Mu birori byo gutaha imirenge SACCO zigera ku 10 mu mirenge sacco 12 igize akarere ka Kirehe, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, yishimiye imbaraga abaturage bakoresheje mu kwiyubakira imirenge SACCO.
Kuko byagaragaye ko umubare w’abagore bitabira kubitsa no gusaba inguzanyo mu bigo by’imari mu karere ka Gisagara ukiri hasi, abagore barasabwa kwitinyuka nabo bakamenya gukora imishinga ibateza imbere maze bakanatinyuka bakegera ibi bigo by’imari bikabaguriza bikanabazigamira.
Rwinturo Benoît w’imyaka 67 utuye mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara yashimiwe kuba yarahize abandi banyamuryango gukoresha konti ye kuko bigaragara ko yinjiye akanasohoka muri banki inshuro 102.
Musabyimana Yozefu, umucungamutungo wa Sacco Dusizubukene yo mu Murenge wa Nyarubaka mu karere ka Huye avuga ko gutanga serivisi nziza no gucunga neza umutungo bituma ababitsa muri Sacco baba benshi kandi bakahagira n’amafaranga menshi.
Mu ruzinduko abasenateri bo muri komisiyo ishinzwe ubukungu bagirira mu karere ka Nyabihu tariki 29-31/05/2013 bagaragarijwe ikibazo cya SACCO zitanga inguzanyo zidakurikije amabwiriza yo gutanga inguzanyo.
Kugeza ubu mu karere ka Musanze harabarurwa imirenge SACCO 15; ifite inyubako zayo bwite ikaba ari 10, cyakora ngo n’indi itanu isigaye izaba ifite inyubako zayo bwite bitarenze impera z’uyu mwaka.
Mu karere ka Rutsiro hatashywe ku mugaragaro inyubako 13 z’imirenge SACCO, zose hamwe zikaba zuzuye zitwaye amafaranga miliyoni 304 n’ibihumbi 270.
Guverineri w’intara y’amajyaruguru asaba abaturage bo mu karere ka Burera kugira umuco wo kwizigamira bategura ejo hazaza habo kuko nta numwe ku isi wakize atazigamye ngo yake n’inguzanyo.
Niyogakiza Aphrodise uyobora umudugudu w’Akagarama mu kagari ka Muyira mu murenge wa Kibilizi ho mu karere ka Gisagara yahembwe igare kubera ko yabaye indashyikirwa mu bikorwa biteza imbere abaturage harimo no kuba yarinjije abanyamuryango benshi muri Sacco mu gihembwe gishize.
Imibare itangazwa n’ubuyobozi bw’akarere ka Nyamagabe igaragaza ko koperative zo kubitsa no kugurizanya “umurenge Sacco” zo mu mirenge 17 igize ako karere zizigamiye abanyamuryango bazo amafaranga angana na miliyoni 957 ibihumbi 771 n’amafaranga 214.
Ubuyobozi bwa Koperative y’abahinzi n’aborozi CEA-Gisenyi burahamagarira abanyamuryango bahawe inguzanyo kwikubita agashyi bakishyura kuko abahawe inguzanyo batishyura bikaba bigeze ku bucyererwe bwa miliyoni 20.
Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, Francois Kanimba, arasaba ubuyobozi bw’inzego z’ibanze mu murenge wa Mareba mu karere ka Bugesera kongera imbaraga mu gukangurira abaturage kugana ibigo by’imari, kuko umubare w’ababyitabira ukuri muto muri uwo murenge.
Abaturage bo mu murenge wa Nzahaha mu karere ka Rusizi baratangaza ko bishimiye inyubako biyujurije y’umurenge SACCO kuko izatuma barushaho kwiyumvamo gukorana neza n’ibigo by’imari iciriritse kuko bazaba barabishoyemo amafaranga yabo babyubaka.
koperative yo kubitsa no kugurizanya y’umurenge wa Gatare “Jyambere Sacco Gatare” yatashye ku mugaragaro inyubako yo gukoreramo yiyujurije ifite agaciro ka miliyoni zisaga 18, nyuma yo kumara igihe ikorera mu nyubako y’intizo kandi itajyanye n’ikigo cy’imari.
Kuri uyu wa kane tariki 02/05/2013, umushinga PADSEC wasinyanye amasezerano y’imikoranire na SACCO eshatu zo mu Karere ka Gakenke agena ko abanyamuryango b’ibyo bigo by’imari bazagurizwa amafaranga yishyuwe umushinga wa PADSEC.
Polisi y’u Rwanda ikorera mu karere ka Rutsiro tariki 22/04/2013 yataye muri yombi abakozi babiri ba banki y’abaturage y’u Rwanda (BPR) mu gashami ka Murunda, uwa gatatu ntibabasha kumubona bakekwaho kunyereza amafaranga miliyoni 38.
Koperative yo kubitsa no kuguriza ZIGAMA CSS yagize urwunguko rwa miliyari ebyiri na miliyoni 400 mu mwaka ushize wa 2012 ugereranyije na miliyari eshatu n’igice bateganyaga. Iyi nyungu bayibaze nyuma gucyemura ibibazo byose bijyanye no gufasha abanyamuryango bayo.
Ikigo cy’imari micro finance Inkingi kirasaba ubuyobozi bw’akarere ka Ruhango kubishyuriza amafaranga yagurijwe ababaye abanyamuryango babo igihe iyi microfinance yakoreraga muri aka karere.
Ubushakashatsi bwakozwe n’ibigo Visa international na Access to Finance Rwanda (AFR) bugaragaza ko Abanyarwanda benshi bakibika amafaranga mu mazu iwabo. Ibi bigo birashishikariza abaturage kubika amafaranga mu bigo by’imari kugirango binafashe igihugu kwikura mu bukene.
Mu muhango wo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa bya “Unguka Bank” mu karere ka Kamonyi, kuri uyu wa mbere tariki 1 Mata 2013, Umuyobozi w’akarere ka Kamonyi Rutsinga Jacques, yasabye n’andi mabanki kuza gukorera mu karere kuko ahakenewe, ngo afashe mu kwihutisha iterambere.
Ubuyobozi w’akarere ka Gakenke buratangaza ko bugomba gukora ibishoboka byose kugira ngo miliyoni zisaga 42 ibigo by’imari biciriritse byafunze imiryango byambuye abaturage zigaruzwe mbere ya tariki 30/06/2013.
Umuyobozi w’akarere ka Burera wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere, Zaraduhaye Joseph, atangaza ko bari gukora ibishoboka byose kugira ngo bagaruze amafaranga miliyoni 42 n’ibihumbi 780 ba bihemu bambuye ibigo by’imari iciriritse (Microfinance) byafunze imiryango.
Abaturage bo mu murenge wa Munyiginya mu karere ka Rwamagana batashye inyubako ya koperative yabo yo kuzigama no kugurizanya bise “My SACCO” ifite agaciro ka miliyoni 17 z’amafaranga y’u Rwanda.
Abaturage bo mu Murenge wa Mataba, Akarere ka Gakenke, barasabwa kugana SACCO biyujurije itwaye miliyoni 25.5 zaturutse mu banyamuryango ubwo, nyuma y’uko itashywe ku mugaragaro kuri uyu wa Gatanu tariki 15/03/2013.
Banki ya Kigali (BK) yatangije ku mugaragaro uburyo buzajya bufasha abakiriya bayo kohereza no kwakira amafaranga hirya no hino ku isi bwitwa MoneyGram buhendutse ugereranyije n’ubundi bubiri bwari busanzwe.
Mu ngendo umuyobozi wa banki nkuru y’igihugu agirira mu ntara y’uburengerazuba yagaragaje abafitiwe imyenda n’ibigo by’imari icirirtse byahombye mu mwaka wa 2006 bagiye kwishyurwa amafaranga basigaye batishyuwe.
Ibigo by’imari mu karere ka Kirehe byahagurukiye abatishyura inguzanyo ibi bigo biba byabahaye bagiye kujya bakurikiranwa, nk’uko byemejwe mu nama yahuje ibigo by’imari bikorera muri aka karere, abayobozi b’imirenge, abahagarariye amakoperative, abayobozi ba Sacco n’abakozi ba Banki nkuru y’u Rwanda mu karere ka Kirehe.
Mu rwego rwo gushimangira iterambere ry’abatuye Akarere ka Gatsibo by’umwihariko n’iry’Abanyarwanda bose muri rusange, abaturage barasabwa kwishyura neza inguzanyo bahabwa n’ibigo by’imari harimo Umurenge Sacco kugira ngo zishyikirizwe abandi bakeneye inguzanyo hagamijwe kwiteza imbere.
Nyuma y’uko abakozi batatu b’umurenge SACCO wa Bwishyura mu karere ka Karongi batawe muri yombi kubera kwiguriza amafaranga y’abaturage nta burenganzira babiherewe, abo mu yindi mirenge bagaragayeho imikorere idahwitse n’uburiganya bihanangirijwe.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga burasaba amabanki n’ibigo by’imari bikorera muri aka karere byose ko byatangira gukora ubukangurambaga mu baturage muri uku kwezi kw’imiyoborere myiza.