Minisiteri y’Ubutabera yamuritse uburyo bushya bw’ikoranabuhanga, IECMS, buzifashishwa mu koroshya servisi ahanini zijyanye n’ubutabera n’iz’ibindi bigo bitanga amakuru.
Kumenya amategeko n’uburenganzira bizafasha abaturage kugabanya imanza z’urudaca bahoramo, zigatuma bahora mu makimbirane ntibabashe gukora ibikorwa bibateza imbere.
Ibizamini byo gushaka ibimenyetso simusiga bikenerwa mu manza nshinjabyaha byajyaga bikorerwa ahanini mu Budage bigiye kujya bikorerwa mu Rwanda.
Nyuma y’aho urukiko rwa Frankfurt rukatiye Umunyarwanda Rwabukombe kugira urahare muri Jenoside, Jean Pierre Dusingizemungu, umuyobozi wa Ibuka yatangaje ko uwo muryango wishimiye imikirize y’urubanza.
Urubanza ruregwamo Rtd Brig Gen Frank Rusagara, Col Tom Byabagamba na Rtd Sgt Kabayiza Francois rwongeye gusubikwa.
Minisiteri y’Ubutabera itangaza ko Leta yahombye miliyari 126 muri 2014, kubera amasezera yakozwe nabi n’adakurikiranwa bikayishora mu manza.
Mu Gushyingo 2015 Komisiyo ishinzwe kuvugurura amategeko yahawe inshingano zo kuvugurura igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda kuko atari akijyanye n’ibyaha bihari.
Ubutabera bwo mu Bwongereza, kuri uyu wa 18 Ukuboza 2015, burafatira umwanzuro Abanyarwanda batanu bahungiyeyo bashinjwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994.
Abunzi bo mu Karere ka Kayonza ngo ntibakijya gukemurira ibibazo mu baturage igihe kugera aho ikibazo kiri bibasaba ubushobozi bw’amafaranga.
Urukiko rwa TPIR rukorera i Arusha rwakatiye Pauline Nyiramasuhuko, wari Minisitiri w’Iterambere ry’umugore mbere ya Jenoside, igifungo cy’imyaka 47.
Abagore bari mu nama y’igihugu y’abagore ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba, baravuga ko hari amategeko akwiye kuvugurwa kuko agitambamira uburenganzira bw’abagore.
Abunzi bo mu Karere ka Kayonza baravuga ko amahugurwa bahawe na IRC yatumye bamenya amategeko bifashisha mu kunga Abanyarwanda.
Abahesha b’inkiko 100 batari ab’umwuga barahiriye kuzuza inshingano zabo, basabwe kudasiganira kurangiza imanza kuko biri mu bizitinza.
Abagize Komite z’Abunzi mu mirenge igize Akarere ka Ngoma bahawe amagari ngo ajye abafasha mu ngendo bajya kunga abagiranye amakimbirane.
Ministeri y’ubutabera (MINIJUST), iratangaza ko leta icunze neza imitungo yasizwe na beneyo kandi bakaba bayisubizwa mu gihe baramuka babonetse.
U Rwanda rurakomeza gusaba ibihugu bigicumbikiye abakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi, kubata muri yombi bagashyikirizwa ubutabera.
Urukiko Rwisumbuye rwa Ngoma rwatangaje ko Habakurama Wellars waregwaga kwica Nsengiyumva Iriniga ahamwa n’icyaha, ahita ahanishwa igifungo cya burundu.
Urukiko rw’ibanze rwa Kabarondo rwemeje ko abakozi b’ibitaro bya Rwinkwavu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wahaguye barekurwa by’agateganyo.
Abakozi b’Ibitaro bya Rwinkwavu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wari wagiye kubyarira muri ibyo bitaro baburanye ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Nyanza rwafunguye by’agateganyo Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, Kayijuka John, ukurikiranyweho ubufatanyacyaha mu kunyereza umutungo w’Akarere.
Umwanditsi w’Urukiko rw’Ibanze rwa Ruhuha, Ntakibagora Felicien, yatawe muri yombi nyuma ngo yo gufatirwa mu cyuho ahabwa ruswa n’umuturage.
Ubuyobozi bw’umujyi wa Kigali bwibutsa ko butazajenjekera abubaka mu kajagari, kuko ngo biteza Leta igihombo n’imibereho mibi ku baturage.
Bamwe mu bafungiwe muri gereza ya Nsinda bavuye ku izima bemera ibyo byaha banabisabira imbabazi, nyuma y’igihe bafungiwe ibyaha batemera.
Urukiko rwisumbuye rwa Huye rwakatiye umunyamabanga nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, John Habimana Kayijuka gufungwa ukwezi by’agateganyo.
Minisitiri w’Ubutabera Johnston Busingye aratangaza ko igitabo cy’amategeko ahana y’u Rwanda kigiye kuvugururwa, kuko hari ibyaha bisigaye bikorwa ntibibonerwe ibihano bigendanye.
Kuri uyu wa 10 Ugushyingo 2015, Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyanza, John Habimana Kayijuka, yagejejwe imbere y’urukiko rwisumbuye rwa Huye , ku ifunga n’ifungurwa ry’agateganyo.
Umwunganizi mu mategeko Bufaransa, Me Joseph Scipilliti mbere yo kwiyahura yarashe ukuriye urugaga rwabo ku bw’amahirwe ntiyapfa.
Abarembetsi batandatu bari bakurikiranyweho gutera Karamage Jean Bosco bakamusenyera bakanamusahura, bakatiwe imyaka itandatu ariko umwe agirwa umwere.
Minisiteri yUbutabera n’Ubushinjacyaha bukuru bamaganye amakuru avuga ko impapuro zo guta muri yombi Lt. Gen. Karenzi Karake zigifite agaciro.
Twahirwa Francois wigeze kuba Burugumestri wa komine Sake, yashinjwe n’abari abaturanyi be mu gihe cya Jenoside, ubwo yajyanwaga kuburanira iwabo.