Gicumbi: Urubyiruko rurashishikarizwa kwitabira ubukorikori

Urubyiruko rwibumbiye mu ishyirahamwe DUHANGE UMURIMO riri mu karere ka Gicumbi mu murenge wa Byumba batangaza ko bamaze kwiteza imbere babikesha ubukorikori bwo kuboha ibikoresho bitandukanye babikuye mu birere by’insina.

Babyaza umusaruro ibirere babohamo inkweto, udusorori, intebe, ameza, udusanduku, udukaderi tw’amafoto n’indi mitako inyuranye bagurisha bigatuma babasha kubona amafaranga yo kwikenura.

Nkuranga Athanase avuga ko kuboha ibirere byamufashije kwiteganyiriza ku buryo ubu yatangiye ubworozi bw’amatungo magufi akaba agira inama urundi rubyiruko gushaka umurimo wo gukora kuko nta watera imbere yirirwa afashe mu mifuka cyangwa ategereje akava i muhana.

Baboha mu birere by'insina.
Baboha mu birere by’insina.

Ndatimana Pierre we yemeza ko kwibumbira hamwe ari iby’igiciro ntagereranywa bitewe n’uko iyo abantu ari benshi bagamije icyerekezo kimwe bungurana ibiterezo byubaka, bituma umurimo wabo ubagirira akamaro.

Mu bibazo bagize koperative “Duhange Umurimo” bagaragaje harimo kubonera isoko ibibohano byabo bitinda kuko iyo bamaze kubiboha babijyana kubigurisha kubacuruza ibihangano bagategereza igihe bizagurishirizwa bakishyurwa amafaranga yabo.

Gusa babishyura mu byiciro bibiri kuko ikiciro cya mbere bahabwa amafaranga ya mbere bita avance nyuma bagahabwa icyiciro cya kabiri bimaze kugurishwa byose.

Bimwe mu bikoresho bakura mu birere.
Bimwe mu bikoresho bakura mu birere.

Ushinzwe urubyiruko, umuco na Siporo mu karere ka Gicumbi, Rwirangira Diodore, atangaza ko urwo rubyiruko rwibumbiye muri iri shyirahamwe ubu bari kurushakira uburyo bwo kongera ubushobozi bwabo bwo kunoza ubukorikori bwo kuboha.

Asanga bazabaha ingendoshuri ngo barusheho kunoza ububoshyi, ariko kandi banashishikarije urundi rubyiruko kwishyira hamwe bakagena icyo gukora bakegera abandi bagafatanya mu nzira yo kwiteza imbere aho kumva ko bazategereza guhabwa akazi kabahemba umushahara w’ukwezi.

Ernestine Musanabera

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka