka miliyoni 167RWf.
Ingabo zigize umutwe udasanzwe (Special Operations Forces) zibarizwa mu kigo cya Gisirikare cya Bigogwe muri Nyabihu zatanze amaraso yo gufashisha indembe.
Abatuye Umurenge wa Murama utugari twa Sakara na Mvumba mu Karere ka Ngoma barashimirwa umusanzu mu kwiyubakira ivuriro bikemurira ikibazo cyo kwivuriza kure.
Perezida Kagame yemeza ko mu myaka 10 ishize Global Fund yaje ku isonga mu gufatanya n’u Rwanda kugera intego yo kurwanya indwara z’ibikatu nta gutezuka.
Ababyeyi bivuriza ku kigo Nderabuzima cya Rwinzuki mu murenge Nzahaha mu karere ka Rusizi, bavuga babangamiwe no kubyarira ahatabona.
Kaminuza mpuzamahanga ya UGHE (University of Global Health Equity), imaze igihe gito ikorera mu Rwanda ngo izanye umuganda wayo mu kongera umubare w’abaganga.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rubavu butangaza muri 2017 bamaze kwakira abarwayi umunani bakeneye amaraso ariko bakanga kuyaterwa bavuga ko kuyongererwa ari icyaha.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yahaye ibikoresho binyuranye abajyana b’ubuzima, inabashimira umurimo mwiza bakora wo kwita ku baturage aho batuye,ikavuga ko kubashima bikwiye kuba umuco.
Ababyeyi babyarira mu bitaro bya Mibirizi babangamiwe no kurara babyiganira ku gitanda kimwe ari benshi, aho bahangayikishijwe n’umutekano wabo igihe batwite.
Abarwayi bajya kwivuriza ku bitaro bikuru bya Rwamagana bavuga ko bahabwa serivisi mbi ku buryo bashobora kumara iminsi ibiri bataravurwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi, bahangayikishijwe no kutabona aho bagurira imiti kuko nta farumasi ihaba.
Abahanga mu by’imiti (Pharmacists) bibumbiye mu ihuriro ryabo bise ‘RCPU’, baritezeho ibisubizo by’ibibazo bahuraga na byo, ngo kuko rizabafasha kungurana ibitekerezo biganisha ku iterambere ryabo.
Igikorwa cyo gusuzuma abana basa n’aho batarwaye (Medical Checkup) ngo gituma hagaragara uburwayi ababyeyi batabonaga bityo umwana akavurwa atarazahara.
Kuri uyu wa gatatu tariki 15 Gashyantare 2017, mu Karere ka Ngororero ku bitaro bya Muhororo haratangizwa ibikorwa bya "Army Week."
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yaciye ikoreshwa rya telefoni zigendanwa ku baganga n’abandi batanga serivisi z’ubuzima mu masaha y’akazi.
Ingabo z’u Rwanda ku bufatanye na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, bafunguye ikigo cy’amahugurwa ku butabazi bw’abakomerekeye ku rugamba n’abandi bose bagize impanuka.
Abatuye kagari ka Kiyanzi Umurenge wa Nyamugari muri Kirehe, barishimira bishyize hamwe biyubakira ivuriro rihagaze Miliyoni 51Frw, kugira ngo biyegereze serivisi z’ubuvuzi.
Abaturage batuye mu Murenge wa Nkombo mu Karere ka Rusizi bavuga ko hari igihe ababyeyi batwite, bapfa bataragera kwa muganga kubera gutinda kw’imbangukiragutabara.
Abaturage batandukanye bivuriza ku Kigo nderabuzima cya Mukarange kiri muri Kayonza barinubira serivisi mbi bahabwa n’iryo vuriro.
Abagore bo mu Karere ka Karongi bavuga ko abenshi mu bagabo badakozwa ibyo kubaherekeza mu gihe bagiye gupimisha inda batwite.
Imbangukiragutabara yahawe ikigo nderabuzima cya Rususa mu Karere ka Ngororero imaze imyaka irindwi idakoreshwa kuko basanze idashoboye kugenda mu misozi yaho.
Nyuma yo gutozwa,intore zikora muri serivisi z’ubuvuzi mu turere twa Huye na Gisagara zivuga ko ntawe uzongera kwinubira serivisi mbi kwa muganga.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zifatanije na Ministeri y’ubuzima (MINISANTE) batangiye igikorwa cyo gutanga amaraso kuko ngo abarwayi bayakeneye kwa muganga ari benshi.
Bamwe mu baturage bivuriza ku bitaro bya Shyira barishimira ko bari kubakirwa ibitaro ahitwa Vunga bizabaruhura ingendo ndende bakoraga.
Umuganga w’Umubiligi ukorera ku bitaro bya Kabgayi ari kubaka ibitaro by’amaso mu murenge wa Runda muri Kamonyi bizunganira ibya Kabgayi.