Umuyobozi w’ishami rishinzwe kurwanya ibyorezo mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), Dr Edson Rwagasore, arahumuriza Abanyarwanda ko muri iyi minsi y’ubukonje hakunze kugaragara indwara zifata imyanya y’ubuhumekero nk’ibicurane, bityo ko abafite icyo kibazo badakwiye gukeka ko bamaze kwandura Covid-19, ariko nanone (...)
Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Bana (UNICEF), ryasohoye raporo igaragaza ko abangavu bagera hafi ku 98.000 hirya no hino ku Isi ari bo bapimwe bikagaragara ko bafite virusi itera SIDA mu 2022.
Mu rwego rwo kurwanya Maraliya, Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuzima (RBC), cyatanze inzitiramibu ziteye umuti mu bigo by’amashuri bifite abana biga bacumbikiwe n’ikigo, iyo gahunda ikaba ikomeje ku buryo bose zizaba zabagezeho muri uyu mwaka.
Ababyeyi bakunze guhura n’ibibazo bikomeye mu gihe barwaje abana, cyane cyane bikabakomerera iyo barwaje abakiri bato bafite munsi y’imyaka ibiri bataramenya kuvuga aho bababara, kugira ngo ababyeyi bamenye uko babavuza. Ariko hari inama Dr Josette Mazimpaka, Umuganga w’abana mu bitaro by’Akarere ka Bugesera (...)
Inzobere mu by’ubuzima zivuga ko kwicara umwanya munini umuntu adahaguruka bigira ingaruka ku mubiri, zirimo kurwara indwara zitandukanye nk’umugongo n’izindi.
Kuva amaraso mu ishinya ni ikintu gikunze kubaho ku bantu benshi cyane cyane mu gihe boza amenyo, uko kuba biba ku bantu benshi, bikaba ari byo bituma hari ababifata nk’ibintu bisanzwe. Icyakora ngo ni ngombwa ko umuntu ubona ishinya ye ikunze kuva amaraso yajya yihutira kujya kwa muganga akamenya ikibitera kuko hari ubwo (...)
Abafite ibigo byita ku bana barwaye indwara yitwa ‘Autisme’ ituma abana bagira imyitwarire itandukanye n’iy’abandi, bavuga ko bakwiye kwitabwaho kuko ngo usanga bafite ubwenge n’ubushobozi nk’ubw’abandi, iyo babonye ibyangombwa bibafasha kwiga.
Abaganga bo muri Israel, baherutse gutangaza ko bamwe mu basirikare b’icyo gihugu barwanira ku butaka bari ku rugamba muri Gaza, bafashwe n’indwara ya Shigellosis/ Shigellose iterwa na bagiteri ya Shigella, ikaba ari indwara mbi ituma umuntu wayanduye agira ibimenyetso birimo kuribwa mu nda cyane n’impiswi ishobora kuzamo (...)
Umuvandimwe wa Anastase Kubwimana w’i Huye, uherutse kuvugwaho kudandaza inyama z’imbwa mu isoko, akaba yarahise afatwa na RIB ngo akurikiranwe, avuga ko amaze igihe afite uburwayi bwo mu mutwe, kandi ko amaze amezi atanu adafata imiti ku bwo kubura mituweli.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratangaza ko mu mwaka wa 2030 nta murwayi wa Sida uzaba ukigaragara ku butaka bw’u Rwanda, bitewe n’uko abafite iyo virusi bafata imiti neza.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryasabye Igihugu cy’u Bushinwa gutanga amakuru no gufata ingamba ku cyorezo cyibasira ibihaha cyadutse muri iki gihugu kuva mu kwezi k’Ukwakira, ubu kikaba kiri gukwirakwira mu bice byinshi kandi kitaramenyekana.
Inzego z’ubuzima za Uganda zirimo gukora iperereza ku ndwara y’icyaduka itaramenyekana imaze guhitana abantu bagera kuri 12 mu gihe cy’ibyumweru bibiri mu Karere ka Kyotera rwagati muri icyo gihugu.
Impinduka z’ibihe mu buryo bw’imibereho, bivugwa ko zihinduka cyane uko ibinyejana bihita ibindi bigataha, bigahinduka bizana ibyiza mu buzima ariko n’ibibi, kuko iterambere ry’inganda ryaje riherekejwe n’uko abantu basigaye bagira umujagararo w’ubwonko cyane (stress), abenshi bagafata amafunguro ataboneye (fast-food), (...)
Abantu bakunze kugira ububare mu ngingo cyane cyane mu mavi, mu tugombambari, no mu magufa yo mu rukenyerero, bakunze kubiterwa n’impamvu zitandukanye, harimo kugira ibiro by’umurengera, kunywa itabi, ibyo umuntu akunze kurya kenshi, uruhererekane rwo mu muryango (by’umwihariko mu bujana no mu ivi) ndetse n’ubwoko (...)
Ububabare bw’ukuboko ntibugombera iteka kuba bwatewe no kuvunika cyangwa kwikanga kw’imitsi, ni yo mpamvu ari byiza ko mu gihe ubwumvise wajya kureba muganga kugira ngo hamenyekane impamvu ibitera, bityo uhabwe ubufasha.
‘YB Foundation’ ni umuryango wiritiriwe nyakwigendera Burabyo Yvan, wari uzwi cyane ku izina ry’ubuhanzi nka Yvan Buravan, witabye Imana tariki 17 Kanama 2022, azize kanseri y’impindura.
Kenshi iyo umuntu agiye kwivuza aribwa umutwe, mu bibazo muganga amubaza harimo n’ikigira kiti ‘ukubabaza ahagana he, ukurira he?’
Hari abantu bakunze kugira ikibazo cy’amaso yizanamo amarira agatemba, umuntu adatokowe, adakase ibitunguru cyangwa se ibindi bituma amaso arira, kandi abafite icyo kibazo cy’amaso yiriza, usanga bakigira ku buryo bisa n’aho bihoraho, ariko ngo hari ubwo bwiza bwafasha abafite icyo kibazo.
U Rwanda rukomeje gushishikariza Abanyarwanda gukingiza abana imbasa, birinda ko hagira uyandura ivuye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo aho iheruka kuboneka.
Nyuma y’uko gufasha abantu bifatiye ku byiciro by’ubudehe bikuweho, hari abafite uburwayi bwo mu mutwe bahabwaga mituweli batacyivuza, kuko batabasha kuziyishyurira.
Inzego z’Ubuzima mu Rwanda zigaragaza indwara y’igituntu nk’imwe mu ndwara zihangayikishije, kuko imibare y’abakirwara irimo kwiyongera cyane, ugereranyije n’imyaka yatambutse.
Inzego zitandukanye z’ubuzima zirahamagarira abantu kureka kwivuza mu buryo bwa gakondo, by’umwihariko indwara ya Gapfura (Angines) ndetse na Sinezite, kubera ko bishobora gutera indwara zitadukanye z’umutima.
Inzego z’ubuzima mu Rwanda zivuga ko hari benshi bagendana uburwayi batabizi, zikagira abantu inama yo kwirinda indwara zitandura, kandi bakagira umuco wo kuzipimisha nibura rimwe mu mwaka, kubera ko bikorerwa ku bigo nderabuzima kandi bigakorwa kuri mituweli.
Inzego z’ubuyobozi mu Karere ka Nyarugenge hamwe n’Umuryango uharanira Iterambere witwa DUHAMIC-ADRI, bemeranyijwe gukorana kugira ngo bafashe abarenga ibihumbi 20 bafite ibyago byo kwandura virusi itera SIDA, cyangwa kuyanduza abandi.
Mu Rwanda hagiye kubera inama mpuzamahanga y’iminsi itatu, ihuje abashakashatsi ku ndwara zitandukanye, bamaze kwandika inyandiko zitanga ibisubizo ku bibazo byinshi byugarije urwego rw’ubuzima, mu bihugu bya Afurika y’Iburasirazuba.
Abantu bakunze kugira ikibazo cy’igogora, n’ubwo hari igihe bidafatwa nk’uburwayi, ariko usanga abagifite bibatera kumva bagugaye ndetse ntibabashe no kubahiriza ingengabihe yo gufata amafunguro mu buryo bukwiriye.
Ikigo gishinzwe Ubuzima mu Rwanda (RBC), kiraburira abatita ku isuku yo mu kanwa ko bafite ibyago bikomeye byo kwibasirwa n’indwara zitandura, zirimo iyo gucukuka kw’amenyo, bikanatera diyabete.
Hari abantu bakunze kugira ububabare mu ngingo yaba mu mavi, mu nkokora, mu ruti rw’umugongo, mu mayunguyungu, mu ntugu, mu bugombambari, mu bujana n’ahandi bitewe ahanini n’indwara ya ‘arthrose’ ikunze kwibasira ingingo, ikangiza akantu kaba hagati y’amagufa y’ingingo, kayarinda gukoranaho ‘cartilage’.
Abatuye Umudugudu wa Terimbere, Akagari ka Mugari, Umurenge wa Shingiro mu Karere ka Musanze, bahangayikishijwe n’indwara idasanzwe, y’amaso ikomeje gufata abatuye uwo mudugudu.
Ku wa Mbere tariki ya 24 Nyakanga 2023, mu Rwanda hatangiye igikorwa cyo gukingira abana indwara y’imbasa, kuva ku bakivuka kugeza ku bafite munsi y’imyaka irindwi, icyo gikorwa kikazarangira hakingiwe abana basaga Miliyoni 2.7 nk’uko bitangazwa n’Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC).