Huye: Mukankurikiyimfura ashimira Perezida Kagame ko yamukuye muri Nyakatsi

Uwitwa Mukankurikiyimfura Merena utuye mu mudugudu wa Gitwa, Akagari ka Karambi ho mu Murenge wa Kigoma, mu Karere ka Huye, ashimira Nyakubahwa Paul Kagame ko yamukuye muri Nyakatsi.

Ubwo twaganiraga akansaba kumugereza ubutumwa ku mukuru w’igihugu yateruye agira ati “Ndashimira Paul Kagame ko yankijije, akaba yarankuye muri nyakatsi, nkaba ndi mu ibati rifite saro (salon) n’ibyumba bitatu na corodoro (corridor).”

Mukankurikiyimfura uyu ni umubyeyi ufite abana 4. Ngo nta mugabo bari kumwe. Kubera ko atishoboye ahabwa inkunga yagenewe abakene, bikamufasha gutunga abana be. Ibi na byo abishimira umukuru w’igihugu.

Mukankurikiyimfura Merena.
Mukankurikiyimfura Merena.

Yagize ati “Paul Kagame yarankoreye aramfasha ndamushima cyane mufatiye iry’iburyo. N’ubungubu aramfasha, nkabona agafaranga k’abakene, nkagurira abana ibishyimbo n’ibijumba bakarya bakijuta. Bakabona n’ikaramu yo kwandika n’ikayi.”

Akoma mu mashyi ku bw’ibyishimo afite kandi amwenyura, Mukankurikiyimfura yagize ati “Muhaye amashyi rwose mufatiye iry’iburyo.”

Marie Claire Joyeuse

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

president wacu aho atugejeje ntawabura kumushima, yatuvanye muri nyakatsi, yaduhaye inka, yatuvanye mu amwandanibindi byinshi

shusho yanditse ku itariki ya: 10-02-2014  →  Musubize

president wacu aho atugejeje ntawabura kumushima, yatuvanye muri nyakatsi, yaduhaye inka, yatuvanye mu amwandanibindi byinshi

shusho yanditse ku itariki ya: 10-02-2014  →  Musubize

harakabaho PRESIDENT WA REPUBLICA Y’U RWANDA kubera uburyo afasha abaturage, akabakura mu bwigunge akabageza aho u Rwanda rugze ubu kandi murabona ko ari heza

kipende yanditse ku itariki ya: 10-02-2014  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka