Abadepite basanga komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu (PAC) ikwiye kongererwa ububasha bw’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha, kurusha gutanga inama mu myanzuro.
Ubusabe bwa bamwe mu bagize inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite, basaba ko icyaha cy’iyezandonke cyashyirwa mu byaha bidasaza bwanze kwemerwa.
Umuvunyi mukuru Murekezi Anastase avuga ko umuyobozi urya ruswa aba ahemukiye igihugu akanatukisha abandi bayobozi bayobora neza.
Ubuyobozi bw’itorero ry’igihugu burasaba ko abagororwa basoje ibihano byabo bajya banyuzwa mu iterero ry’igihugu bakabanza kwigishwa indagagaciro na kirazira,mbere y’uko basubira mu miryango.
Banki yo mu Buransa yitwa BNP Paribas irimo gukorwaho iperereza kubera ikirego cyagejejwe mu butabera n’imiryango itegamiye kuri Leta muri icyo gihugu, iyishinja gutera Guverinomo yariho mu Rwanda inkunga yo kugura intwaro zo kwicisha Abatutsi muri Jenoside yo muri 1994.
Perezida Kagame yasabye abacamanza guca ruswa kugira ngo nabo babone aho bahera basaba Leta kubongeza imishahara.
Mu muhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza 2017-2018, Perezida Kagame yizeje inkunga Abacamanza mu kuzamura imibereho yabo, ariko abasaba kuzabanza bagabanya kwakira ruswa, icyo yise inkunga idakwiye bamwe muri bo bavugwaho kwakira.
Abunzi bo mu Karere ka Gisagara barasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze kubahiriza inshingano zabo zo gutumiza ababuranyi no kubagezaho imyanzuro y’inteko y’abunzi.
Abunzi 910 bakorera mu Karere ka Gicumbi bamaze kwiyungura ubumenyi mu gukemura amakimbirane abaturage baba babagejejeho.
umugabo ushinjwa ubwicanyi warugiye guhanishwa kwicwa atewe urushinge muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, yarusimbutse hasigaye amasaha ane.
Josette Mukambabazi umwunzi wo mu murenge wa Mbazi muri Huye ahamya ko igare yahawe rizamufasha gukora siporo ari nako atunganya imirimo ashinzwe.
Umukozi w’Akarere ka Burera ushinzwe abatishoboye afunze akurikiranweho kwaka ruswa umugore warokotse Jenoside yakorewe Abatutsi kugira ngo amushyire ku rutonde rw’abagomba kubakirwa inzu.
Ministeri y’ubutabera(MINIJUST) hamwe n’Urwego rushinzwe imiyoborere (RGB) batangaza ko abanoteri bafite imitangire mibi ya serivisi irimo ruswa n’ikimenyane.
Kuri uyu wa Kabiri tariki ya 11 Mata 2017, Urukiko rwa gisirikare rwategetse ko urubanza rwa Maj Dr Aimable Rugomwa na mukuru we Nsanzimfura Mamelto, rusubikwa ku nshuro ya gatatu, rukazasubukurwa ku ya 09 Gicurasi 2017.
Urwego rw’ubutabera rutangaza ko ubutabera bwishimiwe na bose bugeze kuri 75.75%, muri uyu mwaka, ruvuye kuri 69.9% muri 2012, ariko rugateganya kugera kuri 80% mu 2020.
Mu muhango wo kurahiza abashinjacyaha batatu ba gisirikare, Minisitiri w’intebe Anastase Murekezi yabahamagariye kurangwa n’ikinyabupfura mu kazi, kuko ari cyo kizatuma batunganya umurimo wabo bizewe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa mbere tariki 27 Werurwe 2017, Urukiko rwisumbuye rwa Gasabo rwafashe umwanzuro wo kurekura by’agateganyo, Uwamahoro Viollette ufite ubwenegihugu bw’Ubwongereza ngo aburane ari hanze.
Abagize urwego rw’ubutabera mu Rwanda bari mu mwiherero i Rubavu, baganirira hamwe ngo barebe uburyo ubutabera bwagira uruhare mu kurwanya ubukene.
Uwamahoro Violette, Umunyarwandakazi ufite Ubwenegihugu bw’Ubwongereza uherutse gufatwa na Polisi y’igihugu, akekwaho uruhare mu bugizi bwa nabi, yagejejwe imbere y’ubutabera, aburana ifungwa n’ifungurwa.
Sous-Lieutenant Henry Jean Claude Seyoboka n’umwunganira basabye urukiko rukuru rwa gisirikari gutesha agaciro icyemezo cyafashwe n’urukiko cyo kumufunga indi minsi 30.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi, burahamya ko ibirego byaganaga mu nkiko, byamaze kugabanuka cyane bitewe n’uruhare rw’abunzi basigaye bagira mu gukemura amakimbirane.
Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Nyaruguru iravuga ko yataye muri yombi Senguge Valens wo mu Murenge wa Kibeho, akekwaho gushaka guha ruswa y’ amafaranga ibihumbi 50 umupolisi.
Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo rwemeje icyifuzo cy’ubushinjacyaha cy’uko S/Lt Seyoboka Jean Claude ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, akomeza gufungwa by’agateganyo indi minsi 30.
Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Sam Rugege, avuga ko hagikenewe guhugurwa abunzi, bakaba ab’umwuga, bakazafasha gukemura ibibazo binyuranye bityo ibijya mu nkiko bikagabanuka.
Umuryango AJIC urwanya Ruswa n’akarerengane mu karere ka Ngororero ugaragaza ko kutarangiriza imanza ku gihe byahombeje Leta miliyoni zirenga 40.
Komisiyo y’igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu (NCHR) ivuga ko iyo urubanza rwaciwe ntihabeho irangizarubanza ku gihe biba bibangamiye uburenganzira bwa muntu.
Ubushakashatsi bwakozwe n’Umuryango wita ku burenganzira bwa muntu mu Biyaga bigari (GLIHD) bwerekanye ko ibisabwa uwifuza gukuramo inda biruhanya bigatuma igihe cyemewe kirenga.
Sembwa Valens utuye mu karere ka Kamonyi arasaba ubuyobozi ko bumukiranura n‘abatuye mu isambu ye yari yaranyazwe mu 1978, akaba yarayisubijwe.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki ya 30 Ukuboza 2016, Urukiko rwa gisirikare rw’ i Nyamirambo rwafashe umwanzuro wo gusubika urubanza ruregwamo Maj Dr Aimable Rugomwa na murumuna we Nsanzumuhire Mamerito.