Perezida wa Repubulika, Paul Kagame avuga ko yashimishijwe n’imyigishirize ya Kaminuza ya gikirisitu ya Oklahoma(muri Amerika), ndetse n’inyuturano y’abayizemo.
Abarezi b’ibigo byo mu Karere ka Gicumbi, bituranye n’igice gihana imbibe na Uganda, bahura n’imbogamizi z’abana bakura bavuga Igikiga, bigatuma gutangira amashuri bibagora kuko akurikiza gahunda ya Minisiteri y’Uburezi kandi iri mu Kinyarwanda. Umva inkuru hano:
Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yahagaritse itegurwa ry’amarushanwa y’ubwiza mu mashuri y’incuke, abanza n’ayisumbuye kugira ngo atabangamira imyigire y’abanyeshuri.
Leta y’ U Rwanda irimo gushakisha imiryango irenga 1000 yifuza kwakira abana bamaze imyaka ine mu bigo by’impfubyi barabuze imiryango ibakira ngo ibarere.
Urwego rushinzwe uburezi mu Karere ka Ngoma rutangaza ko muri ako karere hakigaragaramo ubucucike bw’abanyeshuri mu mashuri bigatuma badakurikira neza amasomo.
Abanyeshuri baba mu Nkambi ya Kigeme i Nyamagabe bahamya ko imfashanyo y’ibikoresho by’ishuri bahawe izabafasha kurushaho kwiga bashyizeho umwete.
Abayobozi b’ibigo by’amashuri byo muri Ngororero barakangurirwa kugira isuku mu bigo byabo kuko aho bizagaragara ko hari umwanda umuyobozi w’icyo kigo azirukanwa.
Abatozwa b’impeshakurama za Minisiteri y’ubuzima muri Muhanga barifuza ko itorero ryamanuka rikagera no ku bana b’imyaka 10 kugira ngo bazakurane umuco w’ubutore.
Manzi Aimée Praise yahembwe imodoka na se umubyara, amushimira gutsinda ibizamini bya Leta bisoza amashuli abanza mu mwaka wa 2016.
Abarezi bo mu Karere ka Kamonyi basanga gutanga inyigisho z’Itorero ry’igihugu mu mashuri, bizabafasha guhangana n’ikibazo cy’abana bata ishuri n’icy’ireme ry’uburezi.
Abarezi barangije gutozwa mu itorero Indemyabigwi mu karere ka Rusizi baravuga ko bazaharanira kurandura ingengabitekerezo mu bigo by’amashuri bakorera.
Kaminuza ya Dixie State University yashyiriyeho abanyeshuri b’Abanyarwanda bifuza gukomereza amasomo yabo hanze, amahirwe yo kuyigamo bagafashwa no kubona buruse zo kwigira Ubuntu.
Mu bizamini bya Leta bisoza umwaka w’amashuri 2016, abakobwa bongeye kwigaranzura basaza babo, yaba mu bisoza amashuri abanza n’ibisoza icyiciro rusange cy’amashuri yisumbuye.
Abana bahabwaga amasomo abakundisha umwuga muri gahunda yiswe”Space for children” mu ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro mu ntara y’Iburasirazuba IPRC East bahawe certificate.
Ubuyobozi bw’ishuri ribanza rya Mukiza,mu murenge wa Mukindo akarere ka Gisagara buratangaza ko mu mwaka utaha nta shuri rizongera kurenza umubare w’abanyeshuri.
Minisitiri w’uburezi, Dr Musafiri Malimba Papias yanenze ubushakashatsi bukorwa n’amashuli makuru na kaminuza bugahera mu bubiko butageze ku baturage bwakorewe.
Kaminuza y’Abadivantisiti b’Abalayiki (UNILAK) yahaye impamyabushobozi abarangije kuyigamo babarirwa muri 2143 mu mashami atandukanye.
Abana batangiye kwiga ibijyanye n’umuco mu Ngoro y’Umurage y’i Huye baremeza ko bishobora kuzabaviramo ubumenyi buzabafasha kwibeshaho.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Nyirasafari Espérance, arasaba abakobwa bize imyuga n’abitegura kuyiga kwigirira icyizere kuko bashoboye.
Urwego rw’umuvunyi ishami rishinzwe gukumira Ruswa, ruvuga ko Ruswa ishingiye ku gitsina mu mashuri igabanya ireme ry’uburezi.
Kaminuza yigenga ya Kigali (ULK) yahaye impamyabumenyi abanyeshuri bangana na 2986 bakangurirwa kwihangira imirimo no kuzana ibishya ku isoko ry’umurimo.
Minisitiri w’Uburezi Musafiri Papias Malimba, akangurira abanyeshuri ba za kaminuza kwimakaza umuco wo gusoma ibitabo kuko bibitse byinshi bakenera mu myigire yabo.
Porogaramu ya telefoni ifasha ababyeyi gukurikirana abana babo ku ishuri yahimbwe n’Abanyarwanda, yahawe igihembo mpuzamahanga kubera uburyo izongera ireme ry’uburezi.
Ikigo cy’Igihugu giteza imbere imyuga n’ubumenyingiro (WDA) cyatumye bamwe mu bakobwa biga ubumenyingiro, kujya gukangurira bagenzi babo kwiga gukora imirimo y’ingufu.
Kaminuza y’Ubukerarugendo n’Ubucuruzi (UTB) yateguye igikorwa cyo guhuza abahize kuva yatangira kugira ngo babashe kwishyira hamwe banagire uruhare mu itarambere ry’umwuga wabo.
Koperative Umwarimu SACCO isanzwe iterwa inkunga itubutse na Leta buri mwaka ngo yiyemeje gukora idashingiye ku nkunga kuko igamije kwihaza.
Umuryango wita ku bana Save the Children wagiranye ibiganiro n’abanditsi b’ibitabo by’inkuru byagenewe abana, kugira ngo hakurweho imbogamizi zibangamira umuco wo gusoma.
Minisiteri y’uburezi (MINEDUC) itangaza ko mu gihe cy’imyaka itatu uburezi bugiye kujya butangirwa kuri mudasobwa gusa, abanyeshuri badakoresha ibitabo n’amakayi.
Umuyobozi wa Kaminuza y’Ubukerarugendo n’Ubucuruzi (UTB), Callixte Kabera, asanga kwihangira umurimo bireba n’abakiri ku ntebe y’ishuri kugira ngo bazarangize badategereje akazi.
Umuryango wita ku bana “Save the Children” ukangurira ababyeyi kugira umuco wo kugurira ibitabo abana, kugira ngo bakure bakunda gusoma.