Ibitaro byo mu Bufaransa byirukanye Umunyarwanda Dr. Charles Twagira byari byahaye akazi, nyuma y’impuruza yari yatanzwe na CNLG ibyamagana kuko Twagira akurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Komisiyo y’igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside (CNLG) yamaganiye kure ibitaro bya “Paul Doumer” byo mu Bufaransa byahaye Charles Twagira ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, wahungiye muri iki gihugu.
Isiraheli yasabye u Bufaransa gutangira kuburanisha abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, bakidegembya muri iki gihugu nyuma y’imyaka 24 Jenoside ihagaritswe.
kuri uyu wa mbere tariki ya 8 Mutarama, Urukiko rwo mu Mujyi wa Hillerød mu gihugu cya Denmark rwatangije urubanza rwo kohereza umunyarwanda Wenceslas Twagirayezu akaza kuburanishirizwa mu Rwanda ku byaha ashinjwa bya jenoside yakorewe abatutsi mu 1994.
Ku wa Gatanu tariki 1 Ukuboza 2017, Ikinyamakuru cyandikirwa muri Canada cyitwa "La Presse", cyatangaje inkuru ivuga ko Dr Leon Mugesera ufungiye ibyaha bya Jenoside muri gereza ya Nyanza arembye bikomeye, kandi ko Leta y’u Rwanda yamutereranye.
Ubushinjacyaha bukuru bumaze gutahura ko hari bamwe mu bakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bihishe mu mahanga bajijisha, bakabikwa ko bapfuye kandi bakiriho.
Murekezi Vincent, umucuruzi w’Umunyarwanda wahungiye muri Malawi kubera ibyaha bishamikiye kuri Jenoside yakorewe Abatutsi akurikuranyweho, yasabiwe kuburanishirizwa mu Rwanda.
Urugereko Ruburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyaha Byambukiranya Imipaka rwumvise abatangabuhamya batatu mu batangabuhamya umunani Dr Kabirima Jean Damascene yasabye ko babazwa mu rubanza ashinjamo Jenoside.
Mbarushimana Kunda Emmanuel yabwiye Urugereko rw’Urukiko Rukuru ko rudakwiye gukomeza kumuburanisha nk’aho yari afite inshingano mu butegetsi.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga rwemeje ko ikirego cya Dr. Niyitegeka Theoneste atari impaka zijyanye no kurangiza imanza nk’uko yari yabiregeye.
Urugereko rw’Urukiko Rukuru ruburanisha ibyaha mpuzamahanga n’ibyaha byambukiranya imipaka, rwongeye kumva ibimenyetso bishingiye ku nyandiko ubushinjacyaha buheraho bushinja Ntaganzwa Ladislas wari Burugumesitiri wa Nyakizu kuba yaragize uruhare muri jenoside
Ubushinjacyaha mu Rukiko rwisumbuye rwa Muhanga bwasabiye Dr. Leopold Munyakazi igifungo cya burundu y’umwihariko kubera ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bumukurikiranyeho.
Urugereko rushinzwe kuburanisha Ibyaha Mpuzamahanga n’Ibyaha byambukiranya Imipaka, kuri uyu wa 18 Gicurasi 2018 rwasubukuye urubanza rwa Ntaganzwa Ladislas wahoze ari Burugumesitiri wa Komini Nyakizu muri Perefegitura ya Butare ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu magambo aremereye, kuri uyu wa 17 Gicurasi 2017, urubanza rwa Dr Kabirima Jean Damascene ushinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Rusenge muri Nyaruguru, rwakomeje yisobanura ku makuru yatanzwe n’ubushinjacyaha.
Danmark yatangaje ko yataye muri yombi Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Danmark, kubera ibyaha akurikiranyweho bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda buratangaza ko bumaze koherereza Igihugu by’Ubufaransa impapuro 38 zisaba guta muri yombi abakekwaho Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bidegembya ku butaka bw’icyo gihugu.
Umunyarwanda ufite ubwenegihugu bwa Suwede yakatiwe igihano cya burundu n’ubutabera bw’iki gihugu, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bijyanye n’uruhare yagize muri Jenosside yakorewe Abatutsi.
Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremye Jean Claude bakurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi bagejejwe mu Rwamda ku mugoroba wo ku itariki ya 12 Ugushyingo 2016.
Mugimba Jean Baptiste na Iyamuremye Jean Claude bakurikiranweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi baragerazwa mu Rwamda kuri uyu wa gatandatu tariki ya 12 Ugushyingo 2016.
Munyakazi Leopold uregwa kugira uruhare rukomeye mu gutegura, gushishikariza no gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda, yagejejwe i Kigali.
Leta Zunze Ubumwe z’America zafashe icyemezo cyo kohereza mu Rwanda Leopold Munyakazi, Umunyarwanda uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe abatutsi.
Mu Karere ka Ngororero harabarurwa imanza za gacaca zigera mu 1.016 zifite agaciro ka miliyoni 770Frw ntizirarangizwa.
Barahira Tito na Ngenzi Octavien bakekwaho uruhare muri Jenoside yakorwe Abatutsi, baratangira kuburanishwa n’Urukiko rw’abaturage rw’i Paris mu Bufaransa.
Uwitwa Minani Hussein ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, yafatiwe i Remera mu Giporoso, aho yazaga aturutse muri Tanzania yabaga.
Ubushinjacyaha ku rwego Rwisumbuye rwa Nyamagabe bwasabiye igifungo cy’imyaka icyenda umugabo Buturano Ananias w’imyaka 69, kubera icyaha cy’ingengabitekerezo ya Jenoside bumukurikiranyeho.
Ubutabera bwo mu Bwongereza, kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, burafatira umwanzuro Abanyarwanda batanu bahungiyeyo bashinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Urukiko rwa TPIR rukorera i Arusha rwakatiye Pauline Nyiramasuhuko, wari Minisitiri w’Iterambere ry’umugore mbere ya Jenoside, igifungo cy’imyaka 47.
U Rwanda rurakomeza gusaba ibihugu bigicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kubata muri yombi bagashyikirizwa ubutabera.
Twahirwa Francois wigeze kuba Burugumestri wa komine Sake, yashinjwe n’abari abaturanyi be mu gihe cya Jenoside, ubwo yajyanwaga kuburanira iwabo.
Twahirwa Francois, uregwa kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi i Rukumbeli mu cyahoze ari Komini Sake, aravugwaho kwiyambaza mu bujurire abo ngo yatoje ubwicanyi ngo bamushinjure.