Ikizamini cya Leta cya nyuma yagikoreye mu bitaro

Umunyeshuri witwa Iradukunda Emmanuel wo mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera, yakoreye ikizami cya leta cy’Icyongereza mu bitaro by’Ikigo Nderabuzima cya Mayange.

Uyu munyeshuri yakoreraga ikizami mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera
Uyu munyeshuri yakoreraga ikizami mu Murenge wa Mayange mu Karere ka Bugesera

Yajyanywe muri ibi bitaro nyuma yo gufatwa n’uburwayi butunguranye agiye gutangira gukora iki kizami cya nyuma gisoza amashuri abanza, kuri uyu wa Kane tariki ya 3 Ugushyingo 2016.

Gashumba Jacques ushinzwe uburezi muri aka Karere, yavuze ko uyu mwana yakoreraga ikizamini muri GS Kamabuye iri muri uyu Murenge.

Uyu mwana ngo yinjiye mu kizami nta kibazo cy’uburwayi agaragaza, ariko hashize akanya gato atangiye gukora ikizamini yahise afatwa n’uburwayi, atangira kuruka.

Yagize ati “Twihutiye kumujyana kwa muganga bamupimye bamusangamo malariya, bahita bamutera umuti umugabanyiriza umuriro no kuruka,nyuma y’isaha imwe twahise tumuha ibyo yakoreragaho akomeza ikizamini”.

Uyu muyobozi avuga ko yashoje ikizamini nta kindi kibazo agize, gusa akaba akiri mu bitaro yitabwaho ku buryo bishoboka ko atarara mu bitaro ngo kuko yatangiye koroherwa.

Gashumba avuga ko usibye uburwayi bw’uwo mwana, ibizamini bisoza amashuri abanza muri rusange byashojwe neza, naho ubwitabire bwabaye 95%.

Avuga ko 5% batabashije gukora iki kizami, kubera impamvu zitandukanye zirimo abimutse muri ako gace, abaretse ishuri bakajya gushaka amafaranga n’abandi batagaragaza impamvu bagize.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

ndashaka amanota mfite kuri iyi code

Hitayezu Janvier yanditse ku itariki ya: 24-12-2016  →  Musubize

Umuyobozi muzima aratinyuka akavugako hari abana mu karere kabo bajya gushaka FRS ntibige?ubwose ibyo President yabuze ntabyo yumvaga

dede yanditse ku itariki ya: 28-11-2016  →  Musubize

Uwo Mwana Yihangane Azabitsinda.

Donath yanditse ku itariki ya: 14-11-2016  →  Musubize

Malaria Yongeye Kwaduka Gusa Ikibazo Cyamituel Nacyo Nikibayo Kuyibona Uretseko Nabazifite Kubona Umuti Ukomeye Ninzozi.

Habimana yanditse ku itariki ya: 4-11-2016  →  Musubize

uwo mwana yihangane gusa abamukosora bazamwibuke...

Modeste E. Ngenzi yanditse ku itariki ya: 3-11-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka