Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwategetse, kuri uyu wa 27 Gashyantare 2024, ko muri batanu bari bakurikiranyweho ibyaha bifitanye isano n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro cyagwiriye abantu batandatu, mu Kagari ka Gahana ho mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, batatu barekurwa, na ho babiri ari bo Major Rtd Jean Paul Katabarwa (...)
Uwahoze ari umukozi wa CIA(urwego rwo muri Amerika rushinzwe iperereza no gushaka amakuru) yakatiwe n’urukiko igihano cyo gufungwa imyaka 40 muri gereza nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gusohora amabanga ya CIA agatangazwa ku rubuga rwa WikiLeaks.
Muri Tanzania, ahitwa Tabora, umuforomo Amos Masibuka w’imyaka 35 y’amavuko, yahanishijwe gufungwa imyaka 15 muri Gereza nyuma y’uko urukiko rumuhamije icyaha cyo kwiyita umuganga, akabaga umusaza w’imyaka 78 witwa Lukwaja Selemani, bikamuviramo gupfa.
Nicolas Sarkozy wahoze ari Perezida w’u Bufaransa, yakatiwe n’Urukiko rw’ubujurire igihano cyo gufungwa umwaka harimo amezi atandatu y’igihano gisubitse, bivuze ko hari amezi atandatu azamara adafunze.
Ingabire Victoire ari kumwe n’umwunganira mu mategeko, Me Gatera Gashabana, yaburanye urubanza rwo guhanagurwaho ubusembwa, nyuma y’uko hashize imyaka itanu afunguwe ku mbabazi za Perezida wa Repubulika Paul Kagame. Iyo myaka akaba ari yo iteganywa n’itegeko ko usaba guhanagurwaho ubusembwa agomba kuba nibura amaze imyaka (...)
Mu gihe u Rwanda ruri mu cyumweru cyahariwe kurwanya ruswa mu nkiko, imibare itangazwa n’inzego z’ubutabera bw’u Rwanda igaragaza ko kuva mu mwaka wa 2005 kugeza muri 2023 abakozi 66 ari bo bahanwe bazira ibyaha by’indonke mu nzego z’ubucamanza.
Urukiko rw’ibanze rwa Nyamabuye rwanzuye ko umukozi w’Intara y’Amajyepfo ushinzwe imiyoborere myiza, Kabera Vedaste, afungwa iminsi 30 y’agateganyo, kugira ngo dosiye ye ikomeze gukorwaho iperereza, ku cyaha akurikiranyweho cyo guha ruswa umugenzacyaha.
Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwaburanishije mu mizi Kazungu Denis ukekwaho ibyaha 10 birimo icy’ubwicanyi no guhisha imirambo y’abo yishe. Ubushinjacyaha bwamusabiye igihano cyo gufungwa burundu no gutanga ihazabu ya miliyoni 10 z’Amafaranga y’u Rwanda bitewe n’uburemere bw’ibyaha yakoze cyane cyane icyo kwica abantu 14.
Nubwo abantu benshi bakoresha imbuga nkoranyambaga, hari abashyiraho ibihabanye n’umuco nyarwanda bakishyiriraho amashusho n’ibindi biganiro by’urukozasoni, nyamara batazi ko bihanwa n’amategeko.
Ubushinjacyaha Bukuru hamwe n’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Igorora(RCS) byavuze ko kuba Gasana Emmanuel wahoze ayobora Polisi n’Intara y’Iburasirazuba yarahawe uruhushya akitabira ubukwe bw’umwana we byari byemewe n’amategeko ndetse ko n’abandi bakomeje guhabwa uruhushya rwo gusohoka mu Igororero.
Umukozi w’Intara y’Amajyepfo ushinzwe Imiyoborere myiza, Kabera Vedaste, yasabye Urukiko rw’Ibanze rwa Nyamabuye, ko yaburana ari hanze ku cyaha akurikiranyweho cyo gutanga indonke.
Hirya no hino ku mbuga nkoranyamabaga haracicikana ibaruwa ya Martin Mbonizana, urega ubuyobozi bw’Akarere ka Nyaruguru kumwirukana binyuranyije n’amategeko, akanasaba indishyi y’akababaro ya miliyoni 900 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Icyegeranyo cy’umuryango mpuzamahanga urwanya ruswa n’akarengane (Transparency International) cya 2023 kivuga ko nta ntambwe nini ibihugu bigize Isi byateye mu kurwanya ruswa, bitewe n’abatanga serivisi badacika kuri iyo ngeso.
Muri Pakistan, Urukiko rwahanishije Imran Khan wahoze ari Minisitiri w’Intebe w’icyo gihugu gufungwa imyaka 10 muri gereza.
Ni kenshi hirya no hino usanga hagati ya nyiri inzu n’umupangayi habayeho kutumvikana, bigatuma umupangayi ahabwa igihe runaka cyo kuva mu nzu.
