Kutagira amashanyarazi bibabera imbogamizi mu bucuruzi

Abacururiza mu isoko rya Nyagahinga mu Murenge wa Cyanika Akarere ka Burera, bavuga ko kutagira amashyanyarazi bibabera imbogamizi mu bucuruzi bakora.

Abacururiza mu isoko rya Nyagahinga bavuga ko bamaze imyaka itatu babwirwa ko bagiye kubona amashyanyarazi ariko amaso akaba yaraheze mu kirere
Abacururiza mu isoko rya Nyagahinga bavuga ko bamaze imyaka itatu babwirwa ko bagiye kubona amashyanyarazi ariko amaso akaba yaraheze mu kirere

Bavuga ko isoko bakoreramo ari isoko rya kijyambere kandi mpuzamahanga, kuko ryitabirwa n’abaturutse muri Uganda ndetse na repabulika iharanira demokarasi ya Congo (RDC).

Ariko ngo kubera ko nta mashanyarazi rigira, bituma abaricururizamo bakora amasaha make.

Iyo umwijima uje ngo bahita bitahira nyamara aribwo abakiriya benshi baba batangiye kuza guhaha.

Bavuga kandi ko bamaze imyaka itatu bizezwa n’ubuyobozi ko bagiye guhabwa amashanyarazi, ariko bategereje bagaheba.

Mukarungano Esperance ucururiza ibirayi n’ibishyimbo muri iri soko, avuga ko babonye amashanyarazi byabafasha gukora igihe kinini bakabasha kwiteza imbere.

Agira ati “Mpera sa kumi n’imwe za mugitondo ngataha sa kumi n’imwe z’umugoroba abakiriya bagihari, kuko umwijima utanyemerera gukomeza gucuruza”.

Mukarungano Esperance avuga ko Kutagira amashyanyarazi muri iri soko ari inzitizi ku iterambere ry'abaricururizamo
Mukarungano Esperance avuga ko Kutagira amashyanyarazi muri iri soko ari inzitizi ku iterambere ry’abaricururizamo

Kamanzi Jean Paul nawe ucururiza muri iri soko, avuga ko umwijima udatuma bageza saa moya z’ijoro bakora, kandi baba bagifite abakiriya babagana.

Kayitsinga Faustin umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyanika, avuga ko icya kabiri cy’amafaranga yo kugeza umuriro muri iri soko akarere kamaze kuyishyura, ikibazo kikaba kiri mu nzira zo gukemuka.

Ati “Kugirango amashyanyarazi agezwe muri iri soko no mu nkengero zaryo aho ataragezwa, byasabaga ingengo y’imari ingana na miriyoni 500 z’amafaranga y’u Rwanda.

Akarere kamaze kwishyura hafi miriyoni 150, ubu igisigaye n’ukugirango bawuhageze”.

Uyu muyobozi avuga ko ingengo y’imari yuyu mwaka izajya kurangira, abatuye muri Nyagahinga ndetse no mu nkengero zayo, bose baramaze kugezwaho amashyanyarazi.

Iri soko rigira abakiriya baturuka mu bugande no muri RDC ariko rikabangamirwa no kutagira umuriro
Iri soko rigira abakiriya baturuka mu bugande no muri RDC ariko rikabangamirwa no kutagira umuriro
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

umuriro nikibazo kandi harubatswe isoko rigezweho

firewing yanditse ku itariki ya: 20-10-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka