Iyo havuzwe uburenganzira bwa muntu mu bijyanye n’itegeko, hari abumva ko bafite n’ubwo gukoresha umubiri wabo uko bashaka harimo no gukoresha ibiyobyabwenge.
Urwego rushinzwe imfungwa n’abagororwa (RCS) rwarekuye abafungwa batanu bari barakatiwe igihano cya burundu, nyuma yo kwitwara neza no kurangwa n’ikinyabupfura.
Abahesha b’inkiko b’umwuga binenze amwe mu makosa akunze kubagaragaraho mu mikorere, bahigira imbere ya Minisitiri w’Ubutabera kwikuramo ababanduriza izina.
Urwego rw’Umuvunyi ruravuga ko umwaka wa 2018 ruzaba rwamaze gusesengura no guha umurongo amadosiye 2000 y’ibirarane rufite.
Urwego rw’imfungwa n’abagororwa (RCS) rutangaza ko abana batsinze ikizamini mu cyiciro rusange bari muri gereza ya Nyagatare bazakomereza mu ishuri ry’imyuga riri muri iyo gereza.
Ubusanzwe abahesha b’inkiko b’umwuga ni abantu bashyirwaho n’itegeko ndetse rikabaha ububasha bwo kurangiza ku gahato imanza zabaye itegeko, ziba zaramaze no guterwaho kashi impuruza.
Abadepite ntibishimiye uburyo Umunyamabanga wa Leta Evode Uwizeyimana yabagejejeho ingingo 92 y’umushinga w’itegeko rihana ibyaha mu Rwanda ivuga kuri Jenoside, aho bagaragazaga ko iyi ngingo itagaragaramo ko Jenoside “yateguwe”.
Bunani Joseph, ni umunyeshuri ufite imyaka 27 y’amavuko, wiga muri IPRC-South, iherereye mu Mujyi wa Huye.
Mu mwaka wa 2017,ubutabera bw’u Rwanda bwageze kuri byinshi birimo kuburanisha bamwe mu bakekwaho ibyaha, hanavugururwa amategeko kugira ngo arusheho kujyana n’igihe.
Mu isomwa ry’urubanza Imena Evode wahoze ari Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Minisiteri y’umutungo kamere,yaregwaga itonesha mu gutanga isoko rya Leta, Urukiko rwisumbuye rwa Nyarugenge rumugize umwere.
Ihuriro ry’abagize Inteko ishinga amategeko y’u Rwanda riharanira kurwanya ruswa (APNAC Rwanda) riravuga ko igihe cyageze cyo guhagurukira icyaha cya ruswa n’ibindi byaha bifitanye isano na yo, hazibwa ubyuho by’amategeko atari asobanutse neza,bigatuma hari ababyihisha inyuma.
Abunganizi mu by’amategeko bazwi nk’‘abavoka’ bavuga ko abantu babibuka ari uko bamaze kugera mu bibazo bakagombye kuba baririnze hakiri kare.
Me Uwizeyimana Evode, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ubutabera ushinzwe Itegeko Nshinga n’andi mategeko, avuga ko bigoye kwemeza ko umuntu yafashe uwo bashakanye ku ngufu.
Ikoranabuhanga ni bumwe mu buryo bwihutisha serivisi zikaboneka vuba kandi zinoze. Ni muri urwo rwego rigiye gutangira kwifashishwa no mu mitangire y’amasoko ya Leta kugira ngo bikemure ibibazo bigaragaramo.
Abadepite bavuga ko ibibazo byakunze kugaragara mu masoko ya Leta biturutse ku mitegurire cyangwa ishyirwa mu bikorwa ryayo, ingaruka zabyo zigera ku Banyarwanda bose.
U Rwanda rubinyujije muri Minisiteri y’ubutabera rwakiriye inama ku butabera mpuzamahanga igamije guca umuco wo kudahana mu bihugu bigize Umuryango w’Afurika y’Uburasirazuba( EAC).
Abanyeshuri bo muri kaminuza zitandukanye zo mu Rwanda bavuga ko ubumenyi bakura mu marushanwa ku mategeko mpuzamahanga agenga intambara abafasha mu masomo yabo.
Abayobozi bashya barahiye ba Komisiyo y’u Rwanda yo Kuvugurura Amategeko (RLRC) barahamagarirwa kwibanda ku ivugururwa ry’amategeko atakijyanye n’igihe.
Umuyobozi w’Akarere ka Nyaruguru wungirije ushinzwe ubukungu, Busizi Antoine, yatangaje ko mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatatu, abakozi batanu bo muri aka Karere beguye ku mirimo yabo.
Ibigo bifite aho bihurira n’iby’umutungo mu by’ubwenge bikangurira abafite ibihangano kumenya uburenganzira bwabo, kugira ngo bibabyarire inyungu mbere y’abandi.
Abadepite basanga komisiyo ishinzwe gukurikirana imikoreshereze y’imari n’umutungo by’igihugu (PAC) ikwiye kongererwa ububasha bw’ubugenzacyaha n’ubushinjacyaha, kurusha gutanga inama mu myanzuro.
Ubusabe bwa bamwe mu bagize inteko Ishinga Amategeko, umutwe w’Abadepite, basaba ko icyaha cy’iyezandonke cyashyirwa mu byaha bidasaza bwanze kwemerwa.
Umuvunyi mukuru Murekezi Anastase avuga ko umuyobozi urya ruswa aba ahemukiye igihugu akanatukisha abandi bayobozi bayobora neza.
Ubuyobozi bw’itorero ry’igihugu burasaba ko abagororwa basoje ibihano byabo bajya banyuzwa mu iterero ry’igihugu bakabanza kwigishwa indagagaciro na kirazira,mbere y’uko basubira mu miryango.
Banki yo mu Buransa yitwa BNP Paribas irimo gukorwaho iperereza kubera ikirego cyagejejwe mu butabera n’imiryango itegamiye kuri Leta muri icyo gihugu, iyishinja gutera Guverinomo yariho mu Rwanda inkunga yo kugura intwaro zo kwicisha Abatutsi muri Jenoside yo muri 1994.
Perezida Kagame yasabye abacamanza guca ruswa kugira ngo nabo babone aho bahera basaba Leta kubongeza imishahara.
Mu muhango wo gutangiza umwaka w’ubucamanza 2017-2018, Perezida Kagame yizeje inkunga Abacamanza mu kuzamura imibereho yabo, ariko abasaba kuzabanza bagabanya kwakira ruswa, icyo yise inkunga idakwiye bamwe muri bo bavugwaho kwakira.
Abunzi bo mu Karere ka Gisagara barasaba ko abayobozi b’inzego z’ibanze kubahiriza inshingano zabo zo gutumiza ababuranyi no kubagezaho imyanzuro y’inteko y’abunzi.
Abunzi 910 bakorera mu Karere ka Gicumbi bamaze kwiyungura ubumenyi mu gukemura amakimbirane abaturage baba babagejejeho.
umugabo ushinjwa ubwicanyi warugiye guhanishwa kwicwa atewe urushinge muri Leta zunze Ubumwe z’Amerika, yarusimbutse hasigaye amasaha ane.