Abadahuza amazina ari ku ndangamuntu n’ari ku mpamyabumenyi baragirwa inama yo kubikosoza

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi(NESA) giherutse gusaba abanyeshuri bose barangije amashuri yisumbuye mu mwaka 2022/2023 bafite ibibazo byo kudahura kw’imyirondoro bakoresheje mu gukora ibizamini hamwe n’iri ku ndangamuntu, ko babikosoza.

Umwe mu barangije ayisumbuye aherutse kugana ku biro bya Kigali Today agaragaza ko yahuye n'ikibazo cy'amazina ye yo mu ndangamuntu adahura n'ayasohotse ku rupapuro rw'amanota
Umwe mu barangije ayisumbuye aherutse kugana ku biro bya Kigali Today agaragaza ko yahuye n’ikibazo cy’amazina ye yo mu ndangamuntu adahura n’ayasohotse ku rupapuro rw’amanota

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Uburezi, Irere Claudette, mu kiganiro yatanze ubwo hasohokaga amanota y’abarangije amashuri yisumbuye, yavuze ko iki kibazo gikunze kubaho kandi ko giteza abantu kubura amahirwe abagenerwa.

Irere yagize ati "Dusigaye twifashisha cyane ikoranabuhanga, aho habaho guhererekanya amakuru, iyo basanze bidasa biteza ikibazo, usibye n’ibyo abateganya kujya kwiga hanze no muri Kaminuza zacu, iyo amazina adasa biteza ikibazo."

Irere asaba abanyeshuri bose bitegura kuzakora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye, gushaka indangamuntu hakiri kare, kandi mu kwiyandikisha bakabihuza neza n’amazina ari ku ndangamuntu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka