Abanyeshuri bo muri Afurika bagiye kujya bafashwa gushakisha amashuri hanze bakiga

Umuryango imbuto Foundation n’abafatanyabikorwa bawo mu bijyanye n’uburezi batangije amahugurwa agenewe abarezi bo ku mugabane w’Africa mu bijyanye no gufasha abanyeshuri gushaka buruse mu mashuri yo hanze.

Abarimu batangiye guhugurwa kugira ngo bajye bafasha abanyeshuri bigisha uko bahitamo amashuri yo muri Amerika
Abarimu batangiye guhugurwa kugira ngo bajye bafasha abanyeshuri bigisha uko bahitamo amashuri yo muri Amerika

Aya mahugurwa ahuriyemo abanyeshuri 150 baturutse mu bihugu 26 bari mu ishuri ryisumbuye ry’abakobwa rya Gashora (Gashora Girls School) riherereye mu Karere ka Bugesera.

Abarimo guhugurwa bavuga ari amahirwe azabafasha kumenya ibisabwa byose kugira ngo umunyeshuri agere ku rwego rwamuhesha kwiga mu mashuri meza yo hirya no hino ku isi.

Muri uyu mushinga, imbuto Foundation ifatanyije na Yale University, ishuri rikuru ryo mu Ntara ya Connecticut muri Leta zunze Ubumwe za Amerika hamwe n’imiryango itari iya Leta, Higher Life Foundation na Education Matters.

Ku ikubitiro hahuguwe abagera ku 150
Ku ikubitiro hahuguwe abagera ku 150

Kugeza ubu abanyeshuri 69 batangiye gufashwa kubona amashuri binyuze muri uyu mushinga, muri bo 38 bamaze kurangiza amashuri yisumbuye ndetse bakaba baranabonye buruse muri Amerika, Canada, Ghana no muri Kaminuza zo mu Rwanda.

Abasigaye 31 nabo bazarangiza amashuri yisumbuye uyu mwaka, abayobozi ba Imbuto bakaba bizera ko nabo bazabona buruse hanze no mu Rwanda.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka