Rusizi: Ibikoresho bitujuje ubuziranenge birahigwa bukware

Abakozi b’ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) bafatanyije n’ubuyobozi bw’umurenge wa Kamembe mu karere ka Rusizi bakoze umukwabo mu bantu bagikoresha ibikoresho bitujuje ubuziranenge bitandukanye mu rwego rwo kwirinda ingaruka zibyo bikoresho.

Hafashwe iminzani y’ubucuruzi ikunze guhendesha abaturage kuko ngo abayikoresha bahenda abahashyi bakoresheje amayeri yabo yo kuyiregera uko itakozwe. Muri uyu mujyi wa Kamembe hafashwe n’ibindi bikoresho birimo insinga z’amashanyarazi , Multiprises n’ibindi.

Uwayo Desire uhagarariye RBS mu karere ka Rusizi avuga ko ibi bikoresho bigira ingaruka zikomeye ku buzima bw’abantu kuko aya matsinga akunda guteza impanuka akaba yatwika amazu ndetse n’abantu.

Ibikoresho bitujuje ubuziranenge byafatiwe mu mukwabu i Kamembe.
Ibikoresho bitujuje ubuziranenge byafatiwe mu mukwabu i Kamembe.

Ibi bikoresho bitujuje ubuziranenge ngo bikunze guturuka mu bihugu by’abaturanyi cyane cyane muri Congo nk’uko bitangazwa n’abaturage; bamwe mu bafastiwe ibikoresho bavuga ko batari bazi ko bitujuje ubuziranenge kuko ngo batazi kugenzura ngo bamenye ibizima n’ibipfuye.

Bifuza ko ababicuruza bazajya bafatwa aho gufata ababiguze kuko ngo batabisobanukiwe. Uwari ahagarariye umurenge muri iki gikorwa Karindi Ahmed avuga ko bazakomeza guhiga ibi bikoresho mu rwego rwo gukumira ingaruka biteza.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka