Mugesera azongera kugaraga imbere y’urukiko rukuru tariki 19/11/2012, mu rubanza ashinjwamo ibyaha byo gukangurira Abahutu kwica Abatutsi cyane cyane mu ijambo yavugiye ku Kabaya ku Gisenyi mu 1992.
Leon Mugesra akomeje gutsimbarara ku cyifuzo cye cyo gusaba urukiko kumuha igihe gihagje agategura dosiye ye, kuko ngo ko hari byinshi bitaratungana, mu gihe ubushinjacyaha bwo buvuga ko agomba kuburana kuko ibyo yari akeneye byose bwabimuhaye.
Urugereko rw’ubujurire bw’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriwe u Rwanda (ICTR) ruzasoma urubanza rw’ubujurire rwa Jean Baptiste Gatete waboraga Komini ya Murambi tariki 09/10/2012.
Urugereko rw’ubujurire mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), tariki 08/10/2012, ruzumva ubujurire bwa Justin Mugenzi wabaye Minisitiri w’ubucuruzi na Prosper Mugiraneza wari Minisitiri w’imirimo ya Leta mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umunyarwanda witwa Sadi Bugingo ukomoka i Kibungo ushinjwa kuba yaragize uruhare mu Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda azagezwa imbere y’ubucamanza bwo mu gihugu cya Norvege kuva tariki 25/09/2012 kugeza 21/12/2012.
Icyemezo cyo kohereza Bernard Munyagishari wari umuyobozi w’umutwe w’interahamwe mu mujyi wa Gisenyi cyadindijwe no guhindura inyandiko zikubiyemo ubujurire; nk’uko bitangazwa n’ibiro ntaramakuru bya Hirondelle.
Pasteri Uwinkingi Jean, ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatatu tariki 29/08/2012, yakatiwe gufungwa iminsi 30 y’agateganyo n’urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge. Nyuma y’urubanza, Uwinkingi yahise ajuririra icyo cyemezo ndetse n’urukiko rurabyemera.
Pasiteri Uwinkindi Jean uherutse koherezwa kuburanira mu Rwanda avuye mu rukiko rwa Arusha yagejejwe imbere y’urukiko kuri uyu wa mbere tariki 27/08/2012. Uyu mugabo yavuze ko ubushinjacyaha bwamwibeshyeho kuko uregwa yitwa Pasteri Uwinkindi Jean Bosco.
Imanza zitiriwe Abanyabutare ziburanishirizwa mu rukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) zimaze igihe kirenga imyaka 10 ziburanishwa zitararangizwa kubera ikibazo cyo guhindurwa mu rurimi rw’igifaransa abaregwa bumva.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwashyikirije Ubushinjacyaha bw’u Rwanda andi madosiye abiri akubiyemo ibirego by’abagabo babiri bakurikiranyweho icyaha cya Jenoside batarafatwa.
Urukiko rukuru rwa Kigali rwanze ubujurire Leon Mugesera yari yatanze asaba ko yahabwa igihe igihe kingana n’amezi atatu n’iminsi 24 cyo kwiga dosiye ikubiyemo ibirego aregwa.
Leon Mugesera yashyize ava ku izima yemera kuzaburana mu Kinyarwanda ntawe umushyizeho agahato, nyuma yo kwandikira Urukiko rw’Ikirenga arusaba gutesha agaciro ikirego yari yarushyikirije.
Maitre Donant Mutunzi wahoze wunganira Leon Mugesera mu mategeko aratangaza ko nta kibazo afitanye nawe, nyuma y’aho Mugesera abwiriye Urukiko rukuru rwa Kigali ko Mutunzi yafatiriye idosiye ye.
Abantu bane bagizwe abere n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) barasaba urukiko gushyiraho urugereko rwihariye rwo kumva ibibazo byabo kugira ngo babone ibihugu bibakira.
Leon Mugesera yagaragaye bwa mbere imbere y’Urukiko rukuru rwa Kigali yambaye imyenda yemeza ko umuntu ari imfungwa, mu rubanza rwe rukomeje aho aregwa uruhare yagize mu kubiba amagambo akangurira abantu gukora Jenoside.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwemeye ibimenyetso birimo amajwi y’ibiganiro Ngirabatware yagiranye n’amaradiyo atandukanye igihe yari hanze y’igihugu hagati ya tariki 23/04 na 23/05/1994.
Icyumba cyihariye cy’urukiko rusesa imanza mu Bufaransa cyemeje ko Claude Muhayimana atazoherezwa mu Rwanda kubera ko ngo ubutabera bwo muri icyo gihugu biziteye umutekano we mu Rwanda.
Urugereko rw’ubujurire bw’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwanze ubujurire bwasabaga ko Ladislas Ntaganzwa natabwa muri yombi atakoherezwa kuburanira mu Rwanda.
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), Hassan Bubacar Jallow, yajuririye urubanza rwa Callixte Nzabonimana wabaye Minisitiri w’urubyiruko mu gihe cya Jenoside.
Thadee Kwitonda wahunze ibyaha ashinjwa byo kugira uruhare yagize muri jenoside yakorewe abatutsi mu 1994, yaba agiye koherezwa mu Bubiligi nyuma yo gufatirwa muri Uganda, nk’uko Polisi y’iki gihugu ibitangaza.
Kwitonda Thadee ukurikiranwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994, mu gitondo cya tariki 05/07/2012 yatawe muri yombi mu mujyi wa Kampala muri Uganda hafi ya Ambasade y’Ububiligi.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwimuriye urubanza rwa Augustin Ngirabatware tariki 23/07/2012. Ngirabatware yabaye Minisitiri w’imari n’igenamigambi mu gihe cya Jenoside.
Impugucye z’abacamanza b’Abafaransa bageze mu Rwanda, tariki 03/07/2012, mu rwego rwo gukorana n’inzego z’ubutabera kugira ngo bashake uburyo bakurikirana Abanyarwanda batuye mu Bufaransa bacyekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Urukiko mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwohereje Colonel Theoneste Bagosora kurangiriza igihano yakatiwe n’uru rukiko mu gihugu cya Mali.
Umunyarwanda Emmanuel Mbarushimana uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare agiye koherezwa mu Rwanda ; nkuko byemejwe na Minisiteri y’Ubutabera ya Danemark tariki 29/6/2012.
Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR), kuri uyu wa 28 Kamena rwemeje ko urubanza rwa Phénéas Munyarugarama rwoherezwa mu Rwanda mu gihe kitarenze iminsi 30. Uru ni urubanza rwa munani ari narwo rwa nyuma uru rukiko rwohereje mu Rwanda.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) ku wa mbere tariki 25/06/2012 rwarangije kumva umutangabuhamya wa nyuma mu rubanza rwa Augustin Bizimana wabaye minisitiri w’ingabo mu gihe cya Jenoside ariko akaba atarabwa muri yombi.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwemeje ko urubanza rw’uwahoze ari burugumesitiri wa komini Gisovu, Aloys Ndimbati, rwoherezwa kuburanishwa mu Rwanda.
Umushinjacyaha mukuru w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiweho u Rwanda, Hassan Bubacar Jallow, arasaba u Rwanda gushakira Bernard uzamwunganira mu rubanza mbere yo koherezwa kuburanira mu Rwanda.
Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) rwanze icyifuzo cya Protais Zigiranyirazo cyasabaga guhabwa impozamarira zingana na miliyoni imwe y’amadolari kubera ko urukiko rutubahirije uburenganzira bwe bw’ibanze.