Umugabo witwa Kamana Saveri wo mu murenge wa Shyogwe mu karere ka Muhanga, akoresha ingo mu kuvura abarwayi kandi bagahita bakira.
Imfungwa n’abagororwa 511 bo muri gereza ya Rilima mu karere ka Bugesera bavuwe amaso mu gihe cy’iminsi itatu ndetse banahabwa indorerwamo mu gihe abari bateganyijwe kuvurwa ari 200 gusa.
Abashakashatsi b’Abanyamerika ngo bavumbuye umuti ushobora guhagarika ikorwa ry’intanga ngabo. Uyu muti utanga icyizere ko wabafasha kuvumbura ibinini abagabo bakwifashisha mu kuringaniza urubyaro bitabaye ngombwa ko ruhagarikwa burundu.
Abahanga mu bijyanye n’imyitwarire ya muntu batangaza ko kuba umwana yatangira kwiga gukoresha ibintu bitandukanye akoresha imoso nta kibazo bishobora kumutera mu bihe bizaza. Ahubwo ibibazo ashobora kubiterwa no kumuhatira gukoresha indyo.
Abavuzi gakondo bo mu karere ka Huye bahuriye mu nama tariki 10/08/2012 basabwe kugira impuhwe ntibace abagana ibya mirenge.
Nyuma y’ubugenzuzi bw’isuku bwakozwe na komisiyo ibishinzwe mu karere ka Rusizi, amaresitora n’utubari icyenda byo mu mujyi wa Rusizi bitujuje ibisabwa byahagaritswe gukora by’agateganyo.
Ku bitaro bikuru bya Kibungo hamaze kugezwa abarwayi 26 bazira kurya ibiryo byahumanye muri restaurant ahitwa mu Rugabano mu murenge wa Rurenge mu karere ka Ngoma. Ibiryo byateje ikibazo byariwe tariki 07/08/2012.
Abanyarwanda bamaze gusobanukirwa n’indwara zimwe na zimwe zikunze kwibasira benshi nka malariya uretse ko hafashwe ingamba ikaba imaze gukendera. Muri iyi minsi ariko haravugwa izindi ndwara zigoranye kuzivumbura no kuzivura harimo na kanseri.
Ikigo gishinzwe ubuzima mu Rwanda (RBC) kirasaba abuturage kumenya ko imibonano mpuzabitsina idakingiye itanduza SIDA gusa, ahubwo ko igiteye ubwoba kurushaho, ari ubwandu b’indwara y’umwijima, ivugwa ko yica cyangwa igatera kanseri kandi ikaba idapfa gukira.
Nyuma y’iminsi ine ari mu bitaro bya Remera Rukoma kubera gutwikwa n’umugabo we, kuri uyu wa gatanu tariki 10/8/2012, umuryango Good Neighbors wafashije Budensiyana kujya kuvurirwa mu bitaro byitiriwe Umwami Faysal i Kigali.
Mu karere ka Ngororero kimwe n’ahandi hirya no hino mu byaro byo mu turere tw’u Rwanda usanga abaturage batuye kure y’amasoko cyangwa imijyi bagurira inyama ahantu hadasukuye kuko nta mabagiro bagira.
Guhera tariki 01/08/2012 ikigo nderabuzima cya Ruli kimaze kwakira abarwayi 15 bafite indwara y’impiswi bo mu mirenge wa Ruli, Muhondo na Kayenzi. Imuyobozi w’icyo kigo akeka ko icyo cyorezo cyatewe n’ibura ry’amazi mu Murenge wa Ruli mu karere ka Gakenke.
Ministiri w’ubuzima, Dr.Agnes Binagwaho, yihanangirije abakozi bose bo kwa muganga ko bagomba gusekera ababagana, nka bumwe mu buryo bwo gutanga servisi nziza.
Abakozi bakora ku mupaka wa Cyanika uhuza u Rwanda na Uganda, bakora akazi kabo bambaye uturindantoki bahawe n’ubuyobozi bw’umupaka mu rwego rwo kubarinda kwandura indwara ya Ebola iri mu gihugu cya Uganda.
Abakoresha Gare ya Nyabugogo mu ngendo no mu kazi kabo, barifuza ko hakwiye ubutumwa bukangurira abantu kwirinda icyorezo cya Ebola, bitewe no kuba ari agace gahuriramo abantu baturuka ahantu henshi harimo na Uganda.
Minisiteri y’Ubuzima irasaba Abanyarwanda kudaterwa ubwoba n’icyorezo cya Ebola kimaze iminsi kigaragara muri Uganda, kubera ko ku ruhande rw’u Rwanda hafashwe ingamba zigamije ubwirinzi.
Hari abaganga bemeza ko amafaranga bahabwa yo kwitabira amahugurwa abunganira mu bijyanye no gukemura ibibazo by’urugendo, mu gihe hari abasanga akwiye kuvaho kuko ari intandaro yo kubibagiza inshingano zabo zo kwihugura.
Hashize ukwezi abakozi b’ibitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bajya kwivuza i Kigali bakababwira ko badashobora kwivuriza ku bwishingizi mu kwivuza basanzwe babamo bwa RAMA kubera ko ngo nta misanzu ikigo bakoramo cyatanze guhera muri Mutarama.
Mu rwego rwo gufasha Abanyarwanda gukumira icyorezo cya SIDA, polisi y’igihugu igiye gutangiza gahunda yo gukeba abagabo n’abahungu mu mavuriro yayo.
Guverinoma y’u Rwanda irahamagarira umuntu wese mu Rwanda kugira amakenga no kumenya ibimenyetso bya Ebola, akanabimenyesha inzego z’ubuzima vuba na bwangu agize aho abibona bityo Ebola igakumirwa itaragira uwo yambura ubuzima mu Rwanda.
Bamwe mu batanze umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza bo mu karere ka Muhanga bavuga ko batishimiye ukuntu icyo gikorwa gitinda kandi mbere umuntu yarajyaga kwishyura agatahana ikarita ye cyangwa se akayibona bidatinze.
Ambasaderi wa Leta Zunze Ubumwe z’Amerika mu Rwanda, Donald W. Koran aratangaza ko afite icyizere ko ikigo cy’igihugu cyo gutanga amaraso (NCBT) kizemerwa n’ishyirahamwe nyamerika ryo gutanga amaraso American Association for Blood Banks (AABB).
Leta Zunze Ubumwe z’Amerika na Minisiteri y’Ubuzima y’u Rwanda byiyemeje gukorana mu gufasha u Rwanda kurinda no kuvura indwara z’ibikatu zirimo na kanseri.
Raporo y’umugenzuzi w’imari mu karere ka Kayonza yagaragaje ko amafaranga y’u Rwanda angana na miriyoni 16 y’imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) yo mu murenge wa Rwinkwavu yanyerejwe mu mwaka wa 2011/2012.
Uburyo bwajyaga bukoreshwa mu kugeza agakingirizo ku bagakeneye bugiye guhindurwa mu rwego rwo kugira ngo agakingirizo kagere ku muntu ugakeneye mu buryo butagoranye mu rwego rwo gukumira icyorezo cya SIDA no kuboneza urubyaro.
Afadhali Diallo, umunyeshuri wiga ibijyanye na farumasi muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda yatorewe kuba perezida w’ishyirahamwe ry’abanyeshuri biga ubumenyi mu miti ivura abantu muri Afurika (African Pharmacy Students Association) mu matora yabereye muri Algeria tariki 18/07/2012.
Abaganga bakora umwuga wo kubaga bavuga ko kuba umuganga yasiga ikintu mu muntu yari arimo abaga atari ubushake kuko umuganga ubaga aba ari kumwe n’abaforomo bamufasha bityo ntabe yagira ikintu na kimwe yibagirirwa muri uwo muntu.
Abaganga, abaforomo n’abasinziriza (Abatera ikinya) baturuka mu bitaro birindwi byo mu Rwanda, barangije amahugurwa aho bahuguwe uburyo abaganga bakorera hamwe bagafasha inkomere.
Dr.Shurimpumu Théophile uvura mu bitaro bya Rutongo biri mu karere ka Rulindo, atangaza ko mu myaka irenga 30 amaze akora uyu mwuga, kuri ubu abona ubuvuzi mu Rwanda bwarateye imbere agereranyije n’ibihe byashize kubera ikoranabuhanga.
Abayobozi b’akarere ka Huye bahagurukiye gukangurira abaturage kwitabira mitiweri kuko abamaze gutanga amafaranga y’uyu mwaka muri ako karere bakiri munsi ya 10%.