Polisi yafashe amakarito 1971 ya suruduwiwe adasoreye

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu no kunyereza imisoro, ryafashe amakarito 1971 acuruzwa nta misoro n’imodoka yuzuye amasashe yaciwe.

Igikorwa cyo kwerekana ibi bicuruzwa na ba nyirabyo, cyabereye aho iri shami rya Polisi rikorera i Gikondo, kuri uyu wa gatanu taliki 16 Ukwakira 2015.

Amacupa asoreye n'adasoreye bayavanga mu ikarito imwe.
Amacupa asoreye n’adasoreye bayavanga mu ikarito imwe.

Izi nzoga zifite agaciro karenga miliyoni 20Frw, zafatiwe i Kayonza na Kabarondo naho amasashe afatirwa mu mujyi wa Kigali, bikavugwa ko aturuka i Bururndi.

Ukuriye ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya magendu no kunyereza imisoro (RPU), CSP Mbonyumuvunyi Jean Nepo, avuga ko abacuruza izo nzoga banyerezaga imisoro mu rwego ruhanitse.

Amakarito 1971 ya suruduwire yafashwe na Polisi.
Amakarito 1971 ya suruduwire yafashwe na Polisi.

Yagize ati "Aaba bantu twafashe bakoreshaga uburiganya bukomeye kuko mu makarito 1971 yafashwe, 985 yanyerezaga imisoro 100% n’aho mu yasigaye hakaba hari havanzemo amacupa afite ikirango cya RRA n’atagifite mu rwego rwo kujijisha."

Mbonyumuvunyi akaba avuga ko izi nzoga zibarirwa imisoro ikabakaba miliyoni esheshatu bano bacuruzi bari banyereje.

Hafashwe kandi imodoka yuzuye amasashe.
Hafashwe kandi imodoka yuzuye amasashe.

Akomeza avuga ko iki gikorwa bakigezeho ku bufatanye na RRA ndetse n’abaturage batanze amakuru akaba anabashimira.

Twahirwa Vedaste ucururiza i Kayonza, yafatanywe amakarito 1953, afite agaciro ka miliyoni zisaga 17, yitakanye nyir’uruganda yaziranguriyeho ko ari we wamugushije mu makosa.

Ati "Twebwe turangurira ku ruganda, tugapakira amakarito afunze ntitumenye ko harimo amacupa adateyeho ikirango cya RRA, amakosa ni ay’uruganda si ayacu."

CSP Mbonyumuvunyi asaba abacuruzi kureka magendu ibateza ibyago ikanahobya igihugu.
CSP Mbonyumuvunyi asaba abacuruzi kureka magendu ibateza ibyago ikanahobya igihugu.

Abafatanywe amasashe ni Murenzi Viyateri umushoferi uvuga ko yari mu kiraka na Mazimpaka Jean Paul uvuga ko yari aherekeje umuzigo, abisabwe na nyirarume ngo witwa Kirenge.

Bombi bavuga ko batari bazi ibyo batwaye mu modoka, ngo babimenye ari uko Polisi imaze kubafata. Gusa Murenzi akaba asaba imbabazi kuri kiriya cyaha kuko ngo atashishoje.

Itegeko ry’imisoro rivuga ko ibyafashwe bihita bisora, nyirabyo atabikora bikazatezwa cyamunara ariko ngo ntibireba amasashe kuko yo atemerewe kwinjira mu gihugu nk’uko ubuyobozi bwa RPU bubivuga.

Munyantore Jean Claude

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka