Nyuma y’imyaka ibiri ahagaritse amashuri kubera amikoro n’uburwayi bw’ababyeyi be, Josiane Uwimana w’imyaka 18 utuye mu karere ka Rutsiro agiye gusubira mu ishuri abifashijwemo n’ubuyobozi bw’akarere.
Abanyeshuri bafashwa kwiga amashuri yisumbuye n’umushinga Partners In Health, Inshuti Mu Buzima bo mu karere ka Burera baratangaza ko uwo mushinga wabafashije cyane kuko iyo batawugira bari kuba baravuye mu ishuri.
Ubushakashatsi bwakozwe n’umuryango Plan Rwanda mu karere ka Bugesera bwagaragaje ko abana 55 mu myaka itatu ishize bacishirije amashuri kubera gutwara inda zitateganyijwe, by’umwihariko mu murenge wa Mayange ni 28 mu mashuri ane.
Intore 1735 ziri ku rugerero ku ma site ya Nyarurena, Rukomo n’iya Nsheke mu murenge wa Nyagatare, mu karere ka Nyagatare ziratangaza ko urugerero ari amahugurwa bazungukiramo byinshi.
Ubwo yatangizaga itorero ry’igihugu ku banyeshuri barangije amashuri yisumbuye mu Karere ka Gisagara, Minisitiri Mussa Fazil Harerimana, yatangaje ko itorero ari amahirwe menshi ku barijyamo kuko higirwa inzira y’ubuzima bw’Umunyarwanda nyawe bityo bakaba bakwiye kubyaza umusaruro inyigisho barihererwamo.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Alphonse Munyantwali, yatangije ku mugaragaro itorero ry’abanyeshuli barangije amashuli yisumbuye mu mwaka w’amashuli wa 2013 baturuka mu mirenge itandukanye y’akarere ka Nyanza.
Ubuyobozi bw’amashuri mu karere ka Rubavu bwashyizeho gahunda zifasha abana mu kiruhuko aho kujya mu miryango bakabura icyo gukora bakazerera, abandi bakajya ku kiyaga cya Kivu bashobora gukora impanuka zo kugwa mu mazi.
Abasoje amashuri yisumbuye muri uyu mwaka bagera ku 1200 batangiye itorero ry’igihugu mu ishuri rya TTC Mbuga riherereye mu murenge wa Uwinkingi no mu ishuri ry’ubumenyi rya Nyamagabe (ES Nyamagabe) ribarizwa mu murenge wa Gasaka mu karere ka Nyamagabe.
Uwambajemariya Florence, umuyobozi wungirije w’akarere ka Burera, ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, arashishikariza urubyiruko rwo muri ako karere guharanira icyabateza imbere biga bashyizeho umwete, batava mu ishuri kuko aribo bazaragwa u Rwanda.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) igaragaza ko ireme ry’uburezi rigomba kuvugururwa kugira ngo abanyeshuri bajye basoza amasomo bashoboye guhangana n’abandi ku isoko ry’umurimo, haba mu gihugu cyangwa mu ruhando mpuzamahanga.
Bitewe n’umutekano muke uri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, abarimu bigishaga mu karere ka Nyabihu baniga muri Congo, basabwe kureka kujyayo ku mpamvu z’umutekano wabo.
Ikigo k’igihugu gishinzwe gukwirakwiza imyuga n’ubumenyingiro (WDA) gifatanyije n’abahanzi batandukanye bakoze igitaramo cyo gushishikariza Abanyarusizi kwitabira imyuga kuko ngo ubumenyi ngiro ariwo musemburo w’iterambere.
Ishuri ry’ubumenyi ngiro mu ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) hamwe n’ikigo cy’igihugu cy’iterambere (RDB) batangije igikorwa cyo gukangurira kwihangira imirimo rukava mu bushomeri.
Abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye bari muri clubs zirengera ibidukikije bateye ibiti bisaga 200 ku nkengero z’umuhanda werekeza mu mujyi wa Karongi. Igikorwa bafashijwemo n’umuryango “Inshuti z’Ibidukikije Amis de la Nature (ANA).
U Rwanda ruzakira inama mpuzamahanga y’iminsi ibiri ku matariki ya 14-15/11/2013 i Kigali izaba yiga ku buryo ibihugu 27 birimo n’u Rwanda byakwihuriza hamwe kugira ngo bijye bihana amakuru agezweho mu burezi hagamijwe kuzamura ireme no guteza imbere inyigisho.
Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda iratangaza ko gufasha abakiri bato gukurikira amasomo abereye n’ubushobozi bwabo bikiri hasi mu Rwanda. Ariko ikemeza ko hari gahunda igiye gutangira izajya ifasha buri munyeshuri gusobanukirwa n’ubushobozi bwe akiri mu mashuri yo hasi.
Ishuli rikuru ry’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba, IPRC EAST ryatashye ku mugaragaro icyumba cy’ikoranabuhanga kirimo mudasobwa n’ibindi bikoresho byaguzwe ku bufatanye n’ikigo cy’igihugu cya Koreya gishinzwe ubufatanye mpuzamahanga KOICA.
Tuyisenge Theonime w’imyaka 19 y’amavuko ntarimo gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye nyuma yo gukora impanuka yatewe n’umuvuduko w’imodoka tariki 04/11/2013.
Umwarimu witwa CITO Sylvestre yafatiwe muri Local ya 16 mu kigo cy’ibizamini cya Lycée ya Nyanza mu karere ka Nyanza akekwaho gukopeza umunyeshuli mu kizamini cya Leta cy’isomo ryo kwihangira imirimo (Entrepreneurship).
Nyuma y’amezi 4 umushinga Imbuto Foundation utangije gahunda ya “mubyeyi terintambwe Initiative” igamije guca ikibazo cy’abana bata amashuri, ubu uwo mushinga urimo kuganira n’ababyeyi ku mpamvu zitera abana guta ishuri no kuzikumira.
Ministeri y’uburezi (MINEDUC) yishimiye inkunga y’ikigo cy’itumanaho cya Airtel, cyiyemeje kujya gitanga ubufasha bwa buri mwaka bwo gusana no kongera iby’ibanze bikenerwa ku mashuri, gihereye ku ishuri ribanza rya Nyirarukobwa mu karere ka Bugesera.
Itsinda ry’abadepite 4 bayobowe na Honorable Kaboneka Francis bafashe akanya ko kuganiriza urubyiruko rw’abakobwa bo mu ishuri ryisumbuye rya Gashora Girls Academy of Science and Technology, riri mu karere ka bugesera ku mateka yaranzwe u Rwanda n’Abanyarwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko mu mihigo y’umwaka 2013-2014 bazubaka “Dortoire” y’abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri cya E.S. Kirambo, yibasiwe n’inkongi y’umuriro igashya igakongoka.
Mu gikorwa cyo gutangiza siporo ya bose ku rwego rw’intara y’uburasirazuba cyatangirijwe mu karere ka Nyagatare, uhagarariye imikino imikino muri minisiteri ya siporo n’umuco, Bugingo Emmanuel, yasabye kaminuza n’andi mashuri makuru mu gihugu kwimakaza ndetse bikongera ingufu mu mikino ngororamubiri.
Urubyiruko rufashwa kwiga ubumenyi ngiro mu myuga itandukanye ikorerwa mu turere twa Huye na Gisagara, ruratangaza ko ibyo rwungukira mu bumenyi bahabwa n’ababigisha, bubafasha kugira icyizere cyo gutera imbere.
Kuva tariki 14-24/10/2013, mu karere ka Nyabihu hatangiye igikorwa cyo gushishikariza abana barangije amashuri yisumbuye ku bigo 14 kuzitabira itorero ry’igihugu ngo bakomeze gutozwa umuco, ubupfura n’indangagaciro ziranga Umunyarwanda.
Abarezi bo mu Murenge wa Nyagatare barasabwa kurushaho kuzirikana indagaciro zabo za kinyamwuga,ngo kuko arizo zizabafasha abo barera kugira ejo heza hazaza, nk’uko babisabwe na Alcade Kamanzi, umuyobozi wa Njyanama y’Akarere ka Nyagatare, ubwo abarezi bizihizaga umunsi mukuru wabo mumurenge wa Nyagatare.
Anathaliya Nyiraminani, umukobwa w’imyaka 15 y’amavuko afite ubumuga bwo kutumva no kutavuga, icyakora ntibimubuza kwicarana n’abandi ku ntebe y’ishuri agakurikira amasomo, akaba yizeye kuzigirira akamaro no kukagirira igihugu.
Umushinga Plan International Rwanda wamurikiye akarere ka Bugesera ishuri ry’ikitegererezo wubatse murwego rwo gushimangira uburezi bw’ibanze kandi bufite ireme.
Abadepite basaga 20 bo mu nteko ishinga amategeko yo mu gihugu cya Kenya bakoreye urugendo shuri mu ishuri ribanza rya Gahini mu karere ka Kayonza bagamije kureba imikorere ya gahunda ya mudasobwa imwe ku mwana (One laptop per child).