Mu mirenge itandukanye igize Akarere ka Gatsibo haracyaboneka abasora badatanga umusoro uko bikwiye, ibi ngo bikaba biterwa n’uko inzego zishinzwe kwakira imisoro zitabegera ngo zibashishikarize gusorera igihe no kwitabira gutanga inyemezabuguzi (facture).
Minisitiri w’Inganda n’Ubucuruzi, François Kanimba arifuza ko inama iteraniye i Kigali kuva 01-02/12/2014 yiga ku ishoramari mu bya serivisi yavamo ibisubizo byafasha inzego zitanga serivisi mu Rwanda kwinjiza miliyari 2.5 z’amadolari (USD) ku mwaka.
Hafi buri rugo mu karere ka Rusizi rworoye inka ariko amata menshi acuruzwa muri ako karere aba yaturutse mu tundi turere tw’igihugu cyane cayene i Nyanza.
Depite Nyiragwaneza Athanasie arasaba abaturage b’akarere ka Rwamagana guhinga igihingwa cya Soya ku bwinshi kuko ifite isoko rikomeye ry’Uruganda Mount Meru Soyco ruri mu karere ka Kayonza rukaba rukora amavuta muri iki gihingwa.
Abacuruzi b’ibiribwa bakorera mu isoko rya Ngororero baravuga ko kuba iri soko ridafite amashanyarazi bibateza kutumvikana cyane cyane ku mugoroba iyo butangiye kwira maze bamwe bakajyana ibicuruzwa byabo mu muhanda hanze y’isoko.
Bamwe mu bacuruza ibiribwa n’ibindi birimo takataka mu isoko rikuru rya Ngoma barashima akarere ko kabubakiye aho bagomba gukorera hatwikiriye, mu gikorwa cyo kwagura iri soko cyabanje kudindira.
Bamwe mu barema isoko rya rugarika riherereye mu murenge wa Rusenge mu karere ka Nyaruguru baratangaza ko iri soko byananiranye ko rirema kuva mu gitondo, bagakeka ko biterwa n’uko ryimuwe aho ryaremeraga mbere.
Umushinga wo kubaka isoko mpuzamahanga ryo ku mupaka wa Cyanika, mu karere ka Burera, ugiye kongra gusubukurwa ku buryo mu kwezi kwa gatanu 2015 uzaba ugeze kuri 30% wubakwa, bibaye nyuma y’uko umushoramari wawo yari yarahisemo kuwuhagarika.
Bamwe mu bacuruzi bacuruza ubuconsho mu isoko rya Rugarika riherereye mu Murenge wa Rusenge ho mu Karere ka Nyaruguru baratangaza ko babangamiwe no kuba ibibanza bacururizamo bidakingwa, bikabasaba ko bajya gucumbikisha ibicuruzwa byabo mu mazu akingwa.
Icyemezo cyafashwe cyo kwimurira gare y’akarere ka Ruhango mu isoko rishya rya kijyambere rya Ruhango kuri uyu wa kabiri tariki 18/11/2014 cyakiwe cyanyuze abantu benshi kuko byoroheje imikorere ku bakenera ndetse n’abatanga izo serivise.
Abitabiriye imurikagurishwa ry’amabuye y’agaciro ribera i Arusha muri Tanzania kuva tariki 18-20/11/2014, bashimye amabuye y’agaciro aturuka mu Rwanda ku mpamvu z’uko ngo yarushije ubuziranenge aturuka mu bindi bihugu umunani byitabiriye iryo murikagurishwa.
Abacururiza mu isoko rikuru rya Ngoma babangamiwe n’abantu bacururiza mu mabase bagenda bazenguruka mu mihanda no mu ngo z’abantu bigatuma abo mu isoko batabona abakiri uko bikwiye kandi bishyura imisoro.
Unuyobozi bw’intara y’Iburengerazuba burasaba komite nshya yatorewe kuyobora urugaga rw’Abikorera (PSF), kongera ingufu mu bufatanye no kubyaza umusaruro amahirwe iyo ntara ifite.
Abarema isoko rya Kibare ryo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza bavuga ko ubuhahirane hagati y’abaturage b’akarere ka Kayonza n’ab’intara ya Kagera muri Tanzaniya bugenda neza, ariko ngo haracyari ikibazo cy’uko ibyo abo ku ruhande rw’u Rwanda bohereza muri Tanzaniya bikiri bike.
Abagenda mu modoka z’amasosiyete atarwa abagenzi mu muhanda Rusizi- Kigali, bavuga ko batanyurwa na serivise bahabwa kuko ngo bamwe babata mu nzira mu gihe abandi bavuga ko basigara baguze amatike yabo bamaze no kwishyura.
Kuba abatorerwa kuyobora abikorera bahita bagirwa abajyanama mu Nama Njyanama y’akarere ngo bizafasha mu kunoza imikoranire ya bo n’inzego z’ubuyobozi nk’uko abo mu karere ka Kamonyi babivuga.
Bamwe mu bacuruzi bacururiza mu isoko rya Viro riherereye mu Murenge wa Cyahinda Akarere ka Nyaruguru, cyane cyane abacururiza mu gice kidatwikiriye, baratangaza ko bashimishijwe no kuba iri soko rigiye kwagurwa, ku buryo nabo bizera ko bazabona aho bacururiza hatanyagirwa.
Sindikubwabo Théogene, wo mu murenge wa Musha mu karere ka Gisagara, nyuma y’iimyaka 8 aba mu mujyi wa Kigali akahigira uko bakora injugu, ubu ngo uyu mwuga umaze kumuteza imbere aho yasubiriye iwabo.
Ubuyobozi bw’umurenge wa Ruhango bwijeje komite nshya yatorewe kuyobora abikorera bo muri uwo murenge kuzayiba hafi kugirango abikorera bakomeze guteza imbere umujyi wa Ruhango kandi barusheho kongera umubare w’abikorera.
Nyuma y’aho ikigo cy’igihugu cy’imisoro n’amahoro (RRA) gitangiye amabwiriza ko umusoro uwo ariwo wose ugomba kugezwa kuri banki n’usora, bamwe mu basora barema isoko rya GAkenke bavuga ko ubwo buryo buri kudindiza imirimo yabo kubera gutonda umurongo kuri banki, bagasaba ko Leta yakwiga neza uburyo iki kibazo cyakemuka.
Bamwe mu bacuruzi bo mu karere ka Rusizi baravuga ko guhura n’ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) bakaganira bibafasha gusobanukirwa neza gahunda y’imikorere n’imikoranire hagati yabo n’icyo kigo, bikabarinda kutubahiriza igihe cyo gusora kuko hari igihe bacibwa amande biturutse ku kudasobanukirwa neza (...)
Abakora umwuga wo gutwara abantu kuri moto (Abamotari) bakorera mu mujyi wa Nyanza bakomeje kutavuga rumwe n’amasosiyete atwara abagenzi mu modoka ahakorera aho bayashinja gutwara abantu ku buntu mu ngendo nto ziva cyangwa zijya muri uyu mujyi n’inkengero zawo.
Mu nama y’iminsi ibiri yabereye mu ntara ya Cibitoki guhera tariki ya 4/11/2014 yahuje abagore bakora ubucuruzi buciriritse bwambukiranya imipaka hagati y’u Rwanda, Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) n’u Burundi ku mipaka ya Bugarama, Kamanyora na Cibitoki hamwe n’inzego zikora ku mipaka, hagaragajwe ko hari (...)
Nsabimana Straton, umusore w’imyaka 20 y’amavuko wo mu karere ka Ruhango, umurenge wa Ruhango, utunzwe no gucuruza isombe asya yifashishije akamashini kabigenewe, avuga ko imaze kumugeza ahantu hashimishize.
Mu gihe hitegurwa amatora y’abahagarariye urugaga rw’abikorera mu gihugu, hirya no hino mu turere hari gukorwa ibiganiro bigamije gusobanura inshingano z’urugaga rw’abikorera PSF ari nako basaba abikorera kugira ibyo batekereza byakomeza kubateza imbere.
Abajyanama mu by’ubucuruzi bo mu karere ka Nyamasheke bari bamaze iminsi icumi mu mahugurwa ajyanye no gucunga imishinga n’imari ndetse no gukora ubucuruzi bwunguka biyemeje kuyabyaza umusaruro kugira ngo bazabashe kugera ku ntego biyemeje.
Abakora imyuga itandukanye mu mujyi wa Ngororero bamaze amezi abiri bimuriwe mu gakiriro kubatswe muri aka karere ariko bavuga ko abakiriya batarabamenyera ngo bahabasange. Ibi byatumye akarere kabaha umwaka bakora badakodesha amazu kugira ngo babanze bimenyereze.
Abanyehuye bakora umwuga w’ubucuzi binubira abagura ibyuma bitagifite umumaro bakunze kwita injyamani bakabijyana mu gihugu cya Uganda, kuko ngo batuma babura bimwe mu bikoresho ubundi bifashisha mu mwuga wabo.
Mu Karere ka Karongi bari mu imurikabikorwa aho abafatanyabikorwa mu iterambere ry’akarere bose bahuriye mu busitani bw’Umujyi wa Kibuye berekana ibyo bakora n’ibyo bamaze kugeraho.
Umushinga REACH-T (Rwanda education alternatives for children tea growing areas) ushinzwe kurwanya imirimo ivunanye ikoreshwa abana urasaba inzego za Leta, abikorera n’abandi bose gukumira abakoresha abana imirimo y’ingufu kubwumwihariko abakoreshwa mu mirima y’ibyayi.