Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti, Rwanda FDA, cyamenyesheje abantu ko cyahagaritse ikwirakwizwa n’ikoreshwa ry’umuti w’ibinini byitwa Fluconazole 200mg ku isoko ry’u Rwanda.
Bisanzwe bimenyerewe ko iyo umwana avutse hari inkingo ahabwa zimurinda indwara, agakingirwa kugeza igihe runaka kiba cyarateganyijwe ko agomba kurangirizamo izo nkingo.
Umunyamabanga uhoraho muri Minisiteri y’Ubuzima, Iyakaremye Zachée, avuga ko ku rwego rw’Akagari nihamara gushyirwa umuntu wabigize umwuga ukurikirana imikorere y’Amavuriro y’Ibanze (Health Post) ndetse no kongera umubare w’abaforomo ku Bigo Nderabuzima bizatuma aya mavuriro yose abasha gukora uko bikwiye.
Ababyeyi bakunze guhura n’ibibazo bikomeye mu gihe barwaje abana, cyane cyane bikabakomerera iyo barwaje abakiri bato bafite munsi y’imyaka ibiri bataramenya kuvuga aho bababara, kugira ngo ababyeyi bamenye uko babavuza. Ariko hari inama Dr Josette Mazimpaka, Umuganga w’abana mu bitaro by’Akarere ka Bugesera (...)
Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Nyagatare, Dr Eddy K. Ndayambaje, avuga ko ibigo nderabuzima birindwi bifite ubwitabire bucye bw’ababyeyi bisuzumisha inda, byashyizwemo imashini zisuzuma ubuzima bw’umwana ukiri mu nda, mu buryo bw’igerageza ibizavamo bikaba aribyo bizashingirwaho zigezwa n’ahandi.
Abatuye mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali, bashyiriweho icyumweru cyahariwe kwita ku buzima kuva tariki 18 - 22 Ukuboza 2023, mu rwego rwo guharanira ko abatuye muri ako Karere bagira ubuzima buzira umuze.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yashyizeho agashami gashinzwe gusimbuza imboni y’ijisho (Corner tissue bank), ku bafite uburwayi busaba ko isimbuzwa, kakabarizwa mu Kigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC).
Ubuyobozi bw’ibitaro bikuru bya Ruhengeri buvuga ko ababigana, batahwemye kugaragaza imbogamizi zo kutanogerwa na serivisi bitewe n’uburyo bishaje kandi bikaba ari na bitoya, ngo iki kibazo kiri mu nzira yo gukemuka vuba, kuko ubu hamaze kuboneka ingengo y’Imari izifashishwa mu kubyubaka mu buryo bugezweho.
Muri Tanzania, abarwayi bafite ibibazo byo kuziba imitsi ijyana amaraso mu mutima, batangiye gukorerwa ubuvuzi budasaba ko babagwa agatuza ngo bagafungure, ni ubuvuzi bushya bwatangiye gukorerwa mu kigo cyitwa ‘Jakaya Kikwete Cardiac Institute (JKCI)’ gisanzwe gitanga ubuvuzi bw’umutima.
Inzobere mu by’ubuzima zivuga ko kwicara umwanya munini umuntu adahaguruka bigira ingaruka ku mubiri, zirimo kurwara indwara zitandukanye nk’umugongo n’izindi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yeguriye Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi Ibitaro bya Kibagabaga. Ibi bitaro bigiye gishyirwa ku rwego rwa kabiri(bivuye ku rwa gatatu), bikaba byeguriwe Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi y’iri torero muri Afurika yo Hagati(AUCA).
Kuva amaraso mu ishinya ni ikintu gikunze kubaho ku bantu benshi cyane cyane mu gihe boza amenyo, uko kuba biba ku bantu benshi, bikaba ari byo bituma hari ababifata nk’ibintu bisanzwe. Icyakora ngo ni ngombwa ko umuntu ubona ishinya ye ikunze kuva amaraso yajya yihutira kujya kwa muganga akamenya ikibitera kuko hari ubwo (...)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuzima (RBC), kivuga ko abana bo mu Rwanda bakingirwa ku kugera ku kigero cya 96% by’abana bose baba bagomba guhabwa inkingo.
Abafite ibigo byita ku bana barwaye indwara yitwa ‘Autisme’ ituma abana bagira imyitwarire itandukanye n’iy’abandi, bavuga ko bakwiye kwitabwaho kuko ngo usanga bafite ubwenge n’ubushobozi nk’ubw’abandi, iyo babonye ibyangombwa bibafasha kwiga.
Abaganga bo muri Israel, baherutse gutangaza ko bamwe mu basirikare b’icyo gihugu barwanira ku butaka bari ku rugamba muri Gaza, bafashwe n’indwara ya Shigellosis/ Shigellose iterwa na bagiteri ya Shigella, ikaba ari indwara mbi ituma umuntu wayanduye agira ibimenyetso birimo kuribwa mu nda cyane n’impiswi ishobora kuzamo (...)
Ku bufatanye bwa Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda (MINISANTE) n’Ikigega cy’Abanyamerika cy’Iterambere (USAID), hatangijwe imishinga ibiri yitezweho kugabanya umubare w’impfu z’ababyeyi n’abana bapfa mu gihe cyo kubyara.
Abaganga b’inzobere ku bitaro by’amaso bya Kabgayi mu Karere ka Muhanga, basimburije imboni z’amaso abarwayi 26 bendaga guhuma kubera uburwayi bw’imboni, zari zitagikora neza.
Umuvandimwe wa Anastase Kubwimana w’i Huye, uherutse kuvugwaho kudandaza inyama z’imbwa mu isoko, akaba yarahise afatwa na RIB ngo akurikiranwe, avuga ko amaze igihe afite uburwayi bwo mu mutwe, kandi ko amaze amezi atanu adafata imiti ku bwo kubura mituweli.
Dr Anicet Nzabonimpa akaba inzobere mu bijyanye n’imyororokere avuga ko imiterere y’umubiri w’umugore ndetse n’iy’umugabo ari bimwe mu mpamvu zituma abagore baramba kuruta abagabo.
Abanyamuryango b’Umuryango w’abantu bafite ubumuga batewe na za mine hamwe n’abandi babuze ingingo bakuze (OLSAR), barasaba koroherezwa kubona insimburangingo zikoze mu buryo butangiza ubuzima, n’imibiri yabo.
Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko yafunze amavuriro umunani yavuraga mu buryo bwa gakondo kubera ko amwe muri ayo mavuriro yakoraga adafite ibyangombwa mu gihe andi yamamaje ibikorwa byayo kandi bitemewe.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE), iratangaza ko mu mwaka wa 2030 nta murwayi wa Sida uzaba ukigaragara ku butaka bw’u Rwanda, bitewe n’uko abafite iyo virusi bafata imiti neza.
Muri Uganda, umubyeyi w’imyaka 70 y’amavuko, yabyaye abana babiri b’impanga nyuma yo gukorerwa ubuvuzi buzwi nka ‘IVF treatment’ bujyana no kubanza guhuriza intanga muri Laboratwari nyuma, urusoro rugashyirwa mu nda y’umubyeyi kugira ngo rukuriremo kugeza abyaye.
Umuntu wese aho ari hose ashobora kugerwaho n’ikibazo cyo kuba wenyine, kwigunga cyangwa se gutabwa n’abakamubaye hafi.
Ishami ry’Umuryango w’Abibumye ryita ku Buzima (OMS/WHO) ryasabye Igihugu cy’u Bushinwa gutanga amakuru no gufata ingamba ku cyorezo cyibasira ibihaha cyadutse muri iki gihugu kuva mu kwezi k’Ukwakira, ubu kikaba kiri gukwirakwira mu bice byinshi kandi kitaramenyekana.
Dr Kanimba Vincent, ni umuganga w’indwara z’abagore (Gynecologist), wamenyekanye cyane mu Rwanda mu mavuriro atandukanye, aho yabyaje umubare munini cyane w’ababyeyi. Yakoreye mu Bitaro byitiriwe Umwami Faisal, mu Bitaro bya Kaminuza bya Kigali CHUK, muri SOS n’ahandi, kandi aho yakoze hose bivugwa ko yari umuganga (...)
Inzego z’ubuzima za Uganda zirimo gukora iperereza ku ndwara y’icyaduka itaramenyekana imaze guhitana abantu bagera kuri 12 mu gihe cy’ibyumweru bibiri mu Karere ka Kyotera rwagati muri icyo gihugu.
Ku bufatanye n’Umuryango Imbuto Foundation, Umuryango w’abahoze ari abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), wakoze ubukangurambaga bujyanye no kwita ku buzima bwiza bwo mutwe, mu tugari dutandukanye two mu Murenge wa Musenyi mu Karere ka Bugesera.
Impinduka z’ibihe mu buryo bw’imibereho, bivugwa ko zihinduka cyane uko ibinyejana bihita ibindi bigataha, bigahinduka bizana ibyiza mu buzima ariko n’ibibi, kuko iterambere ry’inganda ryaje riherekejwe n’uko abantu basigaye bagira umujagararo w’ubwonko cyane (stress), abenshi bagafata amafunguro ataboneye (fast-food), (...)
Abantu bakunze kugira ububare mu ngingo cyane cyane mu mavi, mu tugombambari, no mu magufa yo mu rukenyerero, bakunze kubiterwa n’impamvu zitandukanye, harimo kugira ibiro by’umurengera, kunywa itabi, ibyo umuntu akunze kurya kenshi, uruhererekane rwo mu muryango (by’umwihariko mu bujana no mu ivi) ndetse n’ubwoko (...)