Umuhanzikazi wo muri Tanzania Zuchu ni we muhanzi wo muri Afurika y’Iburasirazuba ufite indirimbo yakoze wenyine yarebwe inshuro zirenga miliyoni 100 ku rubuga rwa YouTube, iyo ikaba ari indirimbo ye yitwa ‘Sukari’.
Akenshi abantu bibaza impamvu ibyamamare mu Rwanda no ku Isi hose bagendana abasore b’ibigango babacungira umutekano, haba mu nzira, mu bitaramo, bagiye guhaha n’ahandi henshi bashobora guhurira n’abantu benshi nyamara mu gihugu umutekano ari wose.
Umuhanzi Israel Mbonyi umenyerewe mu ndirimbo zo guhimbaza Imana, yashyizwe ku rutonde rw’abahanzi bazaririmba mu gitaramo cyo kwizihiza Pasika cyiswe ‘Ewangelia Easter Celebration’.
Edrisah Musuuza, Umuhanzi w’umunya-Uganda wamamaye nka ‘Eddy Kenzo’ biravugwa ko ari mu rukundo na Phiona Nyamutoro, uherutse kugirwa Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri ishinzwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Uganda.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame, ku mugoroba wo ku wa Gatandatu tariki 23 Werurwe 2024, bitabiriye igitaramo cy’Itorero Inyamibwa rya AERG, bise ‘Inkuru ya 30’ cyabereye muri BK Arena.
Umuhanzikazi Shakira Isabel Mebarak Ripoll, ukomoka muri Colombia wamenyekanye nka Shakira muri muzika, yatangaje ko nyuma yo gutandukana na Gerard Piqué, atizeye ko azabona urukundo nk’urwo bakundanye.
Ubwo i Kigali habaga igitaramo cy’urwenya cyo kwizihiza imyaka ibiri ishize hatangijwe icyiswe Gen-Z Comedy Show, cyatangijwe muri 2022 n’umunyarwenya Fally Merci, abantu babuze aho bakwirwa kubera ubwinshi.
Umunyarwenya Arthur Nkusi wamamaye nka Rutura, yavuze ko vuba aha we n’umugore we Fiona Muthoni Naringwa, bitegura kwakira imfura yabo, ndetse ko ubwo yabimenyaga ko umugore we atwite yamushimiye.
Umuhanzi Valens Hakizimana, uzwi cyane nka Rayva Havale uri mu bakizamuka muri muzika Nyarwanda, yashyize hanze alubumu ye ya mbere yise ‘Love and Life’, yahuriyeho n’abahanzi bakomeye mu Rwanda, ashimangira ko igomba kumubera inzira yo kwaguka mu bikorwa bye bya muzika.
Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Amerika, Ariana Grande Butera uzwi ku izina rya Ariana Grande mu muziki, yamaze guhabwa gatanya n’umugabo we Dalton Gomez nyuma y’imyaka itatu bari bamaze babana.
Andre Romelle Young, umuraperi w’icyamamare, umuhanga mu gutunganya umuziki (producer) akaba n’umushabitsi, yahawe inyenyeri mu rwego rw’icyubahiro muri Hollywood Walk Of Fame.
Ni kenshi muri muzika humvikana ihangana ry’abahanzi, bakora injyana zirimo Hip-Hop, Afrobeats n’izindi. Impamvu ni uko buri muhanzi ukora injyana runaka aba yumva arusha bagenzi be.
Igitaramo Inkuru ya 30, kirimo gutegurwa n’Itorero Inyamibwa z‘Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (AERG), kikaba kibumbatiye inkuru y’Abanyarwanda aho kigamije gutuma bongera gusubiza amaso inyuma, urugendo Igihugu cyanyuzemo mu myaka 30 ishize, aho buri wese afite inkuru yo kubara.
Ibitaramo umuhanzi Christopher agiye gukorera muri Canada ahereye i Montreal, igitaramo cy’itorero Inyamibwa, n’igitaramo cya Platini P ni bimwe mu byo abakunzi b’imyidagaduro bahishiwe mu minsi iri imbere.
Ubusanzwe indirimbo ‘I Will Always Love You’ yanditswe bwa mbere mu mwaka 1973 ndetse inaririmbwa n’umuhanzikazi ufatwa nk’umwamikazi w’injyana ya Country Music, Dolly Parton, ayandika agamije gusezera uwari umujyanama we Porter Wagoner, banakundanyeho ubwo yari agiye gutangira urugendo rwa muzika ku giti cye.
Umuhanzikazi Simisola Bolatito Kosoko, uzwi ku izina rya Simi, yatangaje ko ashyigikiye ko mu gihe abantu bateganya gushyingiranwa nk’umugore n’umugabo, bari bakwiye kubanza bakabana igihe gito kugira ngo bibafashe kumenyana.
Melanie Brown, umuhanzikazi wamenyekanye mu itsinda “Spice Girls” ryo mu Bwongereza, ryakunzwe mu ndirimbo “Wannabe” yahishuye ubuzima bushaririye bw’ihohoterwa yanyuzemo mu rushako rwatumye asubira kubana na nyina ndetse akisanga nta nakimwe agisigaranye.
Beyoncé Giselle Knowles-Carter, icyamamare mu muziki wavukiye I Houston, yatangaje izina rya alubumu ye nshya yise “Act II: Cowboy Carter”, biteganijwe ko azayishyirwa ahagaragara ku ya 29 Werurwe 2024, ibintu byanejeje abakunzi be batari bake.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Taarab Music muri Tanzania, Khadija Kopa, akaba na nyina w’umuhanzikazi Zuchu, avuga ko atarabona umugabo uhamanye n’ibyifuzo bye, ndetse atazi impamvu Imana itaramuhitiramo.
Umuhanzikazi w’Umunyamerika ufite inkomoko muri Trinidad & Tobago, Nicki Minaj, yashimye byimazeyo umuraperi Lil Wayne wamufashije kugera ku rwego rushimishije muri muzika, amuhindurira ubuzima.
Umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya Afrobeats, Ayodeji Balogun, uzwi ku izina rya Wizkid, yavuze ko urugendo rwe muri muzika aribwo rugiye gutangira kuko yumva ntacyo yari yageraho gikomeye.
Icyamamare mu mikino ya ‘Catch’ no muri Sinema, John Cena, yatunguye benshi ubwo yageraga ku rubyiniro agahita yambara ubusa imbere y’imbaga y’abari bahateraniye.
Mu Rwanda iterambere rigaragara mu ngeri zitandukanye z’ubuzima, rigaragara no mu bijyanye n’umuziki haba ku bagabo ndetse no ku bagore. Icyakora haracyagaragara imbogamizi by’umwihariko ku bagore ndetse n’abakobwa, zigatuma bamwe batabasha gukabya inzozi zabo no gutera imbere nk’uko baba babyifuza.
Abantu bari baciye akenge ahagana mu 1973-80, benshi muzi indirimbo igira iti ‘Nasezeye ku rukundo, urukumbuzi ndujyanye, nsezera no ku babyeyi, kugira ngo mbone inkwano yo kuzabona umwana nakunze...ariko ngarutse bampa inkuru iteye agahinda ko yarongowe n’undi.’
Umushabitsikazi akaba n’umwe mu bagore bamamaye ku mbuga nkoranyambaga, Zarinah Hassan, yanenze umugabo we Shakib Cham Lutaaya, wemeye kwishyurwa Amadolari 1000 n’umunyamakuru wo muri Tanzania, Mange Kimambi, akamena amabanga y’urugo.
Umuhanzi w’icyamamare Zuch uturuka muri Wasafi Records, yasabye imbabazi nyuma y’uko yari yahagaritswe mu bikorwa byose by’ubuhanzi mu gihe cy’amezi atandatu kubera imyitwarire yagaragaje mu gitaramo aheruka gukorera muri Zanzibar kiswe ‘Fullmoon Kendwa Night’ ku itariki 24 Gashyantare 2024.
Mukabaranga Gerturde w’imyaka 59 wamenyekanye ahagana mu 1991 akiri mu mwuga w’ubuhanzi, ni we wahimbye indirimbo yitwa Urabeho uwo nkunda n’iyitwa ‘Igitaramo’ aho agira ati ‘Iki gitaramo cy’abakuru n’abato, twateraniye aha ngo twishimane...’, ariko iyi by’umwihariko yari igiye kumukoraho habura gato.
Umwamikazi w’injyana ya country music, Dolly Rebecca Parton yashimye byimazeyo Beyoncé ukomeje gukora amateka muri iyi njyana, nyuma yo gushyiraho agahigo we atigeze akora, aho indirimbo ye yayoboye urutonde rwa “Billboard Hot 100”, rushyirwaho ubwoko bwose by’injyana.
Uruganda rwa Adidas rukora ibikoresho birimo inkweto n’imyambaro bya siporo, rwatangaje ko rugiye gushyira hanze inkweto zitiriwe icyamamare mu njyana ya Reggae, Robert Nesta Marley uzwi nka Bob Marley.
Zarinah Hassan uzwi nka Zari the Boss Lady, yahakanye yivuye inyuma inkuru ziherutse kuvugwa ko aryamana na Diamond Platnumz nyuma yo gutandukana mu 2018, kuko no kumusoma ku itama byoroshye ngo atarabikora.