Mu manza nshinjabyaha, akenshi iyo umuntu atanze ikirego aba agomba no kuregera indishyi zigereranywa nk’ibyo uwarezwe aba yarangije ubwo yakoraga icyaha, ariko rimwe na rimwe ugasanga uwarezwe adafite ubushobozi bwo kwishyura indishyi aba asabwa kwishyura.
Abahanga mu by’amategeko bavuga ko Itegeko ari urusobe rw’amahame ngenderwaho mu gihugu runaka, ayo mahame akaba yanditse, yarashyizweho n’urwego rwa Leta rubifitiye ububasha.
Ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwatangaje ko butanyuzwe n’umwanzuro w’Urukiko wo kugira umwere Wenceslas Twagirayezu, ku byaha bya Jenoside akurikiranyweho, bityo ko buzajuririra uwo mwanzuro nk’uko bwabitangaje mu butumwa bwanyujijwe ku rubuga rwa X.
Icyaha cya Jenoside ndetse n’icyibasiye inyokomuntu ni ibyaha bidasanzwe mu gihe cy’amakimbirane, ndetse usanga byose byibasira abaturage mu buryo bukomeye ariko bikagira aho bitandukaniye bitewe n’uburyo bikorwamo.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Tumba (Huye) no mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare muri rusange barashimira ubutabera bw’u Bufaransa kuba bwarahamije ibyaha bya Jenoside Dr. Munyemana Sosthène ariko bakavuga ko igihano yahawe ari gito ugereranyije n’ubukana bw’ibyaha ashinjwa.
Umuhanzi w’Umurundi uzwi nka Gaposho Ismael wamenyekanye mu ndirimbo ‘Dore ishyano re’ ya orchestre Abamararungu, mu gihe cy’imanza za Gacaca Urukiko rwamuhanishije adahari kwishyura indishyi za Miliyoni zirenga 2 z’amafaranga y’u Rwanda, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo kwangiza imitungo mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Gatanu tariki 5 Mutarama 2024, nibwo Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwasubitse urubanza ruregwamo Kazungu Denis ukurikiranyweho ibyaha byo gusambanya undi ku gahato n’ubwicanyi.
Mu mwaka wa 2023 nibwo abari bagize umutwe wa MLCD ya Rusesabagina na FLN wari umutwe wayo wa gisirikare, uko ari 21 barekuwe ku mbabazi za Perezida wa Repubulika, Paul Kagame.
Mu gihe Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bagaragaza ko zimwe mu manza ziburanishirizwa mu bihugu by’amahanga, hari amakuru baba badafite bigatuma babura uburyo bwo kuregera indishyi ku bahamijwe ibyaha bya Jenoside, IBUKA ivuga ko icyo kibazo gihari ariko ahanini gituruka ku bushinjacyaha bw’ibihugu biburanisha ababa (...)
Nyuma y’uko ku wa 20 Ukuboza 2023, Dr Munyemana Sosthène ahamijwe ibyaha bitatu, agahanishwa gufungwa imyaka 24, yajuririye icyemezo cy’urukiko rwamuburanishije.
Perezida wa Sunrise FC akaba yari n’umuyobozi wa Koperative NDMC (Nyagatare Dairy Marketing Cooperative), Hodari Hillary, n’Umubaruramari w’iyi Koperative, Muhoza Happy, bakekwagaho kunyereza umutungo wa Koperative ungana na Miliyoni 160 z’Amafaranga y’u Rwanda, barekuwe by’agateganyo.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi b’i Gikondo mu Karere ka Kicukiro, bafite ababo baguye muri kiliziya ya Gikondo barishimira igihano cyahawe Seraphin Twahirwa na Pierre Basabose, nyuma y’uko Urukiko rwa rubanda rwo mu Bubiligi rubahamije ibyaha bya Jenoside.
Mu mategeko mpanabyaha y’u Rwanda hateganywa ibihano ku muntu uhamijwe n’Urukiko, ko yahaye undi muntu uburozi cyangwa ibindi bintu bimuhumanya, guhanishwa igihano cyo gufungwa burundu.
Urukiko rwa Rubanda rw’u Bubiligi rwakatiye Twahirwa Séraphin wiswe Kihebe gufungwa burundu, mu gihe Pierre Basabose washinjwe ibyaha bya Jenoside yakatiwe kutidegembya.
Nyuma y’uko Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwiyemeje kwikorera iperereza ku baregwa kugira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro butemewe i Kinazi mu Karere ka Huye, bwanasize icyobo kirekire cyane cyahezemo abantu batandatu, uregwa kuba nyiri ikirombe n’abaregwa ubufatanyacyaha kimwe n’ibyo yacukuye bikomeje kuyoberana.