Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko nubwo hari ibibazo bikigoranye mu kubaka ibyumba by’amashuri, ukwezi kwa Nzeri 2020 kuzagera ibyo byumba byuzuye.
Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) yabujije inzego z’ibanze gusaba cyangwa gutegeka abaturage gutanga amafaranga yo kubaka ibyumba by’amashuri, ivuga ko Leta ifite ingengo y’imari yagenewe kubaka ibyo byumba.
Bamwe mu Badepite bagize Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda bagaragaje impungenge ko abanyeshuri nibatangira kwiga muri Nzeri, bashobora kuzanduzanya icyorezo cya Covid-19.
Inama Nkuru ishinzwe Amashuri Makuru (HEC) irateganya gushyiraho amabwiriza akakaye ku bashoramari bateganya gushinga kaminuza zigenga n’amashuri makuru mu rwego rwo kuzamura ireme ry’uburezi muri ibyo bigo.
Akarere ka Nyaruguru kabimburiye utundi turere two mu Rwanda mu kuzuza ibyumba by’amashuri byubatswe ku nkunga ya Banki y’Isi.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi (REB) gitangaza ko ku itariki ya 14 Nyakanga 2020, abarimu bashaka kujya muri uwo mwuga bazakora ibizamini by’akazi. Ibyo ni ibyatangajwe n’Umuyobozi mukuru wa REB, Dr Irénée Ndayambaje, ubwo yari mu kiganiro ‘Ubyumva Ute’ kuri KT Radio kuri uyu wa Kane tariki ya 9 Nyakanga 2020, akaba (...)
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje ko kaminuza ebyiri ari zo Christian University of Rwanda na Indangaburezi College of Education zambuwe uburenganzira bwo gukora kuko hari ibyo zananiwe kuzuza kugira ngo zikore mu buryo bwemewe n’amategeko.
Kaminuza imwe yo mu Mujyi wa Kigali ndetse n’indi yo mu Karere ka Ruhango mu Ntara y’Amajyepfo zishobora kwamburwa ibyangombwa, nk’uko amakuru agera kuri Kigali Today aturuka muri Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatanzwe n’umuntu utashatse ko amazina ye atangazwa abivuga.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yafunze burundu Kaminuza yigenga ya UNIK yo mu Karere ka Ngoma mu Ntara y’Iburasirazuba (yahoze yitwa INATEK), nk’uko bigaragara mu rwandiko iyo Minisiteri yasohoye kuri uyu wa 30 Kamena 2020.
Ibigo by’amashuri yigenga bitarimo guhemba abarimu muri iki gihe abanyeshuri batiga, ntibyitabira gufata inguzanyo muri Koperative Umwalimu SACCO ngo bigoboke abarimu babyo kandi hari uburyo byashyiriweho bubyorohereza kubona ayo mafaranga.
Mu Karere ka Nyaruguru hari ababyeyi bishimiye ibyumba by’amashuri 600 byatangiye kuhubakwa, kuko ngo bizatuma abana babo biga nta bucucike, bityo babashe kumenya.
Abanyeshuri bagiye kumarana n’ababyeyi babo amezi abarirwa muri atandatu bitewe n’icyorezo cya COVID-19 cyabangamiye uburezi mu Rwanda. Mu gihe Leta ihanganye n’icyo cyorezo, ikomeje no gushaka igisubizo ku kibazo cy’ubucucike mu mashuri aho muri Nzeri hagomba kuba huzuye ibyumba by’amashuri 22,505.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) ivuga ko ibyumba by’amashuri birenga ibihumbi 22 birimo kubakwa hirya no hino mu gihugu bikeneye umusanzu w’amafaranga cyangwa umuganda bivuye kuri buri Munyarwanda cyangwa inshuti y’u Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyarugenge buvuga ko gahunda ya Minisiteri y’Uburezi yo kubaka ibyumba by’amashuri birenga ibihumbi 22 (bitarenze ukwezi kwa Nzeri 2020), izaca ikibazo cy’ubucucike n’urugendo rurerure byatumaga abana bata ishuri.
Minisiteri y’Uburezi iratangaza ko ibyumba by’amashuri biri kubakwa hirya no hino mu gihugu bizagabanya ubucucike mu mashuri kugeza ku gipimo cya 60%. Ni ibyumba by’amashuri bibarirwa mu bihumbi 22 biri kubakwa hirya no hino mu gihugu.
Nyuma y’uko icyorezo cya COVID-19 gikomeje guhangayikisha abatuye isi, zimwe muri serivise zigafungwa mu rwego rwo kwirinda ikwirakwira ry’icyo cyorezo, mu bigo byibasiwe n’ingaruka z’icyo cyorezo birimo n’amashuri Makuru na za Kaminuza.
Abahagariye amashuri yigenga mu Rwanda bavuze ko batazapfa kwihutira gufatira abarimu babo inguzanyo igomba kubatunga muri ibi bihe, bitewe no kutizera ko aba barimu bazakomeza kubakorera mu gihe amashuri azaba yongeye gutangira.
Minisiteri y’Uburezi yatangiye kubaka ibyumba bisaga 22.000 bigomba kuba byuzuye mu mezi atatu ku buryo ukwezi kwa Nzeri 2020 abana bazatangira kubyigiramo.
Nyuma y’aho byemerejwe ko amashuri azafungura mu kwezi kwa Nzeri 2020 kugira ngo hirindwe icyorezo cya Covid-19, abarimu bigishaga mu mashuri yigenga basabye Leta igisimbura imishahara bahembwaga.
Bamwe mu bayobozi ba Kaminuza n’Amashuri makuru yigenga mu Rwanda, barasaba Leta guteganya uburyo abakozi b’izo Kamunuza babaho muri ibi bihe bya COVID-19 basaba gukurirwaho imisoro.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga Kayitare Jacqueline aratangaza ko ababyeyi barerera mu kigo cy’ishuri ‘Ahazaza Center’ badakwiye guhangayikira uburezi bw’abana babo kuko ikibazo bafitanye n’ubuyobozi bw’iryo ishuri cyatangiye kugikurikirana.
Abanyeshuri 123 biga mu mashami anyuranye muri INES-Ruhengeri bari barabuze uburyobwo gutaha iwabo mbere ya gahunda ya Guma mu rugo, bafashijwe gusubira mu miryango yabo.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri mpuzamahanga bikorera mu Rwanda bavuga ko barimo kwifashisha ikoranabuhanga mu gutanga amasamo. Ni umwanzuro bafashe nyuma y’uko bemerewe gukomeza kwigisha, mu gihe ibigo by’amashuri bikoresha porogaramu y’igihugu byo byahagaritse amasomo bikazayasubukura mu kwezi kwa Nzeri 2020, bitewe (...)
Umunyamabanga Mukuru wa Sendika y’abarimu bakora mu bigo by’amashuri yigenga n’abakozi babikoramo (SYNEDUC), Abdon Faustin Nkotanyi, avuga ko bamaze kumenya ibigo 20 byamaze gusubika amasezerano y’akazi ku bakozi babyo biganjemo abarimu.
Abanyeshuri bari mu ngo iwabo kubera icyorezo cya Covid-19 bagombye kuba barimo kwiga, bavuga ko guhagarika amashuri byabababaje kuko batakaje umwaka, ariko bakemeza ko byari ngombwa kuko icya mbere ari ubuzima.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) iratangaza ko ababyeyi bazongera bakishyura bundi bushya amafaranga y’ishuri y’igihembwe umwaka w’amashuri wongeye gutangira muri Nzeri 2020.
Inama y’Abaminisitiri yateranye ku wa kane tariki 30 Mata 2020, igamije kureba uko icyorezo cya Coronavirus gihagaze mu gihugu no kuba hari ibyahinduka ku ngamba zari zihari zo kuyirinda, yemeje ko amashuri mu gihugu cyose akomeza gufunga.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu yatangaje ko ikibazo cy’abarimu b’ibigo byigenga, Minisiteri y’Uburezi irimo kugitekerezaho, naho ku bantu barimo bafasha kubera kudakora ngo imibare y’abafashwa igiye kugabanuka.
Bamwe mu bakozi bakoreye ku rwunge rw’amashuri rwa Kabare ruherereye mu Murenge wa Rwempasha mu Karere ka Nyagatare, baravuga ko bamuwe umushahara w’amezi abiri, bigatuma banasezera akazi.
Ikigo cy’igihugu cyita ku burezi REB gitangaza ko kigiye kwiyambaza ibitangazamakuru nka Radiyo na televiziyo kugira ngo abana batabasha kwiga mu buryo bw’iyakure bwashyizweho, na bo bakurikire amasomo.