Kaminuza ya INILAK yatangije igikorwa cy’itorero ry’igihugu ku banyeshuri bose bahiga. Itorero ry’iyi kaminuza ryiswe “INTAGAMBURUZWA ZA INILAK,” rigamije kugarura indangagaciro z’Ubunyarwanda n’ubunyangamugayo mu banyeshuri.
Ubwo yatangizaga gahunda yo kugaburira abana biga mu mashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12, mu bigo 42 byo mu karere ka Kamonyi, Minisitiri w’Uburezi Dr Vincent Biruta, yavuze ko kuba iyi gahunda yarashobotse ku Kamonyi, ari igihamya cy’uko n’ahandi izashoboka.
Abanyeshuri biga mu kigo cy’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 cya Butete kiri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, batangaza ko gahunda bashyiriweho yo kujya bagaburirwa ku ishuri ku manywa (School Feeding) igiye kubafasha mu myire yabo.
Kuva mu 2008 kiliziya Gatorika yashyizeho gahunda y’icyumweru cy’uburezi Gatorika kugirango abarebwa n’uburezi bazirikane uruhare rw’indangagaciro nkirisitu n’izishingiye ku muco nyarwanda, hagamijwe kurera Umunyarwanda ubereye u Rwanda na Kiliziya.
Mu gihe bamwe mu baturage b’umudugudu w’Umusaraba akagali ka Gakoma umurenge wa Mimuli mu karere ka Nyagatare bavuga ko abana babo bacikishiriza amashuli kubera ko biga kure, ubuyobozi bwo buvuga ko amashuli atari kure ahubwo bakwiye kwita ku bana babo bakurikirana imyigire yabo.
Ibarura ryakozwe n’Umuryango FCYF (Fair Children/Youth Foundation) muri uyu mwaka rigaragaza ko mu Karere ka Musanze hari abana 841 bafite ubumuga bwo kutumva no kutavuga bugarijwe n’ikibazo cyo kubona uburyo bwo kwiga.
Abanyeshuri basaga 2000 biga mu mashuri yisumbuye ya IJW Kibogora (Institut JohnWesley) na GSFAK (Groupe Scolaire Frank Adamson de Kibogora) barasabwa buri gihe gushyira imbere amasomo bahabwa bakabifatanya no gushyira imbere indangagaciro nyarwanda zirimo kugira ibyo baziririza nk’abana b’Abanyarwanda bakazubaka u Rwanda (...)
Abantu bakuze 319 barimo abagabo 23 bo mu nkambi y’impunzi ya Kigeme bashyikirijwe inyemezabumenyi zabo nyuma yo kwigishwa kubara, gusoma no kwandika n’umuryango wa Bibiliya mu Rwanda.
Ibigo 42 bifite amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 9 na 12 yatangiye guha abana amafunguro ya saa sita. Ababyeyi, abarezi n’abanyeshuri, bose ngo basanga iyi gahunda izafasha mu kwiyongera ku ireme ry’uburezi butangirwa muri aya mashuri.
Ubuyobozi bw’akarere ka Rwamagana burahumuriza urubyiruko rwiga imyuga ko byoroshye kubona akazi kuri bo no kukihangira kandi ko bafite n’amahirwe yo kwishyira hamwe mu makoperative, bakabasha kuronka ku mafaranga yagenewe guteza imbere imishinga y’urubyiruko.
Rumwe mu rubyiruko rw’abanyeshuri bo mu Karere ka Gakenke batangaza ko babona amahirwe mukwihangira umurimo, kuko usanga bibarinda ubushomeri mu gihe barangije kwiga, ariko ugasanga bakibangamiwe n’uko benshi muri bo bibanira n’amikoro macye.
Urubyiruko rurakangurirwa kwiga amasomo y’imyuga ngo kuko ni ryo pfundo iterambere ry’igihugu ryubakiyeho, kandi bikaba amahirwe y’umwihariko ku wize imyuga kuko adashobora kubura akazi.
Umuyobozi w’ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro ryo mu Ntara y’amajyepfo (IPRC-South), Dr. Barnabé Twabagira, avuga ko mu rwego rwo kwitegura imikino ya CAN izabera no mu Karere ka Huye mu mwaka wa 2016, hari amasomo bazigishiriza ubuntu mu gihe cy’amezi abiri.
Abanyeshuri biga mu rwunge rw’amashuri rwa St Nicolas Cyanika ruri mu murenge wa Cyanika mu karere ka Nyamagabe, baratangaza ko ubujyanama bahabwa n’umushinga ugamije gukumira ko abana b’abakobwa bata ishuri (Keep Girls at school/KGAS) buri kugenda butanga umusaruro haba mu guhangana n’impamvu zatuma batwara inda (...)
Ikigo cya Leta gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro no kwigisha imyuga (WDA) kibinyujije mu kigega gishinzwe guteza imbere ubumenyingiro (Skills Development Fund/SDF) cyatangije icyiciro cya kane cyo gusaba amafaranga yo guhugura Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi mu bijyanye n’imyigishirize y’imyuga n’ubumenyi ngiro.
Masengesho Ismael wari umucungamutungo w’urwunge rw’amashuri rwa mutagatifu Dominiko Saviyo rwa Nyamugari yasabwe kujya kwigisha mu rwunge rw’amashuri rwa mutagatifu Yohani Bosco rwa Shangi, nyuma y’uko basanze yari afite imyitwarire idakwiye mu kazi yakoraga harimo gusuzugura ubuyobozi , inyandiko mpambano no gukererwa akazi.
Bamwe mu rubyiruko rutuye umurenge wa Mpanga ho mu karere ka Kirehe ruvuga ko rufite ubushake bwinshi bwo kwiga imyuga ariko rugahura n’imbogamizi zuko amashuri yigisha imyuga atarabageraho aho batuye mu cyaro.
Abahinzi b’icyayi bibumbiye muri koperative “Coopte Mulindi” bashyikirije ku mugaragaro amashuri yasaniye urwunjye rw’amashuri rwa Mulindi ku nkunga ya miliyoni zisaga 26.
Ubwo hatahwaga icumbi ry’abarimu bigisha kuri G.S Cyabayaga mu murenge wa Mimulimu karere ka Nyagatare kuri uyu wa 21 Gicurasi, abarimu bizeje ko umusaruro w’amasomo uziyongera ndetse n’ayo bakoreshaga mu bukode yakoreshe indi mishinga yabateza imbere.
Abakozi biga muri za kaminuza zo mu mahanga bagiriwe inama n’abayobozi bo mu karere ka Nyamasheke mu buryo bakwigamo hanze y’igihugu kandi bakarushaho kuba umusaruro ku Rwanda ariko ibyo ntibireba abayobozi bafite inshingano zo kwita ku baturage umunsi ku munsi nk’abanyamabanga nshingwabikorwa.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko bugiye gutangiza ikigo kigisha imyuka (TVET) kizafasha urubyiruko rutandukanye rwo muri ako karere gukora indi mirimo idashingiye ku buhinzi.
Itorero ADEPR, ribifashijwemo n’umushinga USAID Ejo heza, ryatangije igikorwa cyo kwigisha abantu bakuru kwandika, gusoma no kubara hifashishijwe telephone zigendanwa. Iki gikorwa cyatangijwe tariki 6/5/2014 nyuma y’amezi atatu kigeragejwe bagasanga bitanga umusaruro ufatika.
Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke butangaza ko nta muntu n’umwe wemerewe kujya kwiga muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo kubera impamvu nyinshi zirimo umutekano w’igihugu, impamvu z’uburezi buhatangirwa, umuco n’ibindi.
Mu muhango wo gusabana kw’abakozi b’akarere ka Nyamasheke, ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 2/5/2014, mu nzu mbera byombi y’akarere, umuyobozi w’akarere yasabye abarimu kwima amatwi umwanzi urekereje ngo ahindure imitima yabo.
Umuyobozi w’agateganyo w’Ishuri rikuru ryigisha imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’iburasirazuba (IPRC East) Ing. Euphrem Musonera arahamagarira abakozi kurushaho gutanga services nziza kandi ku gihe kugirango iri shuri rirusheho kugera ku ntego zaryo.
Minisitiri w’Ubutegetsi w’Igihugu, James Musoni, yabwiye Abanyamusanze ko abantu bashaka kongera ubumenyi hanze y’igihugu bari mu kazi bagomba kubisabira uruhusa ababakuriye mu kazi kuko bashobora kuba bajyanwa n’izindi gahunda.
Itorero “Evangelical Restauration Church” mu karere ka Rwamagana, kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 23/04/2014 ryatanze inkunga y’ibikoresho bifite agaciro k’amafaranga miliyoni 7 n’ibihumbi 500 ku banyeshuri batishoboye bo muri aka karere basanzwe bafashwa n’Umuryango Compassion International.
Georgette Umuringa wahoze ari umwarimu mu gihe cya Jenoside atangaza ko aterwa ipfunwe kubera uburezi bwa mbere ya Jenoside yakozemo, bwavanguraga abanyeshuri bugendeye ku moko yagejeje igihugu kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Abanyeshuri biga mu kigo cya Saint Paul international School bageneye inkunga igizwe n’ibiribwa n’imyenda abanyarwanda birukanwe muri Tanzania bari mu karere ka Ngoma mu murenge wa Zaza.
Umuyobozi w’itorero ry’igihugu, Rucagu Boniface, atangiza itorero muri Kaminuza yigenga ya ULK ishami rya Gisenyi taliki 02/04/2014 yatangaje ko ULK ishimirwa kuba intangarugero mu gutangiza Kaminuza yigenga mu Rwanda bijyanye n’indangagaciro z’Ubunyarwanda.