Gisagara: Arashinja Gitifu w’umurenge kuba inyuma y’abamaze imyaka itatu bamutoteza

Uwitwa Vincent Mutabazi utuye i Save, avuga ko yimukiye i Save muri 2015 aturutse mu Mujyi wa Butare, agamije kuhacururiza, ariko ngo nta mahoro yigeze ahagirira, ayabuzwa n’abafatanyije n’umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Save atuyemo, Innocent Kimonyo.

Amahoro ayabuzwa n’uko aterwa n’abamubuza umutekano bagamije kumwimura i Save, banatumye ahomba nyuma yo gushora amafaranga menshi mu nyubako yatekerezaga kugira izo gucumbikira abagenzi no gucuruza inzoga.

Umunyamabanga nshingwabikorwa wa Save we avuga ko ntacyo apfa na Mutabazi, ahubwo akanibaza impamvu amusebya.

Kubaka Pentagone byamutwaye miriyoni hafi 200, ariko nta mafaranga yinjiza kubera gukomanyirizwa n'abacuruzi baturanye bafatanyije na gitifu wa Save
Kubaka Pentagone byamutwaye miriyoni hafi 200, ariko nta mafaranga yinjiza kubera gukomanyirizwa n’abacuruzi baturanye bafatanyije na gitifu wa Save
Salle yari igenewe kureberamo filime. ku ikubitiro ni yo yari kubamo uruganda rwa kawunga
Salle yari igenewe kureberamo filime. ku ikubitiro ni yo yari kubamo uruganda rwa kawunga
Yari yubatse ahantu hanini ho kunywera ariko ntacyo hamumariye
Yari yubatse ahantu hanini ho kunywera ariko ntacyo hamumariye
Yubatse n'ibyumba byo gucumbikamo bitakizamo abakiriya kuko nta n'umunyesave waharangira uwifuza hao kurara
Yubatse n’ibyumba byo gucumbikamo bitakizamo abakiriya kuko nta n’umunyesave waharangira uwifuza hao kurara
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

nimureke gusebanya uwo mugabo mutabazi twarakoranye imyaka myinshi ndetse turanaturana biragaragara KO ibyo muvuga ari agatsiko kaho iwanyu isave kabaswe namacakubiri uzababaze abo banye nabamwe mubayozi cyane mugushinga coopérative yisoko rya huye akanatubera président wa coopérative nitureke gusebanya inzego zibishinzwe nizo zizakore akazi kazo zikurikirane icyibazo cyabo.

karamira yanditse ku itariki ya: 31-07-2018  →  Musubize

Mutabazi abatamuzi bazamubarirwa.

umusaza yanditse ku itariki ya: 30-07-2018  →  Musubize

uwo mugabo ni umunyamitwe myisnhi aho yabaye hose za tumba, ngoma yagiye akaora manayanga menshi none , ndumva ashaka guteka umutwe ngo atazishyura banki. niba afite ibimenyetso nagane inkiko

alias hare yanditse ku itariki ya: 30-07-2018  →  Musubize

UWO MUGABO NI UMUNYAMITWE ARASHAKISHA IMPAMVU YO GUTUMA ATISHYURA BANKI, ASHAKA UWO ABIGEREKAHO

alias hare yanditse ku itariki ya: 30-07-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka