Abanyabukorikori bahangayikishijwe n’ isoko ry’ibyo bakora

Abakorera imirimo y’ubukorikori mu Murenge wa Ngoma mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko bahangayikishijwe no kubura isoko ry’ibikoresho bakora.

Aba banyabukorikori bibumbiye muri Koperative COASNYA (Cooperative d’Artisanant et Scripture de Nyaruguru) ikora ibikoresho bibaje mu biti bavuga ko bakora ibikoresho binyuranye, bavuga ko nta soko ryabyo bafite kuko kubigurisha bibasaba kubizengurutsa hirya no hino.

Abanyabukorikori bavuga ko nta soko rihagije bafite.
Abanyabukorikori bavuga ko nta soko rihagije bafite.

Nduwayo Robert umwe mu bagize iyi koperative akaba anungirije umuyobozi wayo, avuga ko iyi koperative ikora ibikoresho byinshi by’imitako, gusa akavuga ko kubona aho babigurisha ngo ari ingorabahizi.

Agira ati “Mu by’ukuri dukora ibikoresho byinshi nawe urabyibonera hariya munzu biruzuye, ariko kubona isoko ni ikibazo pe! Kugurisha nyine bidusaba kujya kubibungana mu masoko yo mu karere ndetse no mu mujyi wa Huye duturanye.”

Kubera isoko ridahagije ibikoresho bimwe bibura abaguzi bakabibika.
Kubera isoko ridahagije ibikoresho bimwe bibura abaguzi bakabibika.

Aba banyabukorikori bavuga ko iki kibazo ngo ari kimwe mu bituma koperative yabo idakomera ngo itere imbere bigaragara, nk’uko umwe mu bagize iyi koperative witwa Migambi Innocent abivuga.

Ati “Mu myaka itatu tumaze dukora ubu twakabaye tumaze gutera intambwe igaragara ariko turacyari hasi cyane rwose.”

Bavuga ko kandi mu mujyi wa Huye hahoze inzu yacuruzaga ibikoresho bibaje ari nayo yabaguriraga ibikoresho byabo ariko iza gufunga.

Nduwayo yongeraho ko hari isoko bari babonye mu Karere ka Muhanga ariko naryo riza kubananira, kubera ko ari kure yabo kuburyo kugezayo ibikoresho bibagora kubera kutagira uburyo bwo kubitwara.

Mu bubiko bwabo haba huzuyemo ibihangano byabuze isoko.
Mu bubiko bwabo haba huzuyemo ibihangano byabuze isoko.

Umukozi w’Umurenge wa Ngoma ushinzwe irangamimerere na Notariya Rurangwa Innocent, avuga ko ikibazo cy’isoko bakizi kandi ko kiri hafi gukemuka, kuko ku mupaka w’u Rwanda n’u Burundi hari kubakwa inzu y’ubucuruzi buhuza imipaka.

Avuga ko iyi kopertive ikaba ikorera hafi yaryo ikazahabwamo umuryango wo gucururizamo ibihangano byayo.

Uretse ikibazo cy’isoko kandi abagize iyi koperative banavuga ko bafite ikibazo cy’ubuke bw’ibiti bakoresha babaza amashusho, ku buryo ngo bibasaba kujya kubikura kure yabo.

Charles RUZINDANA

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Turifuza Contact zabo tubagurire tubabere aba Clients

uwitonze Marie Josee yanditse ku itariki ya: 20-08-2017  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka