Kaminuza 12 zo mu Birwa bya Maurice, zizaza gukangurira abanyeshuri bo mu Rwanda kuzigana.
Bamwe mu banyeshuri biga mu mashuri y’imyuga mu Karere ka Gatsibo, batangaza ko bagihura n’ikibazo cy’amazi adahagije, bikabangamira amasomo yabo.
Amarerero rusange afasha ababyeyi gukora imirimo y’urugo badahangayikiye abana, kuko baba bafitiye icyizere uburere bari buhabwe n’abandi babyeyi baba babasigaranye.
Ubuyobozi bw’Ikigo kigisha imyuga kikanagorora urubyiruko rwangiritse cya Iwawa buratangaza ko kuba bamwe mu bajyayo baba batazi gusoma no kwandika bidindiza amasomo bahabwa.
Miss Kwizera Peace, igisonga cya mbere cya Nyampinga 2016, agiye kumurika igitabo yanditse gikangurira abana gusoma no gukunda umurimo bakiri bato.
Bamwe mu bana bo Mudugudu w’Icyitegererezo mu Murenge wa Rweru mu Bugesera watujwemo abimuwe mu birwa bya Mazane na Sharita ntibarasubira ku ishuri.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango bwiyemeje ko, ku bufatanye n’ababyeyi, uyu mwaka wa 2016 uzasiga ikibazo cy’abana bata ishuri cyarabaye amateka.
Abaturage bo mu Karere ka Nyabihu bavuga ko bashimishijwe n’uko ishuri ry’imyuga Perezida Kagame yabemereye rigiye kubakwa.
Bamwe mu babyeyi n’abarezi bo muri Karongi bavuga ko basanga gahunda yo kuba buri munyeshuri afite mudasobwa itoroheye buri wese.
Akarere ka Karongi gatangaza ko gasanga uburyo bushya bwo gukorera ku mihigo ku barimu ndetse n’abayobozi babo bizatanga umusaruro mwiza.
Ababyeyi bo mu Kagari ka Kanyove mu Karere ka Nyabihu barashimira RDB yabaruhuriye abana kwigira mu mashuri ava.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko bufite abaturage ibihumbi 37 batazi gusoma no kwandika, hakaba gukorwa ibishoboka bagakurwa mu bujiji.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi butangaza ko mu banyeshuri 4278 bari bataye ishuri mu myaka y’amashuri ya 2015 na 2016, hakiri 827 batarabasha kurisubizwamo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasabwa imbaraga zidasanzwe mu mashuri y’incuke kugira ngo umwaka wa 20016-2017 usige bageze ku kigereranyo cyifuzwa ku mubare wayo.
Abanyeshuri biga ku rwunge rw’amashuri rwa Muhoza ya II mu Karere ka Musanze bahangayikishijwe no kwirukanirwa amafaranga y’agahimbazamutsi ka mwarimu.
Abanyeshuri 10 b’Abanyarwanda bahawe amahirwe yo kujya kwiga muri kaminuza zo mu Buyapani babwiwe ko bitezweho kuzagarukana udushya mu ikoranabuhanga.
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yavuze ko mu Rwanda hagiye gutangira Ishuri Mpuzamahanga ry’Ubugenge rikaba ryitezweho kuzamua ireme ry’uburezi kuko rizibanda cyane ku bushakashatsi.
Abaturage baturiye parike y’igihugu ya Nyungwe bavuga ko ubujiji ari imwe mu ntwaro zatumaga bangiza ishyamba n’urusobe rw’ibinyabuzima bigize ishyamba rya Nyungwe.
Abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ryigisha ubumenyigiro rya Musanze baratangaza ko kumara amezi abiri batabona buruse hari abo byatumye bata ishuri.
Kayiganwa Venantie, Umunyarwandakazi uba mu Bubiligi, arimo kubaka ibyumba by’amashuri by’agaciro kabarirwa muri miliyoni 300FRW yitura ikigo cy’amashuri abanza yizeho.
Rujara Pierre nyuma yo kwiga amashuri yisumbuye akuze asekwa na benshi,arishimira ko yabonye buruse yo kwiga kaminuza.
Abana mu nkambi ya Mahama bemeza ko ururimi rw’Icyongereza ruri mu bituma bamwe bava mu ishuri kuko iwabo i Burundi bari bamenyereye kwiga mu rurimi rw’Igifaransa.
Abarangije muri Kaminuza y’Ikoranabuhanga n’Ubugeni ya Byumba (UTAB) barangizanyije umugambi wo kwihangira imirimo barwanya ubushomeri bakorana na ma banki.
Bamwe mu babyeyi barerera ku kigo cy’amashuri abanza cya Gatebe muri Nyagatare, bavuga ko iyo RDB itabubakira amashuri nta mwana wari kwiga.
Abarimu bo mu Karere ka Rutsiro batangaza ko mudasobwa bagiye guhabwa ku nguzanyo na ASID (African Smart Investment Distribution) zizabafasha kunoza akazi kabo.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yateguje ibihumbi birenga umunani by’abarangije muri Kaminuza y’u Rwanda, ko bagiye kwiga irindi shuri ryo guhatanira imirimo.
Ababyeyi bo mu Karere ka Nyabibu bibukijwe gukurikirana abana babo mu biruhuko, nyuma y’uko habonetse abana batanu batwariye inda mu mashuri.
Abiga mu ishuri ribanza rya Gitantu, mu Murenge wa Gasaka bishimira ishuri begerejwe ariko ariko bakavuga ko bidahagije kuko abanyeshuri bagicucikiranye.
Kaminuza y’Ubukerarugendo na Businesi (UTB yahoze ari RTUC) ifite gahunda yo gufasha abanyeshuri bayigamo gutinyuka isoko ry’umurimo, ibinyujije mu marushanwa y’ubwiza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rutsiro buranenga abayobozi bashinzwe uburezi mu mirenge(Sector Education Officer)kudakora inshingano bahawe zo gukora ubugenzuzi ku bigo by’amashuri.