Kamonyi: Amatsinda yo kubitsa no kugurizanya arasabwa guhindura imikorere

Nubwo benshi mu batuye akarere ka Kamonyi bitabiriye kwibumbira mu matsinda bahanamo amafaranga bakabasha gukemura bimwe mu bibazo bya bo; bamwe mu bahagarariye amatsinda basabwe kubyaza ayo mafaranga inyungu batanga inguzanyo ku banyamuryango.

Nyuma y’amahugurwa y’iminsi itatu yashojwe kuri uyu wa gatatu tariki 31/7/2013, abahagarariye amatsinda yo kubitsa no kugirizanya bo mu karere ka Kamonyi baravuga ko biyemeje gukoresha amafaranga bahana bayaguriza abanyamuryango, bakazayishyura bayashyizeho inyungu.

Aya mahugurwa yateguwe n’umushinga USAID/HIGA UBEHO; agamije kwigisha abahagarariye amatsinda, uburyo nyabwo bwo gucunga amafaranga, n’uko bafasha abanyamuryango babo gukora umushinga ubyara inyungu mu mafaranga y’inguzanyo bazajya basaba mu matsinda.

Ngo ubusanzwe abagize amatsinda bahuraga bagateranya amafaranga; agahabwa umwe muri bo hakurikijwe tombola, akajya kuyacyemuza ibibazo bye ariko ubu ngo bazajya bayateranya nyuma bayahe uyakeneye ariko azayishyure hiyongeyeho inyungu abanyamuryango bose bemeranyijeho, bityo amatsinda ya bo azabashe gutera imbere kuko n’amafaranga azaba yiyongereye.

Bamwe mu bahagarariye amatsinda mu mahugurwa yo gucunga amafaranga no kuyabyaza umusaruro.
Bamwe mu bahagarariye amatsinda mu mahugurwa yo gucunga amafaranga no kuyabyaza umusaruro.

Mukandayisenga Venancie ari mu itsinda ry’abanyamuryango 20 rikorera mu kagari ka Butare mu murenge wa Karama. Ngo buri kwezi umunyamuryango atanga 1200frw, abanyamuryango babiri bakagabana 20000frw, asigaye akajya mu isanduku y’itsinda.

Kuba aya mafaranga azenguruka mu banyamuryango nta nyungu abyajwe, Mukandayisenga asanga ntaho bitaniye no kuyabika mu ihembe. Avuga ko bagiye guhindura imikorere, ayo mafaranga bakajya bayaguriza umunyamuryango akazayishyura yayongereyeho inyungu, bityo bakazagera igihe cyo kugabana bafite amafaranga menshi.

Uwizeye Alexis, umukozi w’umushinga USAID/HIGA UBEHO, ushinzwe guteza imbere amatsinda yo kubitsa no kugurizanya, aributsa abahagarariye amatsinda gukorana n’abanyamuryango b’inyangamugayo no kubafasha kwiteza imbere babaha inama ku mishinga ibyara inyungu yakoreshwamo izo nguzanyo.

Marie Josee Uwiringira

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka