Ikigo gishinzwe guteza imbere umwuga w’Ababaruramari mu Rwanda(ICPAR) cyahuguriye abagize inzego za Leta n’izigenga, ku buryo bakumira ihererekanywa ry’amafaranga yaturutse ahantu hatizewe, ritizwa umurindi n’ikoranabuhanga.
Mu gihe intambara ikomeje kuvugwa mu nkengero z’Umujyi wa Goma, abatuye muri uyu mujyi bavuga ko bafite ikibazo cy’ibiribwa bidahagije kubera ko ibyavaga mu bice bikorerwamo ubuhinzi byafashwe n’abarwanyi ba M23, naho inzira binyuramo zikomeza gufungwa n’imirwano.
Ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli mu Rwanda byagabanutse, aho Lisansi yashyizwe ku 1637 Frw ivuye ku 1639 Frw (bivuze ko lisansi yagabanutseho amafaranga abiri kuri litiro imwe) naho Mazutu ishyirwa ku 1632 Frw ivuye ku 1635 Frw (yagabanutseho amafaranga atatu kuri litiro imwe).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare n’aka Gatsibo, burasaba abaturage guhunika imyaka bejeje aho kuyigurishiriza rimwe kuko aribyo bituma igiciro cyashyizweho kitubahirizwa. Ku rundi ruhande ariko nanone, abacuruzi bagura munsi y’igiciro cyashyizweho bakibutswa ko bashobora guhura n’ibihano.
U Bwongereza bwiyemeje gufasha u Rwanda gushyiraho ibikorwa remezo bizafasha mu bucuruzi, mu rwego rwo kurushaho korohereza ibikorwa bitandukanye by’ishoramari bikorerwa mu Rwanda.
Abacuruzi ba kawa barishimira ko ubucuruzi bwayo hagati y’u Rwanda n’u Bwongereza bwarorohejwe, ugereranyije no mu myaka itanu ishize, aho bahuraga n’imbogamizi zitandukanye iyo bayoherezaga ku mugabane w’u Burayi.
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi (MINECOFIN) Dr. Uzziel Ndagijimana avuga ko amavugurura adasanzwe u Rwanda rwakoze mu micungire y’ubukungu bwagutse, yatumye ruba hamwe mu hantu horoshye gukorera ku Isi.
Perezida Paul Kagame yakiriye muri Village Urugwiro, Intumwa ya Minisitiri w’Intebe w’u Bwongereza ishinzwe Ubucuruzi, Lord Popat ndetse na Komiseri ushinzwe Ubucuruzi hagati y’u Bwongereza na Afurika, John Humphrey.
Hashingiwe ku myanzuro y’Inama yo ku itariki ya 18 Mutarama 2024, Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) ifatanyije na Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) n’abandi bafatanyabikorwa mu buhinzi, yatangaje igiciro fatizo cy’ibigori aho ikilo cy’ibihunguye kizajya kigurwa 400Frw naho ibidahunguye bikagurwa 311Frw.
Mu gihe abantu hirya no hino bari mu myiteguro y’iminsi mikuru by’umwihariko itangira umwaka, ibiciro bya bimwe mu biribwa bikunze gukoreshwa muri iyo minsi byarazamutse. Ubwo Kigali Today yatemberaga mu bice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali by’umwihariko mu isoko, yasanze bimwe mu biciro by’ibiribwa birimo inyama (...)
Abacuruzi b’ibirayi n’abaguzi babyo mu Mujyi wa Muhanga baravuga ko guhera ku wa 22 kugeza ku wa 23 Ukuboza 2023, ibirayi byabuze ku isoko kubera ko ababikura ku makusanyirizo yabyo mu Majyaruguru n’Iburengerazuba babujijwe kubizana, kubera ko nta nyemezabwishyu za EBM (Electronic Belling Machine) bafite.
Guverineri wa Banki Nkuru y’Igihugu, John Rwangombwa, avuga ko SACCO 182 zimaze kugerwaho n’ikoranabuhanga, mu gihe mu mwaka wa 2024, zose 416 zizaba zimaze kugerwaho n’ikoranabuhanga, byorohereze abazikoresha bajyane n’ikoranabuhanga mu kubitsa no kubikuza.
Ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera mu Ntara y’Iburengerazuba butangaza ko bwateguye imurikagurisha (Expo) izabera ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu muri uku kwezi k’Ukuboza 2023.
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byagabanutse, aho lisansi yavuye ku mafaranga 1822 Frw kuri litiro igashyirwa ku 1639 Frw (bivuze ko lisansi yagabanutseho amafaranga 183 kuri litiro imwe) naho mazutu litiro iva ku 1662 Frw ishyirwa ku 1635 Frw (yagabanutseho amafaranga 27 kuri litiro imwe).
U Rwanda ruritegura kwakira icyambu cya Rubavu kirimo kubakwa ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, icyambu kizateza imbere ubuhahirane bw’uturere dutanu tugize Intara y’Iburengerazuba na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, cyane cyane ikirwa cy’Ijwi n’umujyi wa Goma.
Muri iyi minsi iyo ugererageje kuganira cyangwa kumva ibiganiro by’abantu benshi, usanga nta kindi kirimo kwibandwaho uretse izamuka ry’ibiciro mu bintu bitandukanye bikenerwa kenshi mu buzima bwa muntu.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Dr. Jean Chrysostome Ngabitsinze, yatangaje ko Leta yiteguye gufatira ingamba abacuruza ibikomoka kuri Peteroli bagaragaye banga gutanga lisansi na Mazutu umunsi ibiciro bihindurwa, bagamije kuzayicuruza bukeye ku giciro gihanitse.
Abacururiza mu isoko rya Rugarama, bavuga ko ubuke bw’inyubako zaryo ugereranyije n’umubare w’abarikoreramo, butuma benshi muri bo batandika ibicuruzwa byabo hasi mu kibuga cy’iri soko, ku buryo nk’igihe imvura iguye babura aho babyugamisha bikahanyagirirwa bakabihomberamo.
Abaturage bo mu Karere ka Musanze bavuga ko muri iki gihe bagowe no kurya ibirayi bitewe n’uko igiciro cyabyo gitumbagira buri munsi aho ubu mu mirima n’amasoko yo hirya no hino yo muri aka Karere biri kugura hagati y’amafaranga 800 na 1100 ku kilo kimwe.
Mu bikorera bitabiriye imurikagurisha ryo ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo, ryabereye i Huye guhera ku itariki ya 16 kugeza kuya 28 Kanama 2023, hari abagaragaje icyifuzo cy’uko imurikagurisha ryo ku rwego rw’Igihugu ryajya rinyuzamo rikabera no mu Ntara.
Impuguke mu bijyanye n’ubucuruzi bushingiye ku ikoranabuhanga muri MINICOM, Rukundo Jean Premier Bienvenu, ubwo yafunguraga ku mugaragaro ishami rya kabiri ry’ikigo cy’urubyiruko, Afri-Farmers, yasabye urubyuruko guhanga udushya dushingiye ku ikoranabuhanga mu buhinzi n’ubworozi, bigatuma umusaruro muri urwo rwego ubona (...)
Abarobyi bakorera mu kiyaga cya Kivu bavuga ko bafite ikibazo cya Peteroli yabuze ku isoko bakavuga ko bishobora gutuma bahagarika imirimo y’uburobyi ndetse n’isambaza zigahenda.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), burahamagarira ababyeyi kumva ko amata baha abana atwarwa ku magare afite ibibazo, bishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo.
Ikigo cy’Imisoro n’Amahoro(Rwanda Revenue Authority) kirizeza abasora bataramenya Amategeko mashya arebana n’imisoro, ko bagiye kubona amahugurwa nta kiguzi batanze.
Leta y’u Rwanda igaragaza ko yiyemeje kurushaho kwita ku rwego rw’ubucuruzi buto n’ubuciriritse, ikemura ibibazo bikigaragara muri uru rwego rufite uruhare runini mu guteza imbere ubukungu bw’Igihugu.
Abagore bakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka bashima ubuyobozi bw’inzego zitandukanye ndetse n’abafatanyabikorwa babafashije kureka gucuruza mu kajagari mu buryo butemewe. Bamwe muri abo bagore bagaragaza imbogamizi bahuriragamo harimo no gufatwa bagafungwa.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), cyatangaje ko cyahagaritse kandi kigakura ku isoko puderi y’abana yitwa ‘Johnson’s baby Powder’, bitewe n’icyemezo cy’uruganda ruyikora.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibarurishamibare mu Rwanda (NISR), cyatangaje ko ibiciro byiyongereyeho 14.1% mu kwezi kwa Gicurasi 2023, ugereranyije na Gicurasi 2022.
BK TecHouse yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cy’ikoranabuhanga cyitwa Africa AeTrade Group azafasha abakiriya bayo kugera ku isoko rusange rya Afurika hifashishijwe ikoranabuhanga.
Abashoramari batandukanye mu Rwanda baravuga ko kwitinya no kutagira ubumenyi buhagije ku isoko rusange rya Afurika (AfCFTA), ari kimwe mu mbogamizi zituma batarashobora kuryibonamo ku bwinshi.