Abagishaka gucururiza mu muhanda ntibazihanganirwa

Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buvuga ko bwahagurukiye abagicururiza mu muhanda mu mujyi w’aka karere, mu gihe bo basanga ari ukurenganywa.

Abacururiza mu muhanda bavuga ko bamburwa ibyo bacuruza bigatwarwa n’abashinzwe umutekeno barimo DASSO n’inkera gutabara, kubera ko bacuruza mu buryo butemewe n’amategeko.

Abacuruza ibijyanye n'itumanaho nabo ngo nibegera umuhanda cyane bazirukanwa mu mitaka bakoresha.
Abacuruza ibijyanye n’itumanaho nabo ngo nibegera umuhanda cyane bazirukanwa mu mitaka bakoresha.

Gusa hari abemeza ko batezaga akajagari mu bucuruzi bwabo kandi ko batazabyongera, nyuma yo kubana ingaruka babigiriyemo birimo guhomba kubera kwirirwa biruka, no kwamburwa ibicuruzwa birimo imyenda imbuto n’imboga.

Bamwe mu babyeyi bibumbiye mu matsinda bagakodesha aho bakorera kandi bagahabwa inkunga n’akarere kugira ngo bave mu bucuruzi bwo ku mihanda, bavuga ko n’ubwo bakorera ahantu hasigaye hasoreshwa, ufatiwe muri iryo kosa ryo gucururiza ahatemewe yamburwa ibintu kandi ntibigire inkurikizi.

Hari abagicururiza ku mutwe bakavuga ko baba bavuye kurangura.
Hari abagicururiza ku mutwe bakavuga ko baba bavuye kurangura.

Bamwe muri aba babyeyi badashaka ko amazina yabo ashyirwa mu itangangazamakuru bavuga ko, ibyo batwarwaga byaba imbuto n’imboga, cyangwa imyenda n’inkweto batamenyaga irengero ryabyo bakabifata nko kubasahura.

Umwe muri bo wemeye ko tumufata amajwi agira ati, “Ibyo banyambuye babipakiye imodoka barabijyana ariko ngiye kuri polisi bambwira ko ntabyahageze, hari igihe wabonaga DASSO zipakiye inyanya n’imbuto mu bikapu babyijyaniye”.

Abemeye gucururiza mu matsinda bakava mu muhanda bavuga ko hakiri bagenzi babo bitwikira ijoro bagahenga abashinzwe umutekano batashye bakaza gucururiza ku muhanda bikabateza ibihombo bakaba basaba ko hashyirwaho ingamba zo kubakumira.

Aha ni kuri bureau social hatakirangwa umuntu n'umwe ucururiza mu muhanda.
Aha ni kuri bureau social hatakirangwa umuntu n’umwe ucururiza mu muhanda.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyamabuye ari nawo wihariye igice kinini cy’Umujyi, Ndejeje Fraçois Xavier avuga ko ku bufatanya n’izindi nzego abagihirahira bagacururiza mu muhanda n’abategereje kuwusubiramo nta mahirwe bafite, ko ibyiza ari kugana amatsinda bakoreramo bakisungana kandi bagafashwa kunoza no gukoresha neza imishinga yabo.

Agira ati “Amatsinda atanu bibumbiyemo, atatu yamaze kubona inguzanyo kandi abazibonye ubu barunguka kuko bacururiza ahantu heza, na Leta ikunguka kuko barasora, ntabwo tuzihanganira abategeregeje ko umurego twashyizemo ugabanuka ngo basubire mu muhanda, ntwabwo twabyihanganira.”

Ubuyobozi burashishikariza n’abataragana amatsinda kubikora kugirango barusheho kwiteza imbere.

Ephrem Murindabigwi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 4 )

mu rwego rwo guca akavuyo ntihazagire uwihanganirwa acururiza mu muhanda, amasoko ya kijambere kandi ajyanye na buri rwego rw;umuturage ari kubakwa ahantu henshi mu gihugu, naganwe

Nkusi yanditse ku itariki ya: 15-10-2015  →  Musubize

mbese ibyatswe bijyahe aho za dasso ntiziba zongeye zariye mugihe babonye abikoreye udutaro! nzaba mbarirwa

audace yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

byo bateza akajagari ,nibabashakire aho bakorera haciriritse kubera ubushobozi bwabo buri hasi naho ubundi inzara irabica

fabius yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

Byari bikwiye ko abacuruzi bose bagira adress zaho bakorera, ntabwo ari byiza gucururiza ahabonetse hose, ubuyobozi bwa muhanga bwagize neza gufata umwanzuru nkuyu, nutundi turere turebereho.

mwumvaneza yanditse ku itariki ya: 14-10-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka