Gakenke: Ibagiro rya kijyambere rizubakwa rizuzura ritwaye hafi ya miliyoni 500

Akarere gafatanyije n’abikorera bo mu Karere ka Gakenke bagiye kubaka ibagiro cya Kijyambere mu Murenge wa Gakenke, rizuzura ritwaye akayabo ka hafi miliyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda.

Iri bagiro rizubakwa mu byiciro bitatu. Icyiciro cya mbere ni ibagiro ry’inka , imirimo y’ubwubatsi yatangiye rizakorwa muri iyi ngengo y’imari ya 2013-2014, ibindi byiciro bibiri harimo icyo kubaka ibagiro ry’amatungo magufi n’ikindi cyo gushyiramo ibikoresho bizakorwa mu myaka ibiri iri imbere.

Amafaranga yo kubaka icyiciro cya mbere arahari n’imirimo y’ubwubatsi yaratangiye aho batangiye gusiza, nk’uko bitangazwa na Mupenzi Innocent, umukozi wa RLDSF.

Iki ni igishusho cy'ibagiro rya Kijyambere rya Gakenke.
Iki ni igishusho cy’ibagiro rya Kijyambere rya Gakenke.

Ferdinand Mwumvaneza , umukozi ushinzwe ubworozi mu karere, avuga ko iri bagiro ririmo kubakwa mu Kagali ka Buheta, Umurenge wa Gakenke rizatuma hagera ku isoko inyama zujuje ibisabwa.

Yongeraho ko mu nyigo yakozwe mbere yo gutangira umushinga w’iryo bagiro, ibisigazwa bigizwe n’amahembe, impu, ibinono n’ibindi bizabyazwa umusaruro bikorwamo inkweto n’ imitako itandukanye.

Imirimo yo gusiza yaratangiye igeze kure.
Imirimo yo gusiza yaratangiye igeze kure.

Iri bagiro niryuzura rizegurirwa abikorera kugira ngo ari bo baricunga umunsi ku wundi baribyaze umusaruro.

Nshimiyimana Leonard

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

igihe ibikorwa remezo nk’ibi bizaba bya kwirakwijwe mu gihugu hose bizihutisha iterambere

nicky yanditse ku itariki ya: 15-02-2014  →  Musubize

iterambere mu Rwanda ndabona ntaho ryasigaye niwacu iyo ryarahageze sha uziko twabaga mu Rwanda rumeze rumeze no mukuzimu wumvaga ntaterambere rishobora kugera iwacu noneho byose mumaze kubigeraho mukomeze mutere imbere.

Hakuza yanditse ku itariki ya: 15-02-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka