Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli byazamutse

Urwego ngenzuramikorere (RURA), ruramenyesha abantu bose ko guhera kuri uyu wa kabiri tariki ya 05 Nzeli 2017, igiciro cy’ibikomoka kuri peteroli cyazamutse.

Ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli nyongeye kuzamuka
Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli nyongeye kuzamuka

Iri zamuka ry’ibiciro rishingiye ku izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli ku rwego mpuzamahanga nk’uko bigaragara ku itangazo ryashyizweho umukono na Maj Patrick Nyirishema, umuyobozi mukuru wa RURA.

Iryo tangazo rigaragaza ko igiciro cya Essance i Kigali kitagomba kurenga 993RWf kuri litiro imwe. Igiciro cya Mazutu i Kigali cyo ntikigomba kurenga 954RWf kuri litiro imwe.

Itangazo rikomeza rivuga ko izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli nta ngaruka rifite ku biciro byo gutwara abagenzi (Public Transport Fares).

Itangaza rigaragaza izamuka ry'ibiciro by'ibikomoka kuri Peteroli
Itangaza rigaragaza izamuka ry’ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka