Byatangajwe na Minisitiri wa MINICOM, Vincent Munyeshyaka, ubwo we n’abandi barebwa n’ikibazo cya sima bagiranaga ikiganiro n’abanyamakuru, kuri uyu wa 24 Gicurasi 2018.
Minisitiri Munyeshyaka yavuze ko ingano ya sima yagabanutse ku isoko bitewe n’uko kuva muri Gashyantare uyu mwaka, uruganda rwa CIMERWA rwari rurimo koza imashini no gusimbuza ibyuma bishaje, bityo ntirukore nk’uko bisanzwe.
Ibyo ariko ngo ntibyigeze bituma igiciro cy’ikiranguzo ku ruganda cyiyongera ari yo mpamvu n’abacuruzi batakagombye guhenda abaguzi.
Yagize ati “Nubwo sima y’u Rwanda yagabanutse, igiciro nticyigeze gihinduka. Igiciro ku isoko ni 9500Frw kuri sima ya 42.5 na 8700Frw kuri sima ya 32.5.
Hari rero abacuruzi bazamuye ibiciro ku buryo umufuka wageze ku bihumbi 12 ndetse na 13, abo ni bo twahannye”.
Arongera ati “Itegeko riteganya amande kuri icyo cyaha ari hagati y’ibihumbi 20 na miliyoni ebyiri. Muri bariya 30 uwaciwe amafaranga make ni ibihumbi 100Frw naho uwaciwe menshi ni ibihumbi 500Frw. Ibyo biratuma n’abandi bareberaho ntibongere gukora ayo makosa”.
Yavuze kandi ko ubu sima y’u Rwanda yongeye kwiyongera ku isoko kuko imirimo yarangiye, ku buryo mu mpera z’uku kwezi kwa Gicurasi, uruganda ruzaba rwasubiye ku kigero cya sima rwakoraga, ni ukuvuga Toni 1300 ku munsi, bihwanye na 60% by’ubushobozi bw’uruganda.
Ikindi ngo ni uko mu mpera za Kanama uyu mwaka, urwo ruganda ruzaba rukora Toni 1500 ku munsi, bihwanye na 75% by’ubushobozi bwarwo naho muri 2020 rukazagera ku 100%.
Umukozi wa CIMERWA ushinzwe imari, John Bugunya, yavuze ko nyuma y’iyo mirimo yo gutunganya imashini, igiciro cya sima gishobora kuzagabanuka.
Ati “Nyuma y’imirimo tumazemo igihe, uruganda rwongereye imbaraga ku buryo umusaruro uziyongera cyane. Ibyo bizatuma umuriro dukoresha uba muke kandi twakore byinshi ku buryo mu gihe kiri imbere twazabiganiraho igiciro ku mufuka kikaba cyagabanuka”.
Abandi baburiwe ni abacuruzi ba sima batanga inyemezabuguzi iriho igiciro cya nyacyo ariko bakishyuza abaguzi amafaranga arenze, icyo ngo ni icyaha gihanwa n’amategeko ku buryo inzego zibishinzwe zabahagurukiye.
Ibitekerezo ( 5 )
Ohereza igitekerezo
|
Ahubwo ingamba zikazwe otherwise abacuruzi baratwitendekaho bitinde
Njye I Nyanza/Amajyepfo nayiguze kuri 15.000F. Ahubwo nibaduhe numero umuntu yazajya yifashisha umucuruzi amuciye amavi
Nkeka ko twese turi mu Rwanda. Sima yageze aho igura 18000 umufuka,ubu i huye ni 13000.None ntibacuruza ku manywa? Hahanwa ba nde? abari ikigali gusa?
Nihafatwe ingamba zo kurengera umuturage ku buryo bugaragara
mu mugi wa Kigali se ho nihe ciment igura 9000!
Muraho? Ese ayo mabwiriza arareba abo mu mugi wa kigali bonyine?
Naho mu ntara ciment ya 32.5 ni 11000.
Urugero Ngarama/ Gatsibo/ iburasirazuba.