Urubyiruko nirwo mbaraga z’igihugu - PS Mbabazi

Umunyamabanga uhoraho muri minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, Mbabazi Rosemary, yibukije urubyiruko rwo mu karere ka Kirehe ko arirwo mbaraga z’igihugu rukaba rugomba gukora ibikorwa by’iterambere birufitiye akamaro birinda amacakubiri ashobora kuvuka hagati yabo.

Ibi yabitangaje kuri uyu wa mbere tariki 03/06/2013, mu biganiro byiswe Youth Connekt Dialogue bigamijwe gutanga ubutumwa ku kubaka u Rwanda ruzira Jenoside binyuze mu ndirimbo, ubuhamya ndetse no mu biganiro bigishwa amateka yaranze u Rwanda.

PS Mbabazi ageza ikiganiro ku bitabiriye Youth Connekt Dialogue mu karere ka Kirehe.
PS Mbabazi ageza ikiganiro ku bitabiriye Youth Connekt Dialogue mu karere ka Kirehe.

Mbabazi Rosemary yasobanuye ko gahunda ya youth connekt Dialogue ari uburyo bwo kubasobanurira amateka yaranze u Rwanda cyane cyane ayaranze Jenoside kugira ngo babisobanukijwe ntibizasubire. Yanasabye urwo rubyiruko guhagurukira gukora ibifite akamaro kuko aribo bafite imbaraga zubaka.

Umuyobozi w’akarere ka Kirehe, Murayire Protais, yibukije uru rubyiruko ko nta terambere ryagerwaho mu gihe haba hakigaragara ibibazo bishingiye ku moko abasaba guhuza imbaraga kugira ngo bateze imbere akarere.

Abitabiriye ibiganiro bya Youth connekt Dialogue harimo n'abakuze.
Abitabiriye ibiganiro bya Youth connekt Dialogue harimo n’abakuze.

Muri ibyo biganiro kandi hari abahanzi batandukanye barimo Mani Martin, Munyenshoza Dieudoné, Ngarukiye Daniel, Teta n’abandi batandukanye aho uwitwa Bamporiki Edouard yakanguriye urubyiruko kumenya amateka yaranze Jenoside bityo bakaba aba mbere mu kurwanya ingengabitekerezo yayo.

Urubyiruko rw’akarere ka Kirehe rwiyemeje gushaka uburyo bakwita ku mfubyi n’inshize za Jenoside, bagaharanira amahoro mu byo bakora byose bya buri munsi, bubaka igihugu kizira amacakubiri.

Abatwara abagenzi kuri za moto bari bitabiriye ku bwinshi.
Abatwara abagenzi kuri za moto bari bitabiriye ku bwinshi.

Ibi biganiro byateguwe ku bufatanye na minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga mu isakazabumenyi, iy’uburezi, iy’ubutegetsi bw’igihugu, imbuto Foundation n’inama y’igihugu y’urubyiruko hamwe n’itsinda riharanira amahoro (art for Peace) ikiciro cya mbere kikaba cyasorejwe mu karere ka Kirehe.

Grégoire Kagenzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